• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

  • Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo   |   02 Jul 2025

  • Mu mvugo yuje icyizere, Perezida Tshisekedi yashimye amasezerano y’amahoro yasinywe n’u Rwanda na Congo muri Amerika   |   01 Jul 2025

  • Mu burezi budaheza buzira ikandamiza n’iringaniza Abanyeshuri basaga Ibihumbi 220 basoje Amashuri Abanza batangiye ibizamini bya Leta   |   01 Jul 2025

  • U Rwanda ruracyagaragaza umuhate mu gushaka amahoro mu karere k’Ibiyaga bigari   |   30 Jun 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Rwanda- Uganda : Ukwikuza kwa Perezida Museveni [ Igice 2]

Rwanda- Uganda : Ukwikuza kwa Perezida Museveni [ Igice 2]

Editorial 23 May 2019 POLITIKI

Iyi ni impamvu muzi yazanye agatotsi mu mubano w’u Rwanda na Uganda kuva mu 1994, ubwo FPR Inkotanyi yabohoraga igihugu.

Ukwikuza ni uburyo bwo kwiyumva nk’umuntu uri hejuru y’abandi, ukibona nk’ubasumba ndetse ukabagaragariza ko bari hasi y’ibirenge byawe.

Iki ni igisobanuro cyiza cy’imico n’imyitwarire ya Perezida Museveni ku bamubanjirije, abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe, abayobozi bagenzi be mu Karere ndetse by’umwihariko ubuyobozi bw’u Rwanda n’u Rwanda nk’igihugu gifite ubusugire.

A. Ukwikuza kwa Museveni mu gihugu cye

Uganda ni Gomborora

Ubwo Ishyaka rya NRM ryari riyobowe na Museveni ryafataga ubutegetsi mu 1986, yagereranyije kuyobora Uganda no kuba Umuyobozi w’akarere. Yavuze ko Uganda ari nto cyane kuri we.

Museveni yakunze kugaragaza inyota y’ukwihuza kwa Afurika n’uk’Umuryango wa Afurika y’Uburazirazuba.

Mu by’ukuri, yatorewe kuyobora igikorwa cy’ukwihuza kwa EAC mu bijyanye na Politiki ariko kuri we, yaba ukwihuza kwa EAC na Afurika, kwagerwaho mu gihe yaba ariwe uyoboye.

Yatesheje agaciro abamubanjirije

Perezida Museveni ubwe yigeze yumvikana agereranya abamubanjirije n’ingurube.

Iri tungo ubusanzwe ryitirirwa umuntu w’umunyamafuti, uhora yivuruguta mu bibi. Perezida rukumbi, Uganda yagize ni Museveni, abandi bose ni ingurube.

Impamvu ze zo kugundira ubutegetsi

Abantu bashaka igisobanuro ku mpamvu Museveni yagundiriye ubutegetsi, igisubizo gihishe muri wa muco we wo kwikunda.

Mu gitabo cye yise “What is Africa’s Problem?” bishatse kuvuga ngo “Ni ibihe bibazo Afurika ifite?’’; Museveni ubwe yagaragaje ko ikibazo gikomeye cyazahaje umugabane ari “Abayobozi ba Afurika batinda ku butegetsi.’’

Manda ye ya gatandatu izarangira mu 2021, icyo gihe azaba yujuje imyaka 35 ari ku butegetsi. Urebye ni ½ cy’imyaka abaperezida bose ba Uganda bayiyoboye.

Museveni yamaze kwigaragaza nk’umukandida rukumbi uzahagararira Ishyaka rya NRM mu matora yo mu 2021. Impamvu ze zituma aguma ku butegetsi zihishura neza igisobanuro cya ya kamere yo kwikuza cyane.

Yakunze kumvikana avuga ko atarasoza intego ye yo kuyobora Uganda yatumye ajya mu ishyamba ndetse ko nta wundi yaha ubutegetsi.

Museveni ubwe yivugiye ko ari we rukumbi ufite icyerekezo. Abandi Banya-Uganda ntibafite icyo cyerekezo.

Mu nama yahuje Umuryango w’amashanyaka ugamije ibiganiro (IPOD) yitabiriwe n’abayobozi b’imitwe ya politiki muri Uganda ku wa 12 Ukuboza 2018, abari mu atavuga rumwe n’ubutegetsi bamusabye kubuhererekanya mu mahoro.

Museveni yababwiye ko adateganya kuva ku butegetsi ndetse ko badakwiye kwivuna batekereza ko azabutanga.

Yababwiye ko atazatekereza gutanga ubutegetsi kugeza anyuzwe n’iterambere n’umutekano Afurika izaba yagezeho.

“Nimba ngifite imbaraga, nzakomeza. Ni uko mbona ibintu. Sinzahagarika mu gihe ibibazo byari bigiye gutura Afurika mu manga bitarakemuka. Mwe muravuga ibintu bito, amatora. Murashaka gutora abazakora iki mu by’ukuri? Icyo mugomba kugisubiza. Nta zindi nyungu mfite muri politiki kuko ubusanzwe ndi umworozi.’’

Nta muyobozi utavuga rumwe n’ubutegetsi cyangwa undi muturage wa Uganda ufite ubushobozi bwo gusimbura Museveni. Afite icyerekezo kuri Uganda na Afurika, ubushobozi budafitwe n’undi uwo ariwe wese.

Afata abaturage nk’abana n’abuzukuru

Museveni afata abaturage ba Uganda nk’abana n’abuzukuru be. Mu mico yose by’umwihariko muri Afurika, abana n’abuzukuru bagomba gutega amatwi no kumva amategeko y’ababyeyi na ba sekuru kandi bakayakurikiza.

Abanya-Uganda bose ni abantu baciriritse. Baracyari bato ku buryo batakwicara ku ntebe y’ubutegetsi muri Uganda.

Museveni nka Sabalwanyi

Museveni yihaye icyubahiro yiyita Sabalwanyi, ijambo ryo mu Kigande risobanura ‘Indwanyi kabuhariwe.’

Yafashe ubutegetsi binyuze mu rugamba rw’amasasu ndetse azi ko iyo nzira ariyo izakoreshwa ngo abuveho. Azi neza ko nta wamukura ku butegetsi mu nzira y’amatora.

B. Ukwikakaza kwa Museveni ku rwego rw’umugabane

Perezida Museveni yiyumva nk’uwoherejwe gucungura Uganda n’abayituye, akagera n’aho yizera ko azacungura Afurika n’Abanyafurika muri rusange.

“Niko mbyumva ko ntazegura mu gihe ibibazo byari bigiye gutura Afurika mu manga bitarakemuka.’’

Museveni yizera ko Afurika yababajwe cyane mu gihe cy’ubukoloni ndetse abaperezida bose bananiwe gukemura ikibazo cy’Abanyafurika.

Ni we wenyine ufite ubushake n’ubushobozi bwo kugarurira Abanyafurika agaciro n’ubusugire. Niyo mpamvu atanga amasomo n’inyigisho zigoramye ku bijyanye n’umuco wo gukunda Afurika no guharanira ubwigenge, agaciro n’iterambere by’umugabane.

Museveni ntanaha agaciro Abanyafurika baharaniye ubwigenge bwa Afurika, abitangiye ubumwe bwayo binyuze mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe (OAU) waje guhinduka Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika (AU) ndetse n’abarwanyije ivanguraruhu “Apartheid” muri Afurika y’Epfo.

Nyuma y’imyaka 35 aracyakeneye indi myinshi ngo akure Abanyafurika mu bukene n’umutekano muke.

C. Ukwishyira hejuru kwa Museveni n’u Rwanda

Ukwishyira hejuru kwa Museveni kwakomeje kwigaragaza cyane ku gihugu bari inshuti kandi cy’abavandimwe b’abaturanyi cy’u Rwanda. Byagejeje ku makimbirane yavuyemo intambara ya Kisangani muri RDC, yazamuye umwuka mubi n’ukwishishanya hagati y’ibihugu byombi.

Mu gushaka kwimakaza ubutegetsi bwe no kwigarurira akarere ndetse n’umugabane muri rusange, yabonye u Rwanda nk’igihugu cyo gutangiriraho. Ingabo zari iza RPA zashingiwe muri Uganda n’abasirikare bakuru yayoboye.  [ Biracyaza ….]

2019-05-23
Editorial

IZINDI NKURU

ICC: Jean-Pierre Bemba Ahanishijwe Igifungo Cy’umwaka Gisubitse N’amande Y’Amayero 300,000

ICC: Jean-Pierre Bemba Ahanishijwe Igifungo Cy’umwaka Gisubitse N’amande Y’Amayero 300,000

Editorial 17 Sep 2018
Perezida Kagame yagaragaje ko kwigira kwa Afurika bishoboka

Perezida Kagame yagaragaje ko kwigira kwa Afurika bishoboka

Editorial 03 Jul 2017
Alain Mukuralinda yitabye Imana azize indwara y’umutima

Alain Mukuralinda yitabye Imana azize indwara y’umutima

Editorial 04 Apr 2025
Ni nde Muyobozi ukwiriye u Rwanda

Ni nde Muyobozi ukwiriye u Rwanda

Editorial 13 Feb 2017
ICC: Jean-Pierre Bemba Ahanishijwe Igifungo Cy’umwaka Gisubitse N’amande Y’Amayero 300,000

ICC: Jean-Pierre Bemba Ahanishijwe Igifungo Cy’umwaka Gisubitse N’amande Y’Amayero 300,000

Editorial 17 Sep 2018
Perezida Kagame yagaragaje ko kwigira kwa Afurika bishoboka

Perezida Kagame yagaragaje ko kwigira kwa Afurika bishoboka

Editorial 03 Jul 2017
Alain Mukuralinda yitabye Imana azize indwara y’umutima

Alain Mukuralinda yitabye Imana azize indwara y’umutima

Editorial 04 Apr 2025
Ni nde Muyobozi ukwiriye u Rwanda

Ni nde Muyobozi ukwiriye u Rwanda

Editorial 13 Feb 2017
ICC: Jean-Pierre Bemba Ahanishijwe Igifungo Cy’umwaka Gisubitse N’amande Y’Amayero 300,000

ICC: Jean-Pierre Bemba Ahanishijwe Igifungo Cy’umwaka Gisubitse N’amande Y’Amayero 300,000

Editorial 17 Sep 2018
Perezida Kagame yagaragaje ko kwigira kwa Afurika bishoboka

Perezida Kagame yagaragaje ko kwigira kwa Afurika bishoboka

Editorial 03 Jul 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru