• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

  • Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC   |   30 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Tshisekedi yijeje gufungura imfungwa zose za politiki

Tshisekedi yijeje gufungura imfungwa zose za politiki

Editorial 25 Jan 2019 INKURU NYAMUKURU

Felix Tshisekedi yarahiriye kuyobora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nka Perezida wa Gatanu.

Mu muhango wabaye kuri uyu wa Kane tariki 24 Mutarama 2019, Tshisekedi yijeje ko mu gihe cya vuba cyane azarekura imfungwa za politiki zose.

Ikindi, Tshidekedi yijeje abanyecongo kurwanya ivangura, irondakarere n’inzangano.

Yakomeje agira ati, “Turashaka kubaka Congo ikomeye iteza imbere imico itandukanye dufite. Tuzateza imbere iki gihugu mu mahoro n’umutekano, Congo irimo kwishyira ukizana kuri buri wese.”

Hagati mu ijambo rye, Tshidekedi yituye hasi, aza gukomeza ijambo nyuma y’iminota mike, nk’uko Al Jazeera ibitangaza.

Umuhango w’irahira rya Tshisekedi witabiriwe n’umuperezida umwe wo mu mahanga, wa Kenya, Uhuru Kenyatta.

Abandi bawitabiriye ni abaminisitiri b’intebe, abaminisitiri n’abambasaderi.

Ni bwo bwa mbere habayeho guhererekanya ubutegetsi muri iki gihugu kuva cyabona ubwigenge mu 1960.

Uyu mugabo agejejwe ku butegetsi n’amatora yabaye kuwa 30 Ukuboza 2018.

Asimbuye Joseph Kabange Kabila wari ufite ubutegetsi kuva mu 2001 ubwo yasimburaga se Laurent Kabila wapfuye arashwe.

Laurent Kabila yari yarasimbuye Mobutu Seseseko mu mwaka wa 1997, uyu Mobutu akaba yarahiritswe amaze imyaka 32 ku butegetsi.

Mobutu yafashe ubutegetsi mu mwaka wa 1965 ahiritse Perezida wa mbere w’iki gihugu gihana umupaka n’u Rwanda, Joseph Kassa-Vubu.

Mobutu azwiho kuba yaranahiritse Minisitiri w’Intebe wa mbere w’iki gihugu, Patrice Lumumba, uyu akaba yarahiritse mu mwaka yatoreweho, mu 1961, yicwa arashwe mu mwaka wakurikiyeho.

Felix Tshisekedi w’imyaka 55 y’amavuko, yavutse nyuma gato y’urupfu rwa Lumumba, akaba ari mwene Etienne Tshisekedi wapfuye umwaka ushize, warwanyije ubutegetsi bwa Mobutu n’ubwa Kabila.

Perezida wa Gatanu wa Congo, Felix Tshisekedi

Felix Tshidekedi arahiye mu gihe umwe mu bo bari bahatanye mu matora, Martin Fayulu yakomeje gutangaza ko ari we watsinze amatora, akavuga ko Tshisekedi bamwibiye amajwi.

Abashyigikiye Tshisekedi barabyina insinzi, bakishimira ahanini ko ubutegetsi buhererekanyijwe bitanyuze mu kumena amaraso nk’uko byagenze mu bihe byahise.

Perezida Tshisekedi ategerejweho gushyiraho Minisitiri w’Intebe mu minsi mike, ubundi agasaranganya ubutegetsi n’ishyaka rya Kabila ryatsindiye 3/4 by’imyanya mu Nteko Ishinga Amategeko.

Joseph Kabila yitabiriye uyu muhango yogoshe bwa bwanwa bwe bwinshi kandi burebure yari amaranye iminsi.

Emmanuel Shadary watsinzwe na Tshisekedi mu matora ndetse wari ushyigikiwe na Kabila, yari muri uyu muhango, ariko Martin Fayulu uvuga ko yibwe insinzi we ntiyari ahari.

Nta n’uhagarariye Kiliziya Gatulika witabiriye uyu muhango, kuko Kiliziya Gatulika yizera ko insinzi ari iya Fayulu nubwo Tsisekedi ari we watangajwe ko yayegukanye, nk’uko bitangazwa na The Washington Post.

2019-01-25
Editorial

IZINDI NKURU

Yatawe muri yombi aje gusomera discours ya Juvenal Habyarimana [ Revolution ya MRND ] mu muhango wo kwibuka

Yatawe muri yombi aje gusomera discours ya Juvenal Habyarimana [ Revolution ya MRND ] mu muhango wo kwibuka

Editorial 08 Apr 2019
Tumenye inkomoko y’insigamigani:”yahihibikanye mu bitazamuhira uboshye Himbara wa Byabagamba”!

Tumenye inkomoko y’insigamigani:”yahihibikanye mu bitazamuhira uboshye Himbara wa Byabagamba”!

Editorial 22 Jan 2021
Abarundi bazindukiye mu matora ya Kamarampaka ishobora kwemerera Nkurunziza kuyobora kugeza mu 2034

Abarundi bazindukiye mu matora ya Kamarampaka ishobora kwemerera Nkurunziza kuyobora kugeza mu 2034

Editorial 17 May 2018
Atworekeye abana mu ntambara: Intimba y’umubyeyi w’Umunye-Congo

Atworekeye abana mu ntambara: Intimba y’umubyeyi w’Umunye-Congo

Editorial 11 Nov 2022
Yatawe muri yombi aje gusomera discours ya Juvenal Habyarimana [ Revolution ya MRND ] mu muhango wo kwibuka

Yatawe muri yombi aje gusomera discours ya Juvenal Habyarimana [ Revolution ya MRND ] mu muhango wo kwibuka

Editorial 08 Apr 2019
Tumenye inkomoko y’insigamigani:”yahihibikanye mu bitazamuhira uboshye Himbara wa Byabagamba”!

Tumenye inkomoko y’insigamigani:”yahihibikanye mu bitazamuhira uboshye Himbara wa Byabagamba”!

Editorial 22 Jan 2021
Abarundi bazindukiye mu matora ya Kamarampaka ishobora kwemerera Nkurunziza kuyobora kugeza mu 2034

Abarundi bazindukiye mu matora ya Kamarampaka ishobora kwemerera Nkurunziza kuyobora kugeza mu 2034

Editorial 17 May 2018
Atworekeye abana mu ntambara: Intimba y’umubyeyi w’Umunye-Congo

Atworekeye abana mu ntambara: Intimba y’umubyeyi w’Umunye-Congo

Editorial 11 Nov 2022
Yatawe muri yombi aje gusomera discours ya Juvenal Habyarimana [ Revolution ya MRND ] mu muhango wo kwibuka

Yatawe muri yombi aje gusomera discours ya Juvenal Habyarimana [ Revolution ya MRND ] mu muhango wo kwibuka

Editorial 08 Apr 2019
Tumenye inkomoko y’insigamigani:”yahihibikanye mu bitazamuhira uboshye Himbara wa Byabagamba”!

Tumenye inkomoko y’insigamigani:”yahihibikanye mu bitazamuhira uboshye Himbara wa Byabagamba”!

Editorial 22 Jan 2021
prev
next

2 Ibitekerezo

  1. Sacyega
    January 25, 20198:56 pm -

    Ibyo avuga nibyo, azafungure imfungwa za politique n’ibi bihugu bindi bijye bireberaho, ntibumve ko Perezident azajya avaho apfuye, uwo badahuje igitekerezo akaba umwanzi w’igihugu, nk’uko amategeko ari abantu bagomba kugira uburenganzira bungana ku Gihugu cyabo , ucuruza agakora ntacyo yikanga , uworora nawe bikaba uko, ntihabeho kwiharira amasoko, ukoze ikosa uwo yaba ariwe wese agahanwa, nibwo amahoro azaboneka muri Afrika, ntihagire uwumva ko ari hejuru y’abandi.

    Subiza
  2. Btwenge
    January 25, 20199:27 pm -

    Yewe kuba umugabo nta ariko uba
    Ufite ibice bimwe byumubiri umugore
    Atagira!!! Kuba umugabo ni mumutwe!!
    Ubonye ngo Kabila. Arushe ubugabo
    Babandi biyita ibihangange maze abashaka kubariiraho bagakomamashyi?
    Kabila wumwana wejobundi arushe
    Ibisaza byibisahiranda kureba kure?
    Kabila agiye kurya utwe mumahoro
    Mugihugu cye!! Ntacyo ashinjwa
    Nabaturage!

    icyo ukoze cyaba kibi cyangwa cyiza
    Ujyumenya yuko uzagisanga imbere
    Kigutegereje!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru