• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu   |   25 May 2025

  • Ibikorwaremezo, Guteza imbere umukino n’impano, ishoramari ryagutse ku gihugu – inyungu ku Rwanda mu kwakira BAL   |   24 May 2025

  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda n’uko bakora ( Igice 15 )

Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda n’uko bakora ( Igice 15 )

Editorial 09 May 2016 ITOHOZA

Kubera ibihe by’icyunamo twarimo byatumye tudakomeza kubagezaho ubucukumbuzi ku mikorere n’imigambi mibi ya bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda n’abaterankunga babo, ndetse n’abahakana ba kanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Muri iyi nyandiko turibanda kuri Safari Stanley na Rujugiro Ayabatwa Tribert.

Safari Stanley :

-2750.jpg

Yabaye Depite na Senateri muri Leta iriho ubu,avuka I Save mu karere ka Gisagara, akaba yarahunze iguhugu mu mwaka wa2009, aho yari atangiwe guhatwa ibibazo n’inkiko Gacaca z’aho iwabo akomoka. Safari kandi ubwo, yari avuye I Kigali ahunga interahamwe kuko yari mu ishyaka rya MDR igice cya Twagiramungu, amaze gusenyerwa iwe I Gikondo, nyuma y’iyicwa rya Uwiringiyimana Agatha.

Amakuru twabonye avuga ko Safari mu kugera I Butare, yagiye muri Brinde ya gisilikare yahawe na Sindukubwabo Theodor , kuko umugore wa Safari ava inda imwe n’uwa Sindikubwabo kwa se wabo, ageze I Butare I Tumba ngo yanze kurushwa, nawe ajya mu nteko zapanganga ubwicanyi, ari nabyo yabazwaga muri Gacaca.

Izo nzego zohejuru yakunze kugaragaramo, n’uburyo yashishikaraga cyane gushinja MDR kuba ishyaka rishingiye ku ivanguramoko mu isenyuka ryayo, byatumye batinda kumwibazaho, n’abaturage b’I Save bagatinya kumushinja. Byarangiye ariko batinyutse, maze ibimenyetso bigiye kumufata abaca mu myanya y’intoki ajya Kampala afata rutema ikirere yerekeza muri Afurika y’Epfo n’ubu niyo yibera.

Safari umusaza ukunda kwivuguruza cyane, kandi udatinya no kugambanira bagenzi be. Ibyo byahamywa cyane n’abayobozi babanaga mu ishyaka.

Ubu rero nk’undi wese uhunze amakosa , ushaka kwikura mu kimwaro, avuga ko yahunze azira ishyaka rye yari amaze gushinga ko ngo yanze gukorera muri FPR, avuga ko ubuyobozi bwose ari ubw’abatutsi, kandi nawe yemera ko yabaye Depite na Senateri.

Ikindi n’ubwo avuga ko yemera Genocide, we avuga ko leta y’u Rwanda ariyo iyipfobya ngo bayigize igikangisho cyo gukanyaga abahutu batavuga rumwe n’ubutegetsi.

Safari Stanley ubu umaze no gusaza, asigaye agaragara mu myigaragambyo yamagana Perezida Kagame wamugize Senateri muri ya myanya ye, yambaye ibyapa mu gatuza bivuga nabi umukuru w’igihugu, Safari yemera imigabo n’imigambi ngo ya RNC, ishyaka rya Kayumba Nyamwasa na bagenzi be yizerako ngo ariryo rizamusubiza imyanya y’icyubahiro mu Rwanda.

Safari uvugwa mu rupfu rwa Salomon wari murumuna we bapfaga imitungo yahoraga amufungisha nyuma aramwirenza. Ndagijimana uvugwa murupfu rwa Mathias bitaga umukombozi wacuruzaga muri Matheus ni murumuna wa Safari, yakomeje kumukingira ikibaba yitwaje imyanya yarimo y’ubuyobozi, kugeza amuhungishirije muri Zambia ,yajyaga aza akanamuhisha.

Safari yari afite amadosiye nkayi ingurube, hari umubaji bapfaga Aterie ibaza bari basangiye arayimurya uyu bahoraga mu manza. Icyaje gutangaza abanyamakuru bacu n’ukuntu umuntu yari abereyemo ideni, yamuhamagaye ngo namusange ku nteko ishingamategeko amwishyure agezeyo na facture ayimuhereje arayirya arayimira.

Safari yavuzweho kwica umuboyi we umujijije Isake yokeje nibyinshi…….n’ubu ariko abo avuga ko ari kumwe mu murongo wo kurwanya Leta ntibamwemera, bamushinja kwivuguruza cyane, no guhinduka bikurikije inyungu z’ako kanya.

Rujugiro Ayabatwa Tribert

-2749.jpg

Ni umunyemari watangiye gucururiza mu gihugu cy’Uburundi mu mwaka 1970, ahera kuri Kamyoneti itwara ibintu agatwaramo n’abantu, uko akomerezaho, aza kuvamo umunyemari ukomeye,abikesha no gukorana n’abayobozi b’igihugu cy’Uburundi.

Yaje gucengera ubuyobozi, yiyegereza Perezida Micombero, undi nawe amwegurira amasoko yose ya Lata. Nyamara nyuma y’uko Bagaza ahirikiye Micombero ku butegetsi, Rujugiro yahise amutera ibitugu akeza uwimye, ndetse bikanavugwa ko icyiru yatanze cy’uko yakoranaga n’uwo bahiritse, ngo Bagaza niwe yashinze dossier yo kujya kwicira Micombero aho yari mu buhungiro muri Somaliya, akoranye n’umusomali witwa H.H ABDI, wajyanye amafaranga I Mogadiscio ayahawe na Rujugira yo kugurira umuganga wavuraga Micombero, ngo amutere urw’ingusho.

Rujugiro ahita ahinduka inshuti ya Bagaza gutyo, nawe aramutonesha, amuha ibikingi n’ amasoko yose yo mu gihugu, bafatanya kugisahura. Buyoya ahiritse mubyara we Bagaza ku butegetsi, yari azi ayo makuru yose y’ukuntu Bagaza akorana na Rujugiro, n’ukuntu yagambaniye mubyara wabo wundi ariwe Micombero, ahita amufunga mu Ruyigi, aho ni hafi y’umupaka wa Tanzaniya, amarayo imyaka itatu, aza gutoroka Gereza, ndetse atorokana n’abari bashinzwe kumurinda, baca Tanzaniya bakomeza iya Uganda.

Rujugiro wari umaze kubona amafanga menshi aturutse muri ubwo bugambanyi bwose, nibwo atangiye ubucuruzi mpuzamahanga, buramuhira, ahinduka umugwizatunga atyo, ashinga ibirindiro bikuru muri Afurika y’epfo. Kubera kumenya gutanga za Ruswa, yagiye anyereza imisoro y’ibihugu yakoreragamo, ari nabyo byatumye igihugu cya Afurika y’Epfo kimurega agafungirwa mu bwongereza, aho bamwambitse inzogera kugirango atazatoroka.

Aho niho yatangiye kwikoma u Rwanda na Perezida Kagame, amuziza ko atamufunguje ngo kandi bari inshuti. Aha yiyibagiza ko Kagame mu gihe watangiye iby’amanyanga akabimenya, ubucuti buhagararira aho! Atangira ubwo gutera inkunga abarwanya Leta nka RNC ya Kayumba Nyamwasa, FDLR naba David Himbara basangiraga urumogi.

U Rwanda narwo yari yaratangiye kurwiba

Rujugiro niwe wari ukuriye ishyirahamwe y’abashoramari rya RIG ari naryo ryaje kwegurirwa Cimerwa , uruganda rwa Sima mu Bugarama, mu rwego rwo kwegurira ibigo bya Leta abikorera ku giti cyabo.

Mu gusana uruganda, no kurwongera ubushobozi byari byasabwe n’umukuru w’igihugu yaje kujya mu bushinwa aryamo icyacumi atanga amafaranga y’umurengera ya RIG, maze ibikoresho byavaga mu bushinwa abicamo imizigo ibiri, iza mu Rwanda n’ijya mu ruganda rwe rwa Sima yubakaga mu Burundi mu Kibitoke. Ibyo byose byagiye bimuteranya na Leta na Kagame.

Rujugiro yashatse kurya iritubutse mu mushinga Kigali Convention Center uramuhagama, aca i bujumbura asubira muri Afrika y’epfo.

Kugeza ubu Rujugiro ahakana atsemba ko ntaho ahuriye na ba Kayumba Nyamwasa na FDLR, nyamara ibimenyetso bikagaragaza ko ariwe muterankunga wabo wa mbere. Uwububa abonwa n’uhagaze” Les faits sont Tetus”.

Biracyaza…

Cyiza Davidson

2016-05-09
Editorial

IZINDI NKURU

Amerika yizeye ubufasha bw’u Burusiya n’u Bushinwa mu kurangiza ikibazo cya Koreya ya Ruguru

Amerika yizeye ubufasha bw’u Burusiya n’u Bushinwa mu kurangiza ikibazo cya Koreya ya Ruguru

Editorial 30 Aug 2017
Icyerekanye uko Isi izaba imeze muri 2022. Yaburiye Amerika ko mu myaka 5 ishobora kuba yaratakaje ubuhangange itabaye maso

Icyerekanye uko Isi izaba imeze muri 2022. Yaburiye Amerika ko mu myaka 5 ishobora kuba yaratakaje ubuhangange itabaye maso

Editorial 24 Jan 2017
Impamvu Genocide mu Rwanda itari kuba u Bufaransa butabigizemo uruhare

Impamvu Genocide mu Rwanda itari kuba u Bufaransa butabigizemo uruhare

Editorial 07 Nov 2017
Urubanza rw’abasirikari b’Abarundi bahunze umuriro wa M23 rugeze mu bujurire

Urubanza rw’abasirikari b’Abarundi bahunze umuriro wa M23 rugeze mu bujurire

Editorial 07 Nov 2024
Amerika yizeye ubufasha bw’u Burusiya n’u Bushinwa mu kurangiza ikibazo cya Koreya ya Ruguru

Amerika yizeye ubufasha bw’u Burusiya n’u Bushinwa mu kurangiza ikibazo cya Koreya ya Ruguru

Editorial 30 Aug 2017
Icyerekanye uko Isi izaba imeze muri 2022. Yaburiye Amerika ko mu myaka 5 ishobora kuba yaratakaje ubuhangange itabaye maso

Icyerekanye uko Isi izaba imeze muri 2022. Yaburiye Amerika ko mu myaka 5 ishobora kuba yaratakaje ubuhangange itabaye maso

Editorial 24 Jan 2017
Impamvu Genocide mu Rwanda itari kuba u Bufaransa butabigizemo uruhare

Impamvu Genocide mu Rwanda itari kuba u Bufaransa butabigizemo uruhare

Editorial 07 Nov 2017
Urubanza rw’abasirikari b’Abarundi bahunze umuriro wa M23 rugeze mu bujurire

Urubanza rw’abasirikari b’Abarundi bahunze umuriro wa M23 rugeze mu bujurire

Editorial 07 Nov 2024
Amerika yizeye ubufasha bw’u Burusiya n’u Bushinwa mu kurangiza ikibazo cya Koreya ya Ruguru

Amerika yizeye ubufasha bw’u Burusiya n’u Bushinwa mu kurangiza ikibazo cya Koreya ya Ruguru

Editorial 30 Aug 2017
Icyerekanye uko Isi izaba imeze muri 2022. Yaburiye Amerika ko mu myaka 5 ishobora kuba yaratakaje ubuhangange itabaye maso

Icyerekanye uko Isi izaba imeze muri 2022. Yaburiye Amerika ko mu myaka 5 ishobora kuba yaratakaje ubuhangange itabaye maso

Editorial 24 Jan 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru