• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Rwanda- Uganda : Ukwikuza kwa Perezida Museveni [ Igice 2]

Rwanda- Uganda : Ukwikuza kwa Perezida Museveni [ Igice 2]

Editorial 23 May 2019 POLITIKI

Iyi ni impamvu muzi yazanye agatotsi mu mubano w’u Rwanda na Uganda kuva mu 1994, ubwo FPR Inkotanyi yabohoraga igihugu.

Ukwikuza ni uburyo bwo kwiyumva nk’umuntu uri hejuru y’abandi, ukibona nk’ubasumba ndetse ukabagaragariza ko bari hasi y’ibirenge byawe.

Iki ni igisobanuro cyiza cy’imico n’imyitwarire ya Perezida Museveni ku bamubanjirije, abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe, abayobozi bagenzi be mu Karere ndetse by’umwihariko ubuyobozi bw’u Rwanda n’u Rwanda nk’igihugu gifite ubusugire.

A. Ukwikuza kwa Museveni mu gihugu cye

Uganda ni Gomborora

Ubwo Ishyaka rya NRM ryari riyobowe na Museveni ryafataga ubutegetsi mu 1986, yagereranyije kuyobora Uganda no kuba Umuyobozi w’akarere. Yavuze ko Uganda ari nto cyane kuri we.

Museveni yakunze kugaragaza inyota y’ukwihuza kwa Afurika n’uk’Umuryango wa Afurika y’Uburazirazuba.

Mu by’ukuri, yatorewe kuyobora igikorwa cy’ukwihuza kwa EAC mu bijyanye na Politiki ariko kuri we, yaba ukwihuza kwa EAC na Afurika, kwagerwaho mu gihe yaba ariwe uyoboye.

Yatesheje agaciro abamubanjirije

Perezida Museveni ubwe yigeze yumvikana agereranya abamubanjirije n’ingurube.

Iri tungo ubusanzwe ryitirirwa umuntu w’umunyamafuti, uhora yivuruguta mu bibi. Perezida rukumbi, Uganda yagize ni Museveni, abandi bose ni ingurube.

Impamvu ze zo kugundira ubutegetsi

Abantu bashaka igisobanuro ku mpamvu Museveni yagundiriye ubutegetsi, igisubizo gihishe muri wa muco we wo kwikunda.

Mu gitabo cye yise “What is Africa’s Problem?” bishatse kuvuga ngo “Ni ibihe bibazo Afurika ifite?’’; Museveni ubwe yagaragaje ko ikibazo gikomeye cyazahaje umugabane ari “Abayobozi ba Afurika batinda ku butegetsi.’’

Manda ye ya gatandatu izarangira mu 2021, icyo gihe azaba yujuje imyaka 35 ari ku butegetsi. Urebye ni ½ cy’imyaka abaperezida bose ba Uganda bayiyoboye.

Museveni yamaze kwigaragaza nk’umukandida rukumbi uzahagararira Ishyaka rya NRM mu matora yo mu 2021. Impamvu ze zituma aguma ku butegetsi zihishura neza igisobanuro cya ya kamere yo kwikuza cyane.

Yakunze kumvikana avuga ko atarasoza intego ye yo kuyobora Uganda yatumye ajya mu ishyamba ndetse ko nta wundi yaha ubutegetsi.

Museveni ubwe yivugiye ko ari we rukumbi ufite icyerekezo. Abandi Banya-Uganda ntibafite icyo cyerekezo.

Mu nama yahuje Umuryango w’amashanyaka ugamije ibiganiro (IPOD) yitabiriwe n’abayobozi b’imitwe ya politiki muri Uganda ku wa 12 Ukuboza 2018, abari mu atavuga rumwe n’ubutegetsi bamusabye kubuhererekanya mu mahoro.

Museveni yababwiye ko adateganya kuva ku butegetsi ndetse ko badakwiye kwivuna batekereza ko azabutanga.

Yababwiye ko atazatekereza gutanga ubutegetsi kugeza anyuzwe n’iterambere n’umutekano Afurika izaba yagezeho.

“Nimba ngifite imbaraga, nzakomeza. Ni uko mbona ibintu. Sinzahagarika mu gihe ibibazo byari bigiye gutura Afurika mu manga bitarakemuka. Mwe muravuga ibintu bito, amatora. Murashaka gutora abazakora iki mu by’ukuri? Icyo mugomba kugisubiza. Nta zindi nyungu mfite muri politiki kuko ubusanzwe ndi umworozi.’’

Nta muyobozi utavuga rumwe n’ubutegetsi cyangwa undi muturage wa Uganda ufite ubushobozi bwo gusimbura Museveni. Afite icyerekezo kuri Uganda na Afurika, ubushobozi budafitwe n’undi uwo ariwe wese.

Afata abaturage nk’abana n’abuzukuru

Museveni afata abaturage ba Uganda nk’abana n’abuzukuru be. Mu mico yose by’umwihariko muri Afurika, abana n’abuzukuru bagomba gutega amatwi no kumva amategeko y’ababyeyi na ba sekuru kandi bakayakurikiza.

Abanya-Uganda bose ni abantu baciriritse. Baracyari bato ku buryo batakwicara ku ntebe y’ubutegetsi muri Uganda.

Museveni nka Sabalwanyi

Museveni yihaye icyubahiro yiyita Sabalwanyi, ijambo ryo mu Kigande risobanura ‘Indwanyi kabuhariwe.’

Yafashe ubutegetsi binyuze mu rugamba rw’amasasu ndetse azi ko iyo nzira ariyo izakoreshwa ngo abuveho. Azi neza ko nta wamukura ku butegetsi mu nzira y’amatora.

B. Ukwikakaza kwa Museveni ku rwego rw’umugabane

Perezida Museveni yiyumva nk’uwoherejwe gucungura Uganda n’abayituye, akagera n’aho yizera ko azacungura Afurika n’Abanyafurika muri rusange.

“Niko mbyumva ko ntazegura mu gihe ibibazo byari bigiye gutura Afurika mu manga bitarakemuka.’’

Museveni yizera ko Afurika yababajwe cyane mu gihe cy’ubukoloni ndetse abaperezida bose bananiwe gukemura ikibazo cy’Abanyafurika.

Ni we wenyine ufite ubushake n’ubushobozi bwo kugarurira Abanyafurika agaciro n’ubusugire. Niyo mpamvu atanga amasomo n’inyigisho zigoramye ku bijyanye n’umuco wo gukunda Afurika no guharanira ubwigenge, agaciro n’iterambere by’umugabane.

Museveni ntanaha agaciro Abanyafurika baharaniye ubwigenge bwa Afurika, abitangiye ubumwe bwayo binyuze mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe (OAU) waje guhinduka Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika (AU) ndetse n’abarwanyije ivanguraruhu “Apartheid” muri Afurika y’Epfo.

Nyuma y’imyaka 35 aracyakeneye indi myinshi ngo akure Abanyafurika mu bukene n’umutekano muke.

C. Ukwishyira hejuru kwa Museveni n’u Rwanda

Ukwishyira hejuru kwa Museveni kwakomeje kwigaragaza cyane ku gihugu bari inshuti kandi cy’abavandimwe b’abaturanyi cy’u Rwanda. Byagejeje ku makimbirane yavuyemo intambara ya Kisangani muri RDC, yazamuye umwuka mubi n’ukwishishanya hagati y’ibihugu byombi.

Mu gushaka kwimakaza ubutegetsi bwe no kwigarurira akarere ndetse n’umugabane muri rusange, yabonye u Rwanda nk’igihugu cyo gutangiriraho. Ingabo zari iza RPA zashingiwe muri Uganda n’abasirikare bakuru yayoboye.  [ Biracyaza ….]

2019-05-23
Editorial

IZINDI NKURU

Amerika iriyama u Rwanda ibyo rwo ruhakana

Amerika iriyama u Rwanda ibyo rwo ruhakana

Editorial 13 Feb 2016
Umushishozi ati”Wisunga umugabo-mbwa mugakubitirwa hamwe”.

Umushishozi ati”Wisunga umugabo-mbwa mugakubitirwa hamwe”.

Editorial 23 Sep 2024
Loni yasabwe kugira icyo ikora ku mategeko arekura abahamwe na Jenoside yakorewe Abatutsi

Loni yasabwe kugira icyo ikora ku mategeko arekura abahamwe na Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 14 Feb 2018
U Rwanda rwatumiwe muri G7 ku ngingo ireba inyanja

U Rwanda rwatumiwe muri G7 ku ngingo ireba inyanja

Editorial 07 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’imyaka 4, Rayon Sports izabanza kwakira APR FC mu mikino ya shampiyona itegurwa na Rwanda Premier league
Amakuru

Nyuma y’imyaka 4, Rayon Sports izabanza kwakira APR FC mu mikino ya shampiyona itegurwa na Rwanda Premier league

Editorial 25 Jul 2024
U Rwanda na Tanzania mu gutokora umubano w’ibihugu byombi
POLITIKI

U Rwanda na Tanzania mu gutokora umubano w’ibihugu byombi

Editorial 23 Feb 2016
Burundi :  Abandi  basirikare 11 bakomeye  bongeye  gutoroka
Mu Rwanda

Burundi : Abandi basirikare 11 bakomeye bongeye gutoroka

Editorial 20 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru