• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»U Bwongereza burashima uko u Rwanda rwiteguye kwakira inama ya CHOGM

U Bwongereza burashima uko u Rwanda rwiteguye kwakira inama ya CHOGM

Editorial 18 Feb 2020 UBUKUNGU

Mu gihe hasigaye gusa amezi ane ngo u Rwanda rwakire inama ikomeye y’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bikoresha Icyongereza (CHOGM), iki gihugu cyatangaje ko gahunda zose bigaragara ko ziri ku murongo nubwo mu mezi asigaye hari ibirimo gukorwamo.

Inama ya CHOGM biteganyijwe ko izaba ku wa ‎22–27 Kamena 2020, izitabirwa n’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma 53 bikoresha ururimi rw’Icyongereza.

Ambasaderi w’u Bwongereza mu Rwanda, Jo Lomas, yatangaje ko igihugu kirimo gukoresha ingufu kugira ngo ibisigaye bigerweho.

Yagize ati “Uku kwitegura kuri mu ngeri zitandukanye harimo kubaka imihanda, gutegura abantu, inzego za leta uburyo zirimo gutegura ibintu bizakoreshwa, kubaka amahoteli n’ibindi, mu mezi asigaye haracyari bimwe byo gukora ariko niho twari turi mu myaka ibiri ishize ubwo twakiraga inama nk’iyi.”

“Ariko turi mu nzira nziza, kuri buri wese utegura inama nk’iyi ahura n’imbogamizi, nubwo hari imbogamizi ariko navuga ko u Rwanda rurimo gukora ibintu byiza.”

Ambasaderi Lomas ubwo yabazwaga uburyo u Bwongereza n’ubunyamabanga bwa CHOGM barimo gufatanya n’u Rwanda, yasobanuye ko hari ubufatanye buhari.

Yagize ati “Nitwe twakiriye inama iheruka ubu icyo turimo gukora ni ugusangizanya ubunararibonye mu mitegurire no gusubiza ibibazo. Hari ibibazo by’uko ibintu nka biriya bikorwa ari byo tuganiraho mu nama”.

Izaba ari inama y’u Rwanda, hari ibintu bike batwigiraho nk’abantu baheruka kuyakira ariko barimo kuyitegura mu buryo bwabo.”

Avuga ko CHOGM izashyira u Rwanda ku ruhando mpuzamahanga, kuko hari abantu bamwe bakibona u Rwanda mu rwego rw’Igihugu cyahuye na Jenoside yakorewe Abatutsi gusa, bakaba batazi ibyo u Rwanda rwagezeho.

Ati “Abantu benshi bazasobanukirwa ibyo u Rwanda rwagezeho mu myaka 26 ishize kuko ni byinshi, bamwe mu bacuruzi bazatekerezaga gukorana n’u Rwanda, hazaba hari amahirwe ku bantu yo kumenya uburyo u Rwanda rwabafasha byaba mu bukerarugendo n’ibindi.”

“Hazaba kandi inama y’abacuruzi, ubwo nari mu Bwongereza mu nama yahuje iki gihugu na Afurika, nitabiriye inama na RDB, twabonyemo abacuruzi barenga 40 bishimiye uburyo u Rwanda rwabafasha, ndatekereza ko ari na ko bizagenda kandi hari amahirwe menshi azava muri iyo nama.”

Ubwo yabazwaga ku mpamvu abona abashoramari bitabira iyi nama, Jo Lomas, yavuze ko ibigo by’ishoramari mu Rwanda bikwiye kugaragaza ibyo byagezeho, gusa akagaragaza ko u Rwanda hari byinshi rumaze gukora harimo ibijyanye no guteza imbere indabo, ikoranabuhanga no guhanga udushya.

Ati “Kuba u Rwanda rwaragaragaje ko ari igihugu gifasha ishoramari, guhanga udushya, ibi nibyo byatumye ibigo bikomeye nka Volkswagen biza mu gihugu, aha niho u Rwanda rwagaragaza nk’ahantu heza h’ishoramari.”

Uyu muyobozi kandi agaragaza ko bimwe mu bizaba biri muri iyi nama, ari uko u Rwanda ruzafata umwanya wo kuyobora uyu muryango mu gihe cy’imyaka ibiri.

Agaragaza ko iyi nama igomba gutanga umusaruro ukomeye, akaba ari nayo mpamvu banahisemo ko baganira ku bijyanye n’imihindagurikire y’ikirere.

“Uburyo bwiza bwo kubikora ni uguhitamo ibintu bitanga umusaruro, niyo mpamvu twahismo imihindagurikire y’ikirere kugira ngo bibe mu byo tugomba kuganiraho, twiteze kuzabona abanyamuryango bafata iya mbere nu guhangana n’ibi bibazo.”

Muri Mutarama uyu mwaka, u Bwongereza bwakiriye inama yabuhuje n’umugabane wa Afurika.

Uyu muyobozi ubwo yabazwaga ibyo atekereza byaba byarafashije u Rwanda, yavuze ko ari byinshi ariko uruhare runini rufitwe n’ibigo by’ishoramari.

Yagize ati “Ku ruhande rumwe, ni uruhare rw’ibihugu ndetse n’ibigo kuba byashaka uko bikorana, twakoze nk’abantu bafasha ngo tubahuze, ariko uruhare runini byari ugutanga amahirwe kugira ngo hafungurwe iyo nzira, ubu hari ibiganiro bikomeye nyuma y’iyi nama kandi twizera ko hazavamo ibintu byiza.”

Yasobanuye kandi ko ku nshuro ya mbere u Rwanda rwagurishije ku isoko ry’u Bwongereza impapuro mpeshwamwenda ibi bikorwa mu maso y’abashoramari.

Ambasaderi Jo Lomas asanga hari byinshi u Bwongereza bwashoramo imari mu Rwanda birimo n’indabo.

Ati “Dutekereza ko hari byinshi byakorwa mu bijyanye no kuba indabo zatunganywa, ahandi ni nko mu by’ubuzima, gutegura inama, ubukerarugendo, twagiye kandi dukorana no mu bijyanye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ariko uruhare runini rufitwe n’u Rwanda.”

Avuga ko u Bwongereza bwiyemeje gushora arenga miliyari 11 z’ama-pound mu rwego mpuzamahanga mu guhangana n’imihindagurikire y’ikirere mu myaka itanu iri imbere, akagaragaza ko iki gihugu cyagiye gifatanya n’ikigo FONERWA kugira ngo u Rwanda rugire uburyo rufashwa mu kugera ku nkunga zitandukanye.

Src : Igihe

2020-02-18
Editorial

IZINDI NKURU

Uburengerazuba: Abibumbiye mu makoperative beretswe inyungu iri mu kwizigamira muri ‘‘Ejo Heza’’

Uburengerazuba: Abibumbiye mu makoperative beretswe inyungu iri mu kwizigamira muri ‘‘Ejo Heza’’

Editorial 17 Dec 2019
Kuki nka Afurika dukomeza kugondoza Imana? -Perezida Kagame

Kuki nka Afurika dukomeza kugondoza Imana? -Perezida Kagame

Editorial 08 Oct 2018
Byose tubikesha Perezida Kagame

Byose tubikesha Perezida Kagame

Editorial 13 May 2016
BRD imaze kugaruza arenga miliyari 5 Frw mu nguzanyo z’abigiye kuri buruse ya Leta

BRD imaze kugaruza arenga miliyari 5 Frw mu nguzanyo z’abigiye kuri buruse ya Leta

Editorial 18 Jul 2018
Uburengerazuba: Abibumbiye mu makoperative beretswe inyungu iri mu kwizigamira muri ‘‘Ejo Heza’’

Uburengerazuba: Abibumbiye mu makoperative beretswe inyungu iri mu kwizigamira muri ‘‘Ejo Heza’’

Editorial 17 Dec 2019
Kuki nka Afurika dukomeza kugondoza Imana? -Perezida Kagame

Kuki nka Afurika dukomeza kugondoza Imana? -Perezida Kagame

Editorial 08 Oct 2018
Byose tubikesha Perezida Kagame

Byose tubikesha Perezida Kagame

Editorial 13 May 2016
BRD imaze kugaruza arenga miliyari 5 Frw mu nguzanyo z’abigiye kuri buruse ya Leta

BRD imaze kugaruza arenga miliyari 5 Frw mu nguzanyo z’abigiye kuri buruse ya Leta

Editorial 18 Jul 2018
Uburengerazuba: Abibumbiye mu makoperative beretswe inyungu iri mu kwizigamira muri ‘‘Ejo Heza’’

Uburengerazuba: Abibumbiye mu makoperative beretswe inyungu iri mu kwizigamira muri ‘‘Ejo Heza’’

Editorial 17 Dec 2019
Kuki nka Afurika dukomeza kugondoza Imana? -Perezida Kagame

Kuki nka Afurika dukomeza kugondoza Imana? -Perezida Kagame

Editorial 08 Oct 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru