• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»U Buyapani bwahaye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 90 $ yo kurwanya igwingira mu bana

U Buyapani bwahaye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 90 $ yo kurwanya igwingira mu bana

Editorial 16 Aug 2019 UBUKUNGU

U Buyapani bubicishije mu Kigo cy’Ubutwererane Mpuzamamahanga (JICA), cyahaye u Rwanda inguzanyo ya miliyari 10 z’Amayeni y’u Buyapani, ni ukuvuga miliyoni 90 z’amadorali ya Amerika azakoreshwa mu kuvugurura ubuhinzi hagabanywa ikibazo cy’igwingira ry’abana.

Aya masezerano yabereye ku cyicaro gikuru cya Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, ashyirwaho umukono na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana, Ambasaderi w’u Buyapani mu Rwanda, Takayuki Miyashita n’Umuyobozi wa JICA mu Rwanda, Shin Maruo.

Dr Ndagijimana yavuze ko iyi inguzanyo iciriritse cyane kuko inyungu yayo ari 0.01% kandi ikaba izishyurwa mu gihe kirekire kingana n’imyaka 40, imyaka 10 ibanza u Rwanda rukaba ruyisonewe.

Ati “Iyi ni gahunda igamije kuzamura ubuhinzi ariko no gukemura ikibazo cy’imirire, izashyirwa mu bikorwa na Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi ifatanyije na RAB, gahunda y’igihugu ijyanye n’ubuzima bw’umwana ukiri muto ndetse n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, RBC.”

Yavuze ko kuba u Buyapani buzatanga aya mafaranga biciye mu ngengo y’imari y’u Rwanda, bigaragaza uburyo iki guhugu gikomeje kwishimira imiyoborere myiza iri mu gihugu n’uburyo umutungo w’igihugu ukoreshwa.

Ati “Ubundi Abayapani badufasha mu mishinga ijyanye n’amashanyarazi, ubuhinzi n’imihanda ariko aya mafaranga yo agenewe uyu munsinga gusa, iyi kandi ni inshuro ya mbere iki gihugu gitanze amafaranga anyujijwe mu ngengo y’imari, biha ubwigenge leta mu bijyanye n’imikoreshereze yayo, leta nayo ikaba isabwa kugaragaza icyo igomba kugeraho, ibipimo bagomba kugenderaho no kureba ko ya nkunga koko yageze ku ntego.”

Yavuze ko “Ibi bigaragaza icyizere u Buyapani bufite mu micungire no mu miyoborere y’igihugu cyacu, kuko bo ntabwo binjira mu byo dukora ahubwo baza kureba ibyo twagezeho.”

Ambasaderi w’u Buyapani mu Rwanda, Takayuki Miyashita, na we yavuze ko uretse kuba batanze iyi nguzanyo, iki gihugu gisanzwe gifasha u Rwanda mu kubaka imihanda.

Ku bijyanye no gucisha aya mafaranga mu ngengo y’imari, Miyashita yagize ati “Impamvu leta y’u Buyapani yahisemo ko aya mafaranga acishwa mu ngengo y’imari ni uko yizera uko ishyira mu bikorwa ibyo iba yariyemeje ndetse n’imicungire y’ayo mu gukora ibyo yateganyirijwe.”

Yavuze ko aya mafaranga azakoreshwa mu gukemura ikibazo cy’imirire mibi, ashima uburyo leta y’u Rwanda ikomeje gushyira imbaraga mu guhindira ubukungu bw’abaturage n’igihugu muri rusange.

Ati “Buri mwaka ubukungu bw’u Rwanda buzamuka ku gipimo kiri hejuru ya 7%, ibi bituma iki kiba igihugu kidasanzwe kandi bigatuma abashoramari benshi b’Abayapani baza mu Rwanda kuhashora imari.”

Aya mafaranga azatangwa mu byiciro bitatu, kimwe muri uyu mwaka, ikindi mu 2020 naho icya gatatu mu 2021.

Kuva mu 2012 igwingira ry’abana bari hagati y’amezi atandatu kugeza ku myaka itanu ryagiye rigabanuka. Ryavuye kuri 42% rigera kuri 35% mu 2018.

Ibi bisobanuye ko igabanuka ryabaye ku kigero cya 7% gusa bikaba bigaragaza ko bigenda gake kuko leta ifite intego ko mu 2023/2024 abana bagwingiye bagomba kuba bari munsi ya 19%.

Src : IGIHE

2019-08-16
Editorial

IZINDI NKURU

Zambia : Perezida Kagame yasuye uruganda rukora ibyuma

Zambia : Perezida Kagame yasuye uruganda rukora ibyuma

Editorial 20 Jun 2017
U Rwanda rwahawe inguzanyo ya miliyari 110 Frw zigiye gushorwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

U Rwanda rwahawe inguzanyo ya miliyari 110 Frw zigiye gushorwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

Editorial 17 Nov 2018
MINICOM iraburira Abacuruzi bazamura ibiciro by’ibicuruzwa, bitwaje icyorezo cya Coronavirus

MINICOM iraburira Abacuruzi bazamura ibiciro by’ibicuruzwa, bitwaje icyorezo cya Coronavirus

Editorial 17 Mar 2020
Berlin G20: Perezida Kagame yeretse ibihugu bikize aho bikwiye gushora imari muri Afurika

Berlin G20: Perezida Kagame yeretse ibihugu bikize aho bikwiye gushora imari muri Afurika

Editorial 13 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Sudani: Abavandimwe ba Omar al Bashir batawe muri yombi
POLITIKI

Sudani: Abavandimwe ba Omar al Bashir batawe muri yombi

Editorial 18 Apr 2019
Abantu 17 baguye mu gitero cy’Abiyahuzi muri Burkina Faso.
Mu Rwanda

Abantu 17 baguye mu gitero cy’Abiyahuzi muri Burkina Faso.

Editorial 14 Aug 2017
Police Kill 3 People believed to be robbers not extremists
ITOHOZA

Police Kill 3 People believed to be robbers not extremists

Editorial 23 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru