• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»U Bufaransa ntibwanyuzwe n’intsinzi ya Félix Tshisekedi watorewe kuyobora RDC
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Bufaransa, Jean-Yves Le Drian yagaragaje impungenge ku byatangajwe mu matora ya RDC

U Bufaransa ntibwanyuzwe n’intsinzi ya Félix Tshisekedi watorewe kuyobora RDC

Editorial 10 Jan 2019 POLITIKI

Impungenge ni zose ku ntsinzi y’umukandida utavuga rumwe na Leta Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, nyuma y’uko bamwe mu bo bari bahanganye bayamaganye, u Bufaransa bukagaragaza ko butanyuzwe.

Komisiyo y’amatora mu ijoro rishyira kuri uyu wa Kane, yatangaje ibyavuye mu matora ya Perezida yabaye tariki 30 Ukuboza 2018 byari bitegerejwe na benshi.

Muri 97 % y’amajwi amaze kubarurwa, Tshisekedi ni we waje imbere n’amajwi 38.57 %, akurikirwa na Martin Fayulu wagize amajwi 34.83 % naho Emmanuel Ramazani Shadary yaje ku mwanya wa gatatu n’amajwi 23.84 % .

RFI yatangaje ko Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Bufaransa, Jean-Yves Le Drian yagaragaje impungenge ku byatangajwe mu matora ya RDC.

Le Drian yavuze ko bihabanye n’ibyo bari bagiye babona hirya no hino, gusa asaba umutuzo mu gihe bagitegereje uko bigenda.

Ati “Bisa n’aho ibyatangajwe byo gutsinda kwa Tshisekedi bitajyanye n’ibyo twagiye tubona kuko abasenyeri bakoze igenzura batangaza ibihabanye na biriya. Nkeka ko dukwiye gukomeza gutuza tukirinda imvururu tugategereza umucyo ku byavuye mu matora .”

Yakomeje agira ati “U Bufaransa bugomba kugira icyo buvuga kuko ni kimwe mu bihugu bigize akanama k’umutekano ka Loni. Mu cyumweru gishize twahamagaye ako kanama kugira ngo gakurikirane ko ibitangazwa biba ibihuye n’ukuri.”

Mu Cyumweru gishize, Inama nkuru y’Abepiskopi Gatolika muri RDC (Cenco) yari yatangaje ko izi uwatsinze amatora, isaba Komisiyo y’amatora kutazatangaza ibihabanye n’ibyo abaturage batoye.

Cenco ivuga ko yohereje indorerezi zayo mu biro by’itora bigera ku bihumbi 50, mu biro by’itora 70 000 byari mu gihugu hose.

Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI) yatangaje ko bamwe mu badipolomate babashije kubona raporo ya Cenco, bemeza ko Martin Fayulu ari we watsinze amatora.

Fayulu yabwiye RFI ko ibyo Komisiyo y’amatora yatangaje ari agahomamunwa akandi bihabanye n’ibyo abaturage batoye.

Yagize ati “Ni agahomamunwa. Abantu bakunze kujya babeshya abaturage none barashaka gukomeza kubabeshya. Barabizi ko Tshisekedi atatsinze, ntashobora gutsinda. Intsinzi ni iy’abaturage niba twubaha abaturage, tugomba kuyibaha. Nibo bahisemo.”

Fayulu yavuze ko amajwi agomba kubarwa bundi bushya, agatangazwa ibiro by’itora ku bindi.

Ati “Mu 2006, bibye intsinzi ya Jean Pierre Bemba, mu 2011 bibye intsinzi ya Etienne Tshisekedi, uyu munsi ntabwo bashobora kongera kwiba instinzi y’abaturage.”

Fayulu yavuze ko habayeho ubwumvikane hagati y’abambari ba Perezida Joseph Kabila ndetse n’aba Tshisekedi bagapanga uko biba amajwi.

Uwari ukuriye ibikorwa byo kwiyamamaza bya Tshisekedi, Vital Kamerhe yemereye RFI ko bahuye koko ariko ngo baganairaga ku buryo bwo kubungabunga umutekano muri ibi bihe by’amatora.

Yavuze ko iyo haza kubaho kuganira kwiba amajwi, impuzamashyaka ya Tshisekedi yakabaye yanatsinze mu matora y’Abadepite n’ayo ku rwego rw’Intara.

Hategerejwe kumva icyo Cenco itangaza nyuma y’ibyo Komisiyo y’amatora yatangaje.

Abatishimiye ibyavuye mu matora bahabwa iminsi icumi yo kujuririra urukiko rurinda Itegeko Nshinga.

Ni ubwa mbere muri RDC hagiye kuba ihererekanya ry’ubutegetsi rikozwe mu mahoro kuva icyo gihugu cyabona ubwigenge mu 1960.

2019-01-10
Editorial

IZINDI NKURU

Umusore ufite inkomoko mu Rwanda yatorewe kuba Umudepite mu Bufaransa

Umusore ufite inkomoko mu Rwanda yatorewe kuba Umudepite mu Bufaransa

Editorial 19 Jun 2017
Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo

Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo

Editorial 02 Jul 2025
Burundi: Umucamanza wigeze intebe y’umukuru w’igihugu ari mu mazi abira

Burundi: Umucamanza wigeze intebe y’umukuru w’igihugu ari mu mazi abira

Editorial 10 Jan 2019
“Gusaba u Rwanda urutonde rw’abo ufunze kugira ngo ubafungure ni ukwigiza nkana”

“Gusaba u Rwanda urutonde rw’abo ufunze kugira ngo ubafungure ni ukwigiza nkana”

Editorial 13 Nov 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Byari nk’igitangaza kubona APR itsindwa na Rayon Sports ku gikombe cy’amahoro
IMIKINO

Byari nk’igitangaza kubona APR itsindwa na Rayon Sports ku gikombe cy’amahoro

Editorial 05 Jul 2016
Mu kurangiza gusenya Top Tower nta wakomeretse  cyangwa ngo ahasize ubuzima nkuko byatangajwe n’uhagarariye EU mu Rwanda
Mu Rwanda

Mu kurangiza gusenya Top Tower nta wakomeretse cyangwa ngo ahasize ubuzima nkuko byatangajwe n’uhagarariye EU mu Rwanda

Editorial 24 Jul 2017
Davos: Perezida Kagame azagirana ikiganiro na Perezida Donald Trump
INKURU NYAMUKURU

Davos: Perezida Kagame azagirana ikiganiro na Perezida Donald Trump

Editorial 24 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru