• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

  • Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC   |   30 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»“Tariki 01 Nyakanga, mu Rwanda twizihiza ubwigenge bwapfubye”- Tom Ndahiro

“Tariki 01 Nyakanga, mu Rwanda twizihiza ubwigenge bwapfubye”- Tom Ndahiro

Editorial 01 Jul 2021 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Rwanda

Iyi nkuru yatambutse bwa mbere mu myaka 7 ishize, ubwo umushakashatsi akaba n’umunyamakuru, Tom Ndahiro yagaragazaga ko icyo bamwe mu Banyarwanda bise “ubwigenge” babonye mu mwaka w’1962, mu by’ukuri atari bwo, ahubwo uwo mwaka wabaye intangiriro yo  gusenya ubumwe bw’Abanyarwanda .

Nubwo rero iyi nkuru atari ubwa mbere igiye hanze, twifuje kongera kuyibasangiza kuko ibikubiyemo dusanga bigifite ishingiro.
Imyaka 52 irashize, u Rwanda rugiye mu mubare w’Ibihugu byigenga. Kwigenga byo kugira ibendera bitari ukugira uburenganzira bw’Abanyagihugu.

U Rwanda rwabonye ubwigenge mu buryo budasanzwe ugereranije n’ibindi bihugu bituranye narwo. Abahawe ubwigenge n’Ababiligi bategekaga u Rwanda, ntibanabushakaga kuko n’imvugo yabo mu mwaka bahabwamo ubwo bwigenge, baririmbaga ‘Vive la Belgique’ bisobanura “Harakabaho Ububiligi”.

Ibi binyuranye n’aho abandi baririmbaga basingiza ibihugu byabo, bamagana abakoloni. Ibi byo gusingiza abakoloni na mpatsibihugu ntibyarangiranye na PARMEHUTU.

Amateka yisubiyemo

Muri Kamena 1994, indirimbo ya MRND na CDR bakira Abafaransa baje kubatabara, yari “Vive la France” (Harakabaho Ubufaransa).

U Rwanda rubona ubwigenge, amarira n’ibyishimo byaranganaga. Nicyo Gihugu cyonyine cyabonye ubwigenge cyica kandi cyirukana bamwe mu bakigize. Aha ndavuga abitwaga Abatutsi.

U Rwanda rwabonye ubwigenge Abatutsi badafite uburenganzira uhereye ku bwo kugira Igihugu, kugeza no ku burenganzira bwo kubaho. Nta ko bari kubugira ishyaka ryayoboraga Igihugu, PARMEHUTU, ryarashyiriweho kurengera bamwe hagacinyizwa abandi.

Igihugu kubona ubwigenge muri ako karengane byagize ingaruka ku mibereho y’Abanyarwanda kugeza kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu bihe bitandukanye byasimburanaga.

Ibikorwa-remezo bya Jenoside

Politiki n’imvugo y’abayobozi ba PARMEHUTU nibyo byabaye ibikorwa-remezo byubakiweho ingengabitekerezo ya Jenoside.

Abaparmehutu ntibabonaga U Rwanda nk’Igihugu cy’Abanyarwanda, ahubwo cyari Igihugu cy’Abahutu cyihanganira Abatutsi nabwo ntibagire ubundi burenganzira uretse ubwo gutura.

Imvugo z’urwango ku batutsi na politiki yo kubaheza ntibyakorwaga mu ibanga, byavugwaga ku mugaragaro. Byarandikwaga, bikavugwa mu magambo mbwirwaruhamwe, bikanaririmbwa.

Abaririmbyi biswe Abanyuramatwi bashyiriweho gukora akazi ko kumvisha Abanyarwanda ko Igihugu ari icya Gahutu. Ni bo baririmbye ko Rwanda ibonye bene yo Gahutu akwiye kuganza.

Kuwa 27 Nzeli 1959, Gitera Yozefu yatangaje amategeko 10 y’Abahutu yashimangira ko Umututsi n’Umuhutu badashobora kubana. Irya nyuma rigasoza rivuga ngo “Umututsi aragatsindwa i Rwanda”.

Gregori Kayibanda wabaye Perezida wa mbere w’u Rwanda rwigenga, nawe imvugo nk’izo yarazikoresheje kandi kenshi. Kwanga Abatutsi yari yarabibonyemo indangagaciro.

Muri uko kwezi kwa Nzeli 1959, nk’uko byagaragajwe mu bushakashatsi bwa Musangamfura Sixbert yasohoye mu 1987, Kayibanda yavuze ko icyo PARMEHUTU na APROSOMA bagomba guharanira ari ukuronda ubwoko no guheza Abatutsi.

Mu nama yahuje PARMEHUTU na APROSOMA I Butare, Kayibanda yarababwiye ngo “Ishyaka ryacu rirareba inyungu z’Abahutu … tugomba kuba urumuri rwa rubanda nyamwinshi, tugomba gusubiza Igihugu bene cyo, Igihugu ni icy’Abahutu.”

Nyuma y’amezi abiri Gitera asohoye amategeko 10 y’Abahutu, kuwa 27 Ugushyingo, Kayibanda yasohoye inyandiko mu kinyamakuru cya PARMEHUTU cyitwa “Jya mbere” avuga ngo “… niba Abatutsi bakomeje guturana n’Abahutu bazatsembwa”. Ibi biragaragaza ko igitekerezo cyo gutsemba Abatutsi cyari kimaze kunozwa.

Ku itariki 7 Mutarama 1963, yabwiye Inteko ishinga amategeko asa n’ubigisha Demokarasi, ko ari ubwenge, ari n’umuco bidakwiye kwitirirwa Abatutsi ko ahubwo ari iby’Abahutu gusa!

Yagize ati: “Ubwenge n’umutima w’Igihugu bigomba guhumeka demokarasi. Ntimuzabyirengagize bikomeye: Ubucurabwenge n’ubusizi ni umuco wo kwa Gahutu ari we mwinshi muri Repubulika yatsindiye demokarasi. Umuziki n’imbyino n’ibindi byari bigiye kwamburwa rubanda, cyangwa bikaba igihakisho cyo guhaka n’ubwenge. Imyuga yo kubaza no kuboha no gutora amabara byari bimaze gututsikazwa: bisigaye byose byitwa danseurs Intore Watussi. Byari ubuyobe benshi batashoboraga kubona aho bubaroha. Shimwa PARMEHUTU wazamukanye ishyaka ryo kwita mbere kuri benshi ari byo demokarasi; utanze bake ari byo ukesha igikundiro n’imitsindo. Mu izina ry’Igihugu ndi umubyeyi wa bose ariko umwana urushije abandi ubutwari n’umutima atangwaho urugero”.

Iyi ni imvugo itari iy’umuyobozi w’Igihugu, ariko mu Rwanda nibyo byari byemewe.

Ku itariki ya 1 Gicurasi 1967, Kayibanda yavuze ijambo ku munsi w’Abakozi ku Isi, aho yagaragaje ko kuri we na politiki y’ishyaka rye, umuntu n’umukozi bisobanura Abahutu gusa.

Hari aho yavuze ati: “Uyu munsi uributsa umuturage wese ko umurengwe ari wo wakabuye abakozi ba mbere baharaniye ishyaka ry’icyubahiro gikwiriye umukozi; mbese nk’uko ubwirasi bwa gihake bwahagurukije Gahutu. Umurengwe, ugizwe n’uwo PARMEHUTU yakijije byaba kuri we icyo bita ubupumbafu. Icyo Igihugu gishaka ni demokarasi. Umurengwe wa bake bakize iyo uje kubibagiza ko Gahutu ashaka demokarasi, uhindukamo icyorezo kurusha Ruzagayura. Ariko kandi: Abakuru ntimuribagirwa ko twayikijijwe n’uko Gahutu yahagurutse akarushaho gushishikarira gukora. … aho Gahutu ari hose akaba atarajijuka bikwiriye kumbabaza nkamufasha uko nshoboye kose.”

Iyo Kayibanda avuga nka Perezida w’Igihugu, yari gutekereza Umunyarwanda wese utajijutse, cyangwa udakora uko bikwiriye. Ariko kuri we, yatekerezaga bamwe kuko abandi basaga n’abatabaho.

Gushimangira ko yatekerezaga bamwe akirengagiza abandi, ubisanga no mu ijambo rye yavuze ku munsi w’Abakozi umwaka ukurikiraho.

Ku itariki ya 1 Gicurasi 1968 hari aho yagize ati: “Ubu kuvuga Umuhutu bikwiye kuvuga umuntu uzi gukorana umwete, n’ubwenge, n’umurava, azamura urugo rwe n’Igihugu cye”.

Iyi politiki ntiyahagaze, yarakomeje.

*Ubwigenge = guheza Abatutsi*

U Rwanda rwizihiza ubwigenge ku nshuro ya 10, muri Nyakanga 1972, Leta yasohoye agatabo kitwa “Ingingo z’ingenzi mu mateka y’u Rwanda”, kavuga inzira u Rwanda rwanyuzemo muri iyo myaka.

Igitekerezo cy’uko Abatutsi ari abanyamahanga cyarashimangiwe cyane, babita ko ari abantu baje “bahobagira inyuma y’imirizo y’inka zabo”, bakaza gutera ibibazo mu Rwanda.

Nyuma y’indi myaka 10, kutemerwa kw’Abatutsi mu Rwanda byarakomeje.

Mu 1982, u Rwanda rumaze imyaka 20 rwitwa ko rwigenga, nibwo Perezida Milton Obote wa Uganda yirukanye impunzi z’Abanyarwanda zari muri icyo Gihugu. Bageze mu Rwanda, Leta ya Habyarimana yanze kubemera nk’abenegihugu bayo ibaheza mu gihirahiro bahinduka abatagira Igihugu “Stateless”.

Mu 1992, Igihugu kimaze imyaka 30 cyitwa ko cyigenga, abahoze ari ingabo z’Igihugu (FAR) bashyizeho amahame ahoraho ya gisirikare asobanura ko Abatutsi ari abanzi b’Igihugu (Ari abari mu Rwanda, n’abari mu mahanga).

Abandi biswe abanzi b’Igihugu n’izo ngabo ni abatari bishimiye ibyo ubutegetsi bwakoraga. Ibyo byahaye imbaraga abakangurambaga mu ngengabitekerezo ya Jenoside, nka Mugesera Leon wavugiye ku karubanda ko Abatutsi bakwiye gusubizwa ahitwa ku nkomoko yabo banyujijwe muri Nyabarongo.

Ibya Mugesera, Habyarimana, Kayibanda na Gitera ntaho byari bitandukaniye muri ubwo bwigenge bwo kwanga no kwigisha urwango.

Uko kubuza abantu uburenganzira ku Gihugu cyabo biri mu byabaye imbarutso yo gufata ingamba zo kubohora Igihugu. Ubu tukaba twizihiza imyaka 20 u Rwanda rubohowe.

Ku itariki ya 5 Nyakanga 1973, Habyarimana Yuvenali yakuyeho Geregori Kayibanda, asesa PARMEHUTU nk’ishyaka. Uko guhindura imirishyo y’ingoma ntibyigeze bihindura ingengabitekerezo y’urwango ku batutsi na politiki y’ivangura.

Mu gihe twibuka ku nshuro ya 52 iby’ubwigenge bwapfubye, tunitegura kwibuka ukwibohora, Abanyarwanda bakwiye kuzirikana ko guheza abantu iwabo, ari nako ubuza amahwemo bamwe mu bari mu Gihugu, ngo wumve ko byakomeza bityo.

2021-07-01
Editorial

IZINDI NKURU

Rutahizamu wa Manchester City yo mu Bwongereza Sergio Kun Aguero yabwiwe ko atazagumana n’iyi kipe nyuma yaho amasezerano ye azaba arangiye mu mpera z’uyu mwaka w’imikino wa 2020-2021

Rutahizamu wa Manchester City yo mu Bwongereza Sergio Kun Aguero yabwiwe ko atazagumana n’iyi kipe nyuma yaho amasezerano ye azaba arangiye mu mpera z’uyu mwaka w’imikino wa 2020-2021

Editorial 30 Mar 2021
Minisitiri w’intebe Murekezi na Rucagu, abagabo batarya iminwa mu kuvuga amateka yabo mbere no mugihe cya Jenoside .

Minisitiri w’intebe Murekezi na Rucagu, abagabo batarya iminwa mu kuvuga amateka yabo mbere no mugihe cya Jenoside .

Editorial 22 Apr 2016
Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi, barimo kwicirwa mu bigo bya gisirikari, bitwa intasi z’ u Rwanda

Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi, barimo kwicirwa mu bigo bya gisirikari, bitwa intasi z’ u Rwanda

Editorial 02 Jun 2022
Kigali:BAVUGAYABO yarashwe azira kurwanya inzego z’umutekano

Kigali:BAVUGAYABO yarashwe azira kurwanya inzego z’umutekano

Editorial 14 Jan 2019
Rutahizamu wa Manchester City yo mu Bwongereza Sergio Kun Aguero yabwiwe ko atazagumana n’iyi kipe nyuma yaho amasezerano ye azaba arangiye mu mpera z’uyu mwaka w’imikino wa 2020-2021

Rutahizamu wa Manchester City yo mu Bwongereza Sergio Kun Aguero yabwiwe ko atazagumana n’iyi kipe nyuma yaho amasezerano ye azaba arangiye mu mpera z’uyu mwaka w’imikino wa 2020-2021

Editorial 30 Mar 2021
Minisitiri w’intebe Murekezi na Rucagu, abagabo batarya iminwa mu kuvuga amateka yabo mbere no mugihe cya Jenoside .

Minisitiri w’intebe Murekezi na Rucagu, abagabo batarya iminwa mu kuvuga amateka yabo mbere no mugihe cya Jenoside .

Editorial 22 Apr 2016
Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi, barimo kwicirwa mu bigo bya gisirikari, bitwa intasi z’ u Rwanda

Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi, barimo kwicirwa mu bigo bya gisirikari, bitwa intasi z’ u Rwanda

Editorial 02 Jun 2022
Kigali:BAVUGAYABO yarashwe azira kurwanya inzego z’umutekano

Kigali:BAVUGAYABO yarashwe azira kurwanya inzego z’umutekano

Editorial 14 Jan 2019
Rutahizamu wa Manchester City yo mu Bwongereza Sergio Kun Aguero yabwiwe ko atazagumana n’iyi kipe nyuma yaho amasezerano ye azaba arangiye mu mpera z’uyu mwaka w’imikino wa 2020-2021

Rutahizamu wa Manchester City yo mu Bwongereza Sergio Kun Aguero yabwiwe ko atazagumana n’iyi kipe nyuma yaho amasezerano ye azaba arangiye mu mpera z’uyu mwaka w’imikino wa 2020-2021

Editorial 30 Mar 2021
Minisitiri w’intebe Murekezi na Rucagu, abagabo batarya iminwa mu kuvuga amateka yabo mbere no mugihe cya Jenoside .

Minisitiri w’intebe Murekezi na Rucagu, abagabo batarya iminwa mu kuvuga amateka yabo mbere no mugihe cya Jenoside .

Editorial 22 Apr 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru