• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Trump aremeza ko Iran ari yo yarashe misile indege yo muri Ukraine

Trump aremeza ko Iran ari yo yarashe misile indege yo muri Ukraine

Editorial 10 Jan 2020 POLITIKI

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri uyu wa Kane tariki 9 Muatarama, yatangaje ko na we afite amakenga ku mpanuka y’indege yo muri Ukraine iherutse gukorera impanuka i Tehran mu gihe itangazamakuru rya Amerika rivuga ko Iran yaba yarayirashe yayibeshyeho.
Perezida Trump yagize ati: “Mfite impungenge zanjye. Hari umuntu ushobora kuba yarakoze ikosa.”

Ibi perezida Trump yabitangaje nyuma y’aho ibinyamakuru nka Newsweek, CBS na CNN bitangarije ko iyi ndege yari irimo abantu 176 bose hamwe bahise bapfa, yarashwe na Iran by’impanuka. Ibi binyamakuru bivuga ko aya ari amakuru bikura mu butasi bwa Amerika ndetse na Irak.

Iyi ndege habanje kuvugwa ko yakoze impanuka nyuma y’akanya gato ihagurutse ku kibuga cy’indege cyo muri Tehran, yerekeje i Kiev muri Ukraine.

Perezida Trump yagize ati: “Bamwe bavuga ko impanuka yatewe n’ibibazo bya tekiniki. Njye ku giti cyanjye sintekereza ko icyo ari n’ikibazo, Hari ikintu giteye ubwoba cyane cyabaye.”

Impanuka y’iyi ndege yabaye mu gitondo cyo kuwa Gatatu ushize, nyuma y’amasaha make Iran irashe misile zigera kuri 20 ku birindiro bibiri bya gisirikare biri muri Irak bicumbikiye ingabo za Amerika.

Abantu batangiye kwibaza ku cyateye impanuka benshi bakeka ko iyi ndege na yo yahanuwe na misile kubera akanya kari kanyuzemo Iran irashe kuri ibyo birindiro, nyuma y’aho drone ya Amerika yiciye Gen. Qaseem Soleimani mu cyumweru gishize.

Ikinyamakuru CBS kuri uyu wa Kane cyatangaje ko amakuru gikura mu buyobozi yemeza ko abayobozi ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika bizeye ko Iran ari yo yahanuye Boeing 737 yo muri Ukraine.

Biravugwa mu gihe OPS GROUP, ikigo gishinzwe ubutasi ku mpanuka z’indege, nacyo muri raporo yacyo cyashyize ahagaragara kuwa gatatu cyavugaga ko hari ibimenyetso bigaragaza ko iyi ndege ya Ukraine International Airlines yarashwe misile.

Amakuru ubu aravuga ko ubutasi bwa Amerika bwabonye ibimenyetso bya radar bicanwa akanya gato mbere y’impanuka, ndetse icyogajuru cya Amerika kikaba cyarabonye haraswa missiles ebyiri mbere y’uko indege ishwanyuka.

Abayobozi bahawe amakuru y’ubutasi kuri uyu wa Kane, banabwiwe ko hari ibice bya misile byatowe hafi y’aho indege yaguye.

Ibindi binyamakuru nka CNN na Newsweek nabyo byatangaje ko abayobozi ba Amerika bizera ko Iran yarashe iriya ndege yayibeshyeho.

Bakeka ko ingabo za Iran zishobora kuba zarabonye ikintu muri radar zigakeka ko zitewe zikarasa, dore ko hari hashize akanya gato zirashe ku birindiro birimo ingabo za Amerika.

Ubuyobozi bw’indege za gisivili muri Iran kuwa gatatu bwakoze iperereza kuri iyi mpanuka, kuri uyu wa kane bwatangaje ko iyi ndege yo muri Ukraine itigeze isaba ubufasha ahubwo yakase ikagaruka i Tehran nyuma yo kugira ikibazo ikimara guhaguruka.

Indege koko amakuru atandukanye akaba avuga ko yarashwe igerageza kugaruka ku kibuga cy’indege cya Tehran.

Ikindi giteye impungenge, ni uko Iran yatangaje ko itazaha abashinzwe iperereza ba Amerika, aho Boeing zikorerwa, udusanduku tw’umukara two muri iyi ndege ngo hashakishwe uko byagenze.

Usibye Amerika, Leta ya Canada n’iya Ukraine nazo ntizemera ibisobanuro bya Iran ko indege yagize impanuka bitewe n’ibibazo bya tekiniki.

2020-01-10
Editorial

IZINDI NKURU

Abatazi Tshisekedi baramubarirwa: Noneho yanze kwakira Intumwa y’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi ngo atamubwira ibyo gusenya FDLR

Abatazi Tshisekedi baramubarirwa: Noneho yanze kwakira Intumwa y’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi ngo atamubwira ibyo gusenya FDLR

Editorial 11 Oct 2024
Perezida Kagame azayobora inama y’abakuru b’ibihugu yiga ku kibazo cya RDC

Perezida Kagame azayobora inama y’abakuru b’ibihugu yiga ku kibazo cya RDC

Editorial 16 Jan 2019
Tshisekedi arashumika inzu agahisha umwotsi: Yahakanye ubusabe bwe bwo kwimurira muri Kongo abajenosideri babaga muri Niger

Tshisekedi arashumika inzu agahisha umwotsi: Yahakanye ubusabe bwe bwo kwimurira muri Kongo abajenosideri babaga muri Niger

Editorial 18 Sep 2024
Tariki ya 6 Mata Ijoro rya nyuma ku Baperezida Babiri ryabaye Imbarutso rwitwazo rwa Jenoside yakorewe Abatutsi -Menya amatariki  Mabi ku Batutsi mu Rwanda 1994

Tariki ya 6 Mata Ijoro rya nyuma ku Baperezida Babiri ryabaye Imbarutso rwitwazo rwa Jenoside yakorewe Abatutsi -Menya amatariki Mabi ku Batutsi mu Rwanda 1994

Editorial 06 Apr 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abarokotse ibitero bya FLN babwiye urukiko inzira y’umusaraba banyuzemo mu ijoro ryo kuwa 15 Ukuboza 2018
Amakuru

Abarokotse ibitero bya FLN babwiye urukiko inzira y’umusaraba banyuzemo mu ijoro ryo kuwa 15 Ukuboza 2018

Editorial 16 Jun 2021
Amavubi yatsinzwe umukino wa kabiri muri Cecafa [ Amafoto ]
IMIKINO

Amavubi yatsinzwe umukino wa kabiri muri Cecafa [ Amafoto ]

Editorial 06 Dec 2017
Nyamirambo: Abantu Bane Bamaze Gupfa Bazize kanyanga bikekwa ko yari yashyizwemo alcool bogesha ibisebe
ITOHOZA

Nyamirambo: Abantu Bane Bamaze Gupfa Bazize kanyanga bikekwa ko yari yashyizwemo alcool bogesha ibisebe

Editorial 10 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru