• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Mugisha Samuel yegukanye agace ka Kigali-Huye muri Tour du Rwanda 2018

Mugisha Samuel yegukanye agace ka Kigali-Huye muri Tour du Rwanda 2018

Editorial 06 Aug 2018 IMIKINO

Umunyarwanda Mugisha Samuel ukinira Ikipe ya Dimension Data yo muri Afurika y’Epfo yegukanye agace ka kabiri ka Tour du Rwanda ka Kigali-Huye ku ntera ya kilometero 120.5, kakinwe kuri uyu wa Mbere, tariki ya 8 Kanama 2018, ahita afata umwambaro w’umuhondo.

Mugisha wacomotse mu gikundi hakiri kare yasoje akurikiwe n’undi Munyarwanda Uwiyeze Jean Claude ukina na POC Côte de Lumière yo mu Bufaransa na Mulu Hailemichael ukomoka muri Ethiopia.

Uyu musore w’imyaka 20 ari gukinira Team Rwanda kuko ikipe ye ititabiriye Tour du Rwanda. Mbere yo guhaguruka yari yatangaje  ko we na bagenzi be batiteguye gukoresha imbaraga nyinshi uyu munsi.

Abakinnyi batanu ba mbere ku rutonde rusange

1. Mugisha Samuel (Team Rwanda)
2. Uwizeye Jean Claude (POC Côte de Lumière yo mu Bufaransa)
3. Mulu Hailemichael (Ethiopia)
4. Lozano Riba David (Team Novo Nordisk)
5. Lagab Azzedine (Algeria)

Uko abakinnyi batanu ba mbere bakurikirana mu gace ka Kigali-Huye:

1. Mugisha Samuel (Team Rwanda)
2. Uwizeye Jean Claude (POC Côte de Lumière yo mu Bufaransa)
3. Mulu Hailemichael (Ethiopia)
4. Munyaneza Didier (Team Rwanda)
5. Doring Jonas (Team Descartes Romandie)

Aka karere gasorejwemo agace ka kabiri ka Tour du Rwanda gafatwa nk’igicumbi cy’intiti bitewe n’abarerewe mu yahoze ari Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (UNR). Iyi Kaminuza yubatse i Ruhande kwa Mpandahande ibitse urwibutso ruhoraho kuri benshi mu ntiti zayinyuzemo mu myaka irenga 50 ishize.

Huye yatoranyijwe mu turere tuzubakwamo imijyi itandatu yunganira uwa Kigali, igomba kuba ifite ibikorwa remezo bifasha guteza imbere abaturage b’icyaro no kuzamura ishoramari rikorerwamo bijyana n’amahirwe y’akazi kadashamikiye ku buhinzi.

Agace ka Kigali-Huye karimo udusozi hafi tune dutandukanye, hakabamo ahantu hanini ho gutambika ndetse no kumanuka bituma bigorana kumenya umukinnyi wakegukana. Mu kugasoza abakinnyi bagera ku murongo akenshi bahatana muri ‘sprint’ iyo baminutse agasozi ko ku Nzu Ndangamurage mbere yo kwinjira mu Mujyi wa Huye.

Byari biteganyijwe ko abakinnyi bahaguruka imbere y’isoko rya Kicukiro saa 10:00 za mu gitondo bagatangira kubarirwa ibihe bageze kuri Station Gemeca nyuma y’ibilometero 9.8 mu mujyi. Umukinnyi wa mbere araba ageze i Huye kuri Casa Hotel aho basoreza hagati ya saa 13 :21 na 13:35 bitewe n’umuvuduko bakoresha.

2018-08-06
Editorial

IZINDI NKURU

Rayon Sports yakiranywe urugwiro n’abanyarwanda benshi batuye i Maputo-Amafoto

Rayon Sports yakiranywe urugwiro n’abanyarwanda benshi batuye i Maputo-Amafoto

Editorial 16 Apr 2018
FERWAFA yashyize hanze ingengabihe y’uko amakipe azahura mu gice cy’imikino yo kwishyura muri Shampiyona y’u Rwanda 2021-2022

FERWAFA yashyize hanze ingengabihe y’uko amakipe azahura mu gice cy’imikino yo kwishyura muri Shampiyona y’u Rwanda 2021-2022

Editorial 08 Feb 2022
Rayon Sports yatsinze Gorilla FC ishimangira umwanya wa mbere – Ibyaranze umunsi wa 10 wa RPL

Rayon Sports yatsinze Gorilla FC ishimangira umwanya wa mbere – Ibyaranze umunsi wa 10 wa RPL

Editorial 24 Nov 2024
Amateka ya Chan kuva igitangira

Amateka ya Chan kuva igitangira

Editorial 06 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amerika yinangiye ku guhindura inyito kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994
INKURU NYAMUKURU

Amerika yinangiye ku guhindura inyito kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Editorial 09 Apr 2018
Abahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi bahabwa umwanya wo kwikosora, bo bakabifata nko kubatinya. Kubajenjekera bizarangira ryari?
Amakuru

Abahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi bahabwa umwanya wo kwikosora, bo bakabifata nko kubatinya. Kubajenjekera bizarangira ryari?

Editorial 08 Mar 2021
Côte d’Ivoire: Perezida Kagame yitabiriye inama izahuza Afurika n’Uburayi
INKURU NYAMUKURU

Côte d’Ivoire: Perezida Kagame yitabiriye inama izahuza Afurika n’Uburayi

Editorial 29 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru