• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»SHOWBIZ»ShaddyBoo yinjiye mu bantu 5 bagizwe ibimenyabose n’amagambo bavuze agatizwa umurindi n’imbuga nkoranyambaga kubera ijambo ‘Odeur ya Ocean’

ShaddyBoo yinjiye mu bantu 5 bagizwe ibimenyabose n’amagambo bavuze agatizwa umurindi n’imbuga nkoranyambaga kubera ijambo ‘Odeur ya Ocean’

Editorial 31 Aug 2017 SHOWBIZ

Muri iyi minsi mu Rwanda ugira gutya ukabona izina ry’umuntu ritumbagiye rikamamara ku rwego rw’igihugu akenshi bigizwemo uruhare n’imbuga nkoranyambaga. Abamenyekana gutya, akenshi usanga bashikamiye amagambo baherutse gutangaza mu ruhame bagahita baba iciro ry’imigani muri rubanda.

-7811.jpg

Ibi byakunze kubaho no kuva cyera gusa aho bitandukaniye ni uko muri iyi minsi ijambo umuntu atangaje rishobora gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga mu gihe gito rikaba riramamaye bikarangira na nyiri kurivuga rimusize ari icyamamare. Ni muri urwo rwego twabakusanyirije batanu baheruka kuvugwa cyane muri iki cyiciro cy’abagizwe ibyamamare n’ibyo batangaje bigatizwa umurindi n’imbuga nkoranyambaga.Turagaruka ku bantu bamamaye muri ubu buryo mu myaka micye itambutse.

5. Myasiro

-7812.jpg

Myasiro Jean Marie Vianney ni umukinnyi mpuzamahanga w’u Rwanda mu kwiruka. Ubwo yirukaga mu irushanwa ry’abatarengeje imyaka 20 ryabereye muri Pologne yegerewe n’umunyamakuru umwe amubaza mu cyongereza nyuma yuko yari amaze kwegukana umudari. Uyu musore w’umunyarwanda yagerageje kwirwanaho uko ashoboye gusa uburyo yavuzemo icyongereza bwakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga maze izina ry’uyu musore utari uzwi cyane no muri uyu mukino birangira abaye ikimenyabose.

4.Barafinda Sekikubo Fred

-7813.jpg

Barafinda Sekikubo Fred mbere y’uko hatangwa kandidatire z’abifuza kwiyamamariza kuyobora u Rwanda ni umwe mu bantu batari ibyamamare, gusa nyuma yaho atanze kandidatire ye uyu mugabo yegerewe n’itangazamakuru kugira ngo rigire ibyo rimubaza nk’umuntu washakaga kuyobora u Rwanda. Mu kiganiro bagiranye, ibisubizo yatangaga bitajyanye n’ibyo yabaga abajijwe byahise bimugira icyamamare dore ko ubu uyu mugabo yamaze kuba ikimenyabose mu Rwanda.

3.Babu G

-7814.jpg

Muri iyi myaka ntawahamya ko yaba yaribagiwe umusore Babu G wigeze kubica bigacika mu Rwanda ndetse n’ahandi mu banyarwanda baba hanze, uyu musore kwamamara kwe byaturutse ku kiganiro yagiranye n’umunyamakuru wa TV10, ibyavuye muri iki kiganiro byaramamajwe ku mbuga nkoranyambaga bituma uyu musore utari uzwi aba ikimenyabose atyo mu Rwanda.

2.ShaddyBoo

-7815.jpg

Umunyarwandakazi Mbabazi Shadia uzwi cyane nka Shaddy Boo aherutse gutumirwa kuri televiziyo ya Royal Tv, mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru, aza kwibeshya bituma aba iciro ry’imigani ku mbuga nkoranyambaga n’utari umuzi amenya ‘Odeur ya Ocean’ ijambo yibeshyeho ari muri iki kiganiro rikaba ryarahise rimugira ikimenyabose.

1.Uwase Hirwa Honorine (Igisabo)

-7816.jpg

Hirwa Honorine ni umukobwa wamamaye muri uyu mwaka wa 2017 ubwo yari mu bahataniraga ikamba rya Miss Rwanda. Uyu mukobwa wiyamamarije mu ntara y’Uburengerazuba yabajijwe uko umukobwa w’umunyarwandakazi kubwe yaba ateye ahita yitangaho urugero avuga ko umunyarwandakazi ari uteye nk’Igisabo. Iri jambo ryahise rimwitirirwa kugeza ubu uyu mukobwa asigaye yitwa Igisabo nk’agahimbano ke ari nako kamamaye cyane.

2017-08-31
Editorial

IZINDI NKURU

Birababaje:Umugore yakase igitsina cy’ umugabo nyuma bamufata agiye kwiyahura [ REBA AMAFOTO]

Birababaje:Umugore yakase igitsina cy’ umugabo nyuma bamufata agiye kwiyahura [ REBA AMAFOTO]

Editorial 06 May 2018
Nyuma yaho umuhanzikazi Queen Cha asezereye muri The Mane, Marina nawe yanditse ibaruwa isezera muri iyo nzu ifasha abahanzi iyoborwa na Bad Rama.

Nyuma yaho umuhanzikazi Queen Cha asezereye muri The Mane, Marina nawe yanditse ibaruwa isezera muri iyo nzu ifasha abahanzi iyoborwa na Bad Rama.

Editorial 28 Apr 2021
Umuhanzi Meddy yakoreye ubukwe muri Leta z’Unze Ubumwe z’Amerika n’umukunzi we Mimi ukomoka muri Ethiopia.

Umuhanzi Meddy yakoreye ubukwe muri Leta z’Unze Ubumwe z’Amerika n’umukunzi we Mimi ukomoka muri Ethiopia.

Editorial 23 May 2021
Agashya mu birori byo guhemba Abanyamakuru ’Anangwe yatunguranye yambika impeta umukunzi we

Agashya mu birori byo guhemba Abanyamakuru ’Anangwe yatunguranye yambika impeta umukunzi we

Editorial 08 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR.Fc  iracakira na Yanga Aficans yo muri tanziniya
IMIKINO

APR.Fc iracakira na Yanga Aficans yo muri tanziniya

Editorial 12 Mar 2016
Mecky Kayiranga yashyize hanze indirimbo nshya yise Garuka mu kunzi asaba umugore we kugaruka bakubaka.
Amakuru

Mecky Kayiranga yashyize hanze indirimbo nshya yise Garuka mu kunzi asaba umugore we kugaruka bakubaka.

Editorial 27 Apr 2021
Ese ntihaba hari umugambi wo gukingira ikibaba abajenosideri, ngo bazapfe cyangwa bazafatwe bashaje cyane, bityo bibe impamvu yo kutababuranisha?
Amakuru

Ese ntihaba hari umugambi wo gukingira ikibaba abajenosideri, ngo bazapfe cyangwa bazafatwe bashaje cyane, bityo bibe impamvu yo kutababuranisha?

Editorial 07 Jun 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru