• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma   |   07 Jul 2025

  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

  • Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo   |   02 Jul 2025

  • Mu mvugo yuje icyizere, Perezida Tshisekedi yashimye amasezerano y’amahoro yasinywe n’u Rwanda na Congo muri Amerika   |   01 Jul 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Seyoboka yashinjwe ko amafoto ye yigaragambya muri Canada agaragaza ko yari agifite imigambi mibi

Seyoboka yashinjwe ko amafoto ye yigaragambya muri Canada agaragaza ko yari agifite imigambi mibi

Editorial 09 Feb 2018 Mu Rwanda

Ubushinjacyaha bwa Gisirikare bwerekanye amafoto ya Sous Lt Henri Jean Claude Seyoboka ubwo yabaga muri Canada yitabiriye imyigaragambyo yamagana Leta y’u Rwanda, bushimangira ko ari ikimenyetso cy’uko yari agifite imigambi mibi.

Ni kuri uyu wa Kane ubwo mu Rukiko rwa Gisirikare i Nyamirambo hakomezaga urubanza ubushinjacyaha buregamo Sous Lt Seyoboka ibyaha bya Jenoside.

Seyoboka w’imyaka 51 yagejejwe mu Rwanda mu 2016 nyuma y’imyaka 20 aba muri Canada. Ashinjwa ibyaha bitatu birimo icya Jenoside, icyo kurimbura imbaga n’ubufatanyacyaha mu gukora Jenoside nk’icyaha cyibasiye inyokomuntu.

Ibi byaha ashinjwa kuba yarabikoreye ahahoze hazwi nka CELA (Centre d’Etudes des Langues Africaine), St Famille na Saint Paul mu Mujyi wa Kigali.

Ibyaha uyu mugabo ashinjwa ko yabikoze hagati ya tariki 1 Ukwakira 1990 na 31 Ukuboza 1994.

Mu iburanisha ry’uyu munsi, umwanya munini wihariwe n’ubushinjacyaha, bushimangira ibimenyetso bwatanze ku byo Seyoboka aregwa.

Seyoboka kuri uyu wa Gatatu yari yahakanye ibyaha byose aregwa, avuga ko uvugwa atari we ndetse n’aho bivuga ko yiciye Abatutsi muri Jenoside atahageze.

Umushinjacyaha ashimangira ibimenyetso yatanze, yabanje kugaruka ku mvugo Seyoboka yakoresheje avuga ko we ku matariki ashinjwaho kujya mu bitero yabaga ari guhangana n’ingabo zari iza FPR Inkotanyi, azirasaho ibisasu biremereye ndetse ko ari we warashe ku nyubako ikoreramo Inteko Ishinga Amategeko (yahoze yitwa CND).

Umushinjacyaha yavuze ko ibyo ari ubwishongozi kuza kugaragaza ibyo yagiye akora mu rukiko.

Yakomeje avuga ko ibyo bashinja Seyoboka bafite ibimenyetso ko yabikoze.

Ku kijyanye no kugira umugambi wo gukora Jenoside, umushinjacyaha yavuze ko Seyoboka yatozaga Interahamwe muri Komini Nyarugenge kandi ngo nubwo yireguye avuga ko icyo gihe ashinjwa kuzitoza yigaga muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda i Butare, ngo ntabwo yari afungiweyo ku buryo atashoboraga kuvayo ngo aze i Kigali.

Yavuze ko kandi ko Seyoboka hari amafoto yafashwe ari mu myigaragambyo yamagana Leta y’u Rwanda ubwo yabaga muri Canada, umushinjacyaha akavuga ko bishimangira umugambi we w’urwango n’imigambi mibi byari bigikomeje.

Seyoboka yaburanye ahakana ibyo aregwa avuga ko uwo abatangabuhamya bavuga witwa Lt Claude atari we.

Umushinjacyaha yavuze ko Seyoboka ari gushaka kujijisha kandi abatangabuhamya baravuze ko bamuzi neza ndetse hari umwe muri bo beretse ifoto akemeza ko ari we wabayoboraga mu bitero byagiye kwica Abatutsi.

Yavuze ko bishoboka ko abatangabuhamya batatanze amazina ye yose ariko ko bidakuraho ibyo ashinjwa.

Yavuze ko kandi kuba ushinjwa ari Seyoboka binemezwa no kuba ubutabera bwa Canada bwaramwohereje mu Rwanda bwabanje gusuzuma neza, ngo iyo aba atari we ntibwari kumwohereza.

Ikindi ngo birasanzwe haba mu gisirikare cyangwa mu basivili ko ufite ipeti rya Sous Lieutenant ashobora kwitwa Lieutenant.

Umushinjacyaha avuga ko mu bashinja Seyoboka harimo uwari Burugumesitiri wa Nyarugenge ndetse n’uwari wungirije Seyoboka mu kuyobora ibitero byishe Abatutsi, bityo ko abo bantu batabeshya kandi barakoranye, byongeye bari banaturanye.

Umushinjacyaha yavuze ko ahubwo Seyoboka yakabaye asaba imbabazi Abanyarwanda aho kugaragaza ko ari umwere.

Avuga ku batangabuhamya b’ubushinjacyaha, Seyoboka yavuze ko hari abo atizeye ibyo bavuze, agaragaza ko hari n’ahandi bagiye batanga ubuhamya bukangwa kubera ko burimo ibinyoma.

Yavuze ko adashobora kubona amagambo asobanuramo Jenoside yakorewe Abatutsi kuko ari icyaha gikomeye cyane, by’umwihariko kuba ari Abanyarwanda bishe bagenzi babo b’Abatutsi babahora ubwoko bwabo.

Yavuze ko iyo aza kugirira urwango Abatutsi atari gusiga mukase wari umugore wa kabiri.

Seyoboka yavuze ko iyo aba yarahawe ‘mission’ yo kurimbura Abatutsi atari kuyihabwa wenyine, ko yari kuyihabwa hamwe n’abasirikare bagenzi be biganagana i Butare guhera mu 1993. Yireguye avuga ko yagiye mu gisirikare agiye gutabara igihugu atari agiye kwica.

Impande zombi zimaze kugaragaza ibimenyetso byazo, zahawe kugaragaza amazina y’abatangabuhamya bazo.

Ubushinjacyaha bwagaragaje urutonde rw’abatangabuhamya icyenda bazaza gushinja Seyoboka, biganjemo abasanzwe baratanze ubuhamya ubushinjacyaha bushingiraho ibirego.

Seyoboka yatanze amazina y’abantu 16 barimo ababa mu mahanga bahoranye mu gisirikare, nubwo umucamanaza yagaragaje ko bishobora kuzagorana kuko nta buryo bwo kuvugana imbonankubone n’abari kure buri muri urwo rukiko.

Mu bo yatanze, harimo n’uwarokokeye aho ashinjwa kuyoborera ibitero na bariyeri ziciweho Abatutsi.

Urubanza ruzakomeza tariki ya 19 na 20 Werurwe 2018 humvwa abatangabuhamya b’ubushinjacyaha.

2018-02-09
Editorial

IZINDI NKURU

Mu mukino w’ikirarane wa shampiyona y’u Rwanda, Marines FC yatsinze Rutsiro FC igitego kimwe ku busa.

Mu mukino w’ikirarane wa shampiyona y’u Rwanda, Marines FC yatsinze Rutsiro FC igitego kimwe ku busa.

Editorial 06 Jun 2021
Rosa Muhando arashinjwa kwambura 900.000 TSH

Rosa Muhando arashinjwa kwambura 900.000 TSH

Editorial 08 Jun 2017
Abanyekongo baba mu Rwanda barashima uRwanda rutaguye mu mutego w’ubushotoranyi bwa Kongo.

Abanyekongo baba mu Rwanda barashima uRwanda rutaguye mu mutego w’ubushotoranyi bwa Kongo.

Editorial 05 Nov 2022
Nyuma y’imvune ya myugariro wa APR FC yagiriye mu mukino na As Kigali, Fitina Omborenga yiteguye kugaruka mu kibuga.

Nyuma y’imvune ya myugariro wa APR FC yagiriye mu mukino na As Kigali, Fitina Omborenga yiteguye kugaruka mu kibuga.

Editorial 08 Jun 2021
Mu mukino w’ikirarane wa shampiyona y’u Rwanda, Marines FC yatsinze Rutsiro FC igitego kimwe ku busa.

Mu mukino w’ikirarane wa shampiyona y’u Rwanda, Marines FC yatsinze Rutsiro FC igitego kimwe ku busa.

Editorial 06 Jun 2021
Rosa Muhando arashinjwa kwambura 900.000 TSH

Rosa Muhando arashinjwa kwambura 900.000 TSH

Editorial 08 Jun 2017
Abanyekongo baba mu Rwanda barashima uRwanda rutaguye mu mutego w’ubushotoranyi bwa Kongo.

Abanyekongo baba mu Rwanda barashima uRwanda rutaguye mu mutego w’ubushotoranyi bwa Kongo.

Editorial 05 Nov 2022
Nyuma y’imvune ya myugariro wa APR FC yagiriye mu mukino na As Kigali, Fitina Omborenga yiteguye kugaruka mu kibuga.

Nyuma y’imvune ya myugariro wa APR FC yagiriye mu mukino na As Kigali, Fitina Omborenga yiteguye kugaruka mu kibuga.

Editorial 08 Jun 2021
Mu mukino w’ikirarane wa shampiyona y’u Rwanda, Marines FC yatsinze Rutsiro FC igitego kimwe ku busa.

Mu mukino w’ikirarane wa shampiyona y’u Rwanda, Marines FC yatsinze Rutsiro FC igitego kimwe ku busa.

Editorial 06 Jun 2021
Rosa Muhando arashinjwa kwambura 900.000 TSH

Rosa Muhando arashinjwa kwambura 900.000 TSH

Editorial 08 Jun 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru