• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»U Bwongereza burashima uko u Rwanda rwiteguye kwakira inama ya CHOGM

U Bwongereza burashima uko u Rwanda rwiteguye kwakira inama ya CHOGM

Editorial 18 Feb 2020 UBUKUNGU

Mu gihe hasigaye gusa amezi ane ngo u Rwanda rwakire inama ikomeye y’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bikoresha Icyongereza (CHOGM), iki gihugu cyatangaje ko gahunda zose bigaragara ko ziri ku murongo nubwo mu mezi asigaye hari ibirimo gukorwamo.

Inama ya CHOGM biteganyijwe ko izaba ku wa ‎22–27 Kamena 2020, izitabirwa n’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma 53 bikoresha ururimi rw’Icyongereza.

Ambasaderi w’u Bwongereza mu Rwanda, Jo Lomas, yatangaje ko igihugu kirimo gukoresha ingufu kugira ngo ibisigaye bigerweho.

Yagize ati “Uku kwitegura kuri mu ngeri zitandukanye harimo kubaka imihanda, gutegura abantu, inzego za leta uburyo zirimo gutegura ibintu bizakoreshwa, kubaka amahoteli n’ibindi, mu mezi asigaye haracyari bimwe byo gukora ariko niho twari turi mu myaka ibiri ishize ubwo twakiraga inama nk’iyi.”

“Ariko turi mu nzira nziza, kuri buri wese utegura inama nk’iyi ahura n’imbogamizi, nubwo hari imbogamizi ariko navuga ko u Rwanda rurimo gukora ibintu byiza.”

Ambasaderi Lomas ubwo yabazwaga uburyo u Bwongereza n’ubunyamabanga bwa CHOGM barimo gufatanya n’u Rwanda, yasobanuye ko hari ubufatanye buhari.

Yagize ati “Nitwe twakiriye inama iheruka ubu icyo turimo gukora ni ugusangizanya ubunararibonye mu mitegurire no gusubiza ibibazo. Hari ibibazo by’uko ibintu nka biriya bikorwa ari byo tuganiraho mu nama”.

Izaba ari inama y’u Rwanda, hari ibintu bike batwigiraho nk’abantu baheruka kuyakira ariko barimo kuyitegura mu buryo bwabo.”

Avuga ko CHOGM izashyira u Rwanda ku ruhando mpuzamahanga, kuko hari abantu bamwe bakibona u Rwanda mu rwego rw’Igihugu cyahuye na Jenoside yakorewe Abatutsi gusa, bakaba batazi ibyo u Rwanda rwagezeho.

Ati “Abantu benshi bazasobanukirwa ibyo u Rwanda rwagezeho mu myaka 26 ishize kuko ni byinshi, bamwe mu bacuruzi bazatekerezaga gukorana n’u Rwanda, hazaba hari amahirwe ku bantu yo kumenya uburyo u Rwanda rwabafasha byaba mu bukerarugendo n’ibindi.”

“Hazaba kandi inama y’abacuruzi, ubwo nari mu Bwongereza mu nama yahuje iki gihugu na Afurika, nitabiriye inama na RDB, twabonyemo abacuruzi barenga 40 bishimiye uburyo u Rwanda rwabafasha, ndatekereza ko ari na ko bizagenda kandi hari amahirwe menshi azava muri iyo nama.”

Ubwo yabazwaga ku mpamvu abona abashoramari bitabira iyi nama, Jo Lomas, yavuze ko ibigo by’ishoramari mu Rwanda bikwiye kugaragaza ibyo byagezeho, gusa akagaragaza ko u Rwanda hari byinshi rumaze gukora harimo ibijyanye no guteza imbere indabo, ikoranabuhanga no guhanga udushya.

Ati “Kuba u Rwanda rwaragaragaje ko ari igihugu gifasha ishoramari, guhanga udushya, ibi nibyo byatumye ibigo bikomeye nka Volkswagen biza mu gihugu, aha niho u Rwanda rwagaragaza nk’ahantu heza h’ishoramari.”

Uyu muyobozi kandi agaragaza ko bimwe mu bizaba biri muri iyi nama, ari uko u Rwanda ruzafata umwanya wo kuyobora uyu muryango mu gihe cy’imyaka ibiri.

Agaragaza ko iyi nama igomba gutanga umusaruro ukomeye, akaba ari nayo mpamvu banahisemo ko baganira ku bijyanye n’imihindagurikire y’ikirere.

“Uburyo bwiza bwo kubikora ni uguhitamo ibintu bitanga umusaruro, niyo mpamvu twahismo imihindagurikire y’ikirere kugira ngo bibe mu byo tugomba kuganiraho, twiteze kuzabona abanyamuryango bafata iya mbere nu guhangana n’ibi bibazo.”

Muri Mutarama uyu mwaka, u Bwongereza bwakiriye inama yabuhuje n’umugabane wa Afurika.

Uyu muyobozi ubwo yabazwaga ibyo atekereza byaba byarafashije u Rwanda, yavuze ko ari byinshi ariko uruhare runini rufitwe n’ibigo by’ishoramari.

Yagize ati “Ku ruhande rumwe, ni uruhare rw’ibihugu ndetse n’ibigo kuba byashaka uko bikorana, twakoze nk’abantu bafasha ngo tubahuze, ariko uruhare runini byari ugutanga amahirwe kugira ngo hafungurwe iyo nzira, ubu hari ibiganiro bikomeye nyuma y’iyi nama kandi twizera ko hazavamo ibintu byiza.”

Yasobanuye kandi ko ku nshuro ya mbere u Rwanda rwagurishije ku isoko ry’u Bwongereza impapuro mpeshwamwenda ibi bikorwa mu maso y’abashoramari.

Ambasaderi Jo Lomas asanga hari byinshi u Bwongereza bwashoramo imari mu Rwanda birimo n’indabo.

Ati “Dutekereza ko hari byinshi byakorwa mu bijyanye no kuba indabo zatunganywa, ahandi ni nko mu by’ubuzima, gutegura inama, ubukerarugendo, twagiye kandi dukorana no mu bijyanye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ariko uruhare runini rufitwe n’u Rwanda.”

Avuga ko u Bwongereza bwiyemeje gushora arenga miliyari 11 z’ama-pound mu rwego mpuzamahanga mu guhangana n’imihindagurikire y’ikirere mu myaka itanu iri imbere, akagaragaza ko iki gihugu cyagiye gifatanya n’ikigo FONERWA kugira ngo u Rwanda rugire uburyo rufashwa mu kugera ku nkunga zitandukanye.

Src : Igihe

2020-02-18
Editorial

IZINDI NKURU

Kagame na Shinzo Abe bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ya miliyoni $29 azashorwa ku ruganda rwa Nzove

Kagame na Shinzo Abe bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ya miliyoni $29 azashorwa ku ruganda rwa Nzove

Editorial 09 Jan 2019
Guteza imbere imibereho y’abaturage bizatwara igice kinini cy’ingengo y’imari 2019/2020

Guteza imbere imibereho y’abaturage bizatwara igice kinini cy’ingengo y’imari 2019/2020

Editorial 12 Jul 2019
Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse ku 10.6% mu gihembwe cya mbere cya 2018

Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse ku 10.6% mu gihembwe cya mbere cya 2018

Editorial 18 Jun 2018
Zigama CSS yungutse miliyari 3Frw zirenga ku yari ateganyijwe

Zigama CSS yungutse miliyari 3Frw zirenga ku yari ateganyijwe

Editorial 29 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gasabo: Umugabo yatemaguye umugore we aramwica ngo yatinze ku isoko
HIRYA NO HINO

Gasabo: Umugabo yatemaguye umugore we aramwica ngo yatinze ku isoko

Editorial 19 Sep 2018
Malawi yambuye ubwenegihugu ababarirwa muri 400, biganjemo Abanyarwanda
Amakuru

Malawi yambuye ubwenegihugu ababarirwa muri 400, biganjemo Abanyarwanda

Editorial 02 Jun 2023
Kiliziya Gatolika yafashe iyambere mu gufasha abaturage gusaba no kwishyura serivisi za Leta binyuze k’urubuga Irembo
Mu Mahanga

Kiliziya Gatolika yafashe iyambere mu gufasha abaturage gusaba no kwishyura serivisi za Leta binyuze k’urubuga Irembo

Editorial 22 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru