• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Thabo Mbeki yahishuye uko FPR yaburiye Afurika y’Epfo kutagurisha intwaro leta yakoze Jenoside

Thabo Mbeki yahishuye uko FPR yaburiye Afurika y’Epfo kutagurisha intwaro leta yakoze Jenoside

Editorial 03 May 2019 INKURU NYAMUKURU

Thabo Mbeki wigeze kuyobora Afurika y’Epfo, yavuze uburyo bamenyeshejwe ko iki gihugu cyagurishaga u Rwanda intwaro mu gihe cya mbere gato ya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, mu gihe hari amakuru ko ari izo kuzifashishwa mu kwica abatutsi.

Mbeki w’imyaka 76 wayoboye Afurika y’Epfo mu 1999- 2008, amaze igihe adakunze kugaruka ku miyoborere y’igihugu cye. Gusa mu kiganiro The First Citizen Mbeki yagiranye na televiziyo eNCA, yagarutse ku bihe u Rwanda rwanyuzemo muri Jenoside no ku buryo Afurika y’Epfo yagurishije intwaro Guverinoma yayiteguye ikanayishyira mu bikorwa.

Yavuze ko mu ntangiro za 1994 hari itsinda FPR Inkotanyi yohereje muri Afurika y’Epfo mu biganiro n’ishyaka rya African National Congress ryari rimaze gushinga ibirindiro, maze rihura na Thabo Mbeki wari ukuriye ishami rishinzwe ububanyi n’amahanga.

Ati “Batubwiye ko Afurika y’Epfo irimo kugurisha intwaro Guverinoma y’u Rwanda, kandi ko amakuru RPF ifite ari uko izo ntwaro zizakoreshwa mu kwica abantu benshi, babaza niba hari icyo twabikoraho nka ANC. Navugishije Pik Botha wari Minisitiri w’ububanyi n’amahanga ndamubwira nti ‘hari abantu bo mu Rwanda dore ibyo barimo kuvuga, ugomba guhura nabo kubera ko kibazo barimo kuzamura kirakomeye cyane. Yarabikoze koko bahurira mu biro bye muri Union Buildings, bamugezaho icyo kibazo.”

“Nyuma umuntu wari mu itsinda rya RPF wanabaye ambasaderi wa mbere w’u Rwanda hano nyuma ya 1994, yambwiye ko bahuye na Minisitiri Pik Botha, bamubwira ikibazo, banafite inyemezabwishyu z’izo ntwaro nk’ibimenyetso byizewe. Igisubizo bahawe nubwo kidakwiye cy’iyo guverinoma, nk’uko bambwiye, ni uko ‘iki kibazo cy’igurishwa ry’intwaro kuri twe ni ubucuruzi. Tugurisha ku muntu wese witeguye kugura akatwishyura.”

Mu gihe cya Jenoside ni nabwo ku wa 10 Gicurasi 1994 Thabo Mbeki yagizwe Visi Perezida wa Afurika y’Epfo (1994-1999), yungirije Nelson Mandela wari umaze kuba Perezida wa Afurika y’Epfo, wa mbere w’umwirabura nyuma y’ivanguraruhu rya apartheid.

Mbeki avuga ko ubwo yazaga mu Rwanda nyuma ya Jenoside akiri visi perezida, yeruye ko muri ANC itishimiye uko yitwaye, aho jenoside yatangiye mu Rwanda ku wa 7 Mata 1994 mu gihe Afurika y’Epfo yiteguraga amatora ya mbere muri demokarasi mu minsi 20.

Mbeki ati “Twari duhangayikishijwe n’impinduka muri Afurika y’Epfo, ntekereza ko imbogamizi zo gukurikirana izi mpunduka muri Afurika y’Epfo zari zikomeye, bituma muri ibyo byumweru twibagirwa u Rwanda. Ntibyari bikwiye ariko nibyo byabaye.”

Minisiteri y’Imari n’igenamigambi iheruka gushyira ahagaragara ikusanyamakuru ryerekana ko guverinoma yakoze Jenoside, nubwo yari mu gihano cyo gukomatanyirizwa mu bucuruzi bw’intwaro, izari Minisiteri y’Ingabo na Minisiteri y’Imari, zatumije intwaro n’amasasu binyuze mu bindi bihugu.

Abari ku isonga harimo leta y’Abafaransa, Leta ya Zaire na Afurika y’Epfo. Barimo Abafaransa nka Captain Paul Barril n’uwitwa Dominique Yves Lemonier wahuzaga ibikorwa by’ubucuruzi butemewe binyuze mu zahoze ari ambasade z’u Rwanda, mu Misiri, Kenya, Zaire na Afurika y’Epfo.

Mu ntwaro bigaragara ko zinjiye mu Rwanda mu 1994 harimo imbunda zo mu bwoko bwa mashinigani (machine-gun), M60 z’Abafaransa, imbunda zo mu bwoko bwa AK47 n’amasasu yo mu bwoko bwa 7.62 yo muri Afurika y’Epfo.

Thabo Mbeki yavuze uko Afurika y’Epfo yagurishaga intwaro Guverinoma yakoze Jenoside
Src : IGIHE

2019-05-03
Editorial

IZINDI NKURU

Rebero : Abanyapolitiki barimo Kameya Andre, Ndasingwa Lando, Kavaruganda…bibutswe

Rebero : Abanyapolitiki barimo Kameya Andre, Ndasingwa Lando, Kavaruganda…bibutswe

Editorial 13 Apr 2018
Urubuga rwa Twitter rwasibye konti 418 muri Uganda zishinzwe gutegura Muhoozi Kainerugaba kuzasimbura Museveni nka Perezida wa Uganda

Urubuga rwa Twitter rwasibye konti 418 muri Uganda zishinzwe gutegura Muhoozi Kainerugaba kuzasimbura Museveni nka Perezida wa Uganda

Editorial 03 Dec 2021
Leta ya Kongo iri mu ihurizo mu kurangiza ikibazo cy’umutekano mu burasirazuba bw’icyo gihugu.

Leta ya Kongo iri mu ihurizo mu kurangiza ikibazo cy’umutekano mu burasirazuba bw’icyo gihugu.

Editorial 17 Jul 2023
Aba Pasiteri b’ADEPR bongeye gushimutirwa Uganda

Aba Pasiteri b’ADEPR bongeye gushimutirwa Uganda

Editorial 11 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Atworekeye abana mu ntambara: Intimba y’umubyeyi w’Umunye-Congo
Amakuru

Atworekeye abana mu ntambara: Intimba y’umubyeyi w’Umunye-Congo

Editorial 11 Nov 2022
Uganda: Umunyarwandakazi yishwe n’abantu bataramenyekana
HIRYA NO HINO

Uganda: Umunyarwandakazi yishwe n’abantu bataramenyekana

Editorial 05 Feb 2018
Perezida Kagame yahuye na Faure Gnassingbé wakozwe ku mutima n’iterambere ry’u Rwanda
POLITIKI

Perezida Kagame yahuye na Faure Gnassingbé wakozwe ku mutima n’iterambere ry’u Rwanda

Editorial 13 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru