• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO: APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona 2024-2025, kiba igikombe cya 6 itwaye yikurikiranya   |   29 May 2025

  • “FDLR Yari Yaraduhinduye Ingabo Zibakingira Urupfu, Ariko Ubu Twagarutse Iwacu”: Abanyarwanda Batahutse Bagaragaje Ubunyamaswa Bwa FDLR   |   28 May 2025

  • Abarimo Kagere Medie bari ku rutonde Adel Amrouche yatangaje bazakina na Algérie mu mukino wa gicuti utegura imikino y’igikombe cy’isi 2026   |   28 May 2025

  • APR BBC na AL Ahli Tripoli niyo makipe yaboneye itike i Kigali yo gukina imikino ya nyuma ya BAL 2025 izabera muri Afurika y’Epfo   |   26 May 2025

  • Perezida Tshisekedi ahanganye n’ihuriro rikomeye: Katumbi na AFC/M23 bashyigikiye igaruka rya Kabila   |   26 May 2025

  • Burundi: Bombori bombori hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’Intebe Ndirakobuca   |   26 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»“U Rwanda ntirwafashe impunzi z’Abarundi bugwate, n’abaturage basanzwe baje mu Rwanda igihugu cyabo cyabangiye ko basubirayo” Min Biruta

“U Rwanda ntirwafashe impunzi z’Abarundi bugwate, n’abaturage basanzwe baje mu Rwanda igihugu cyabo cyabangiye ko basubirayo” Min Biruta

Editorial 12 Aug 2020 INKURU NYAMUKURU

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Dr. Vincent Biruta, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa Gatatu tariki ya 12 Kanama 2020, yasubije ibibazo bitandukanye aho kimwe mu bibazo yabajijwe ku biherutse gutangazwa na Perezida w’u Burundi, Ndayishimiye Evariste ko u Rwanda rudashaka kurekura impunzi z’Abarundi zahungiye mu Rwanda, Biruta yavuze ko batangajwe n’ibivugwa n’u Burundi hashingiwe ku kuba u Rwanda ari kimwe mu bihugu byahungiyemo impunzi nyinshi z’Abarundi kandi u Rwanda nta nyungu rufite mu gucumbikira aba barundi, ngo no mu bindi bihugu impunzi z’Abarundi zahungiyemo ziracyariyo kandi nta gahunda yo gusubira iwabo.

Yatangaje ko  Leta y’u Rwanda yiteguye gukomeza kubana neza n’ibihugu byose byo ku isi birimo n’ibyo mu karere ruherereyemo, n’ubwo hari ibihugu birimo n’u Burundi byamaze kugaragaza ko nta bushake bifite mu kuzahura umubano n’ibihugu byombi. Minisitiri Biruta  yagize ati “Nagira ngo mbanze mbabwire ko mu mpunzi z’Abarundi ziri hirya no hino mu bihugu bitandukanye byo muri aka karere, imibare dufite itwereka ko u Rwanda rufite impunzi zigeze ku 71,973 b’Abarundi kandi akaba ari cyo gihugu cya gatatu gifite impunzi nyinshi z’Abarundi. Gutekereza rero ko izi mpunzi z’Abarundi zaba zarafashwe bugwate mu Rwanda gusa, byaba bishaka kuvuga ko ahandi hose zari ziri zamaze gutaha, kandi ntabwo ari byo uko ziri mu Rwanda ni nako ziri aho hose”.

Minisitiri Biruta yavuze ko mbere y’uko icyorezo cya COVID-19 cyibasira isi n’uRwanda, nibura buri kwezi Abarundi 200 batahaga ku bushake bwabo ntawabatangiraga, gusa ngo icyo cyorezo cyatumye ibyo bikorwa bidakomeza, ariko ko u Rwanda rutagwatiriye cyangwa ngo rukome imbere izo mpunzi nk’uko u Burundi bubivuga.

Ati “Ngarutse ku byavuzwe na Perezida w’u Burundi, biratangaje kumva u Rwanda rushobora kuregwa ko rwafashe bugwate impunzi, ahubwo ni mu gihe hano hari Abarundi bahamaze iminsi bageze ku 136, baje mu buryo butandukanye, bamwe bari mu ngendo igihe imipaka yafungwaga, abandi bari baje kwivuza, basabye gutaha i Burundi ubutegetsi bwabo barabangira. Bamaze iminsi bari aha mu Rwanda, ndetse na Ambasade yabo yaje hano muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga isaba ko twabafasha ngo batahe turabikora, ariko u Burundi bwanga kubakira. Ukumva rero bitangaje ko bamwe twaba twarabafashe bugwate, abandi na bo bakaba badashaka kubakira!. Tukaba twakwibaza ahubwo se uwanze kwakira umuturage w’umugenzi wigendera kwakira Impunzi zaguhunze byo si ingume? Ibyo gufata impunzi bugwate byo ntabwo bishoboka. Ntabwo ari twe twazihamagaye ngo zize, nta n’impamvu twaba dufite yo kugira ngo tuzigumishe ahangaha kandi zishaka gutaha”.

Akomeza avuga ku mubano w’u Rwanda n’ibihugu byo mu karere, Minisitiri Biruta yavuze ko u Rwanda rwatunguwe no kumva ibyo Uganda yatangaje mu ibaruwa iherutse kujya ahagaragara aho igihugu cya Uganda gishinja u Rwanda ko ingabo zarwo ziherutse kwambuka zikajya guhohotera abaturage muri Uganda.

Minisitiri Dr. Biruta yavuze ko ibi byose ari ibinyoma byuje guharabikana, ko nta musirikare n’umwe w’Umunyarwanda wakandagiye ku butaka bwa. Yavuze ko ahubwo hari abasirikare ba Uganda bagerageje kuza mu Rwanda, bagafata abaturage barimo n’uwo baherutse gutwara bakamurekura abanje kubaha amafaranga bari bamusabye. Minisitiri Biruta asubiza ibibazo by’abanyamakuru yashimangiye ko u Rwanda rwiteguye gukomeza kubana neza n’ibihugu byose harimo n’ibyo muri aka karere. Muri icyo kiganiro n’abanyamakuru kandi, Minisitiri Biruta yatangaje ko ku wa Kane tariki 13 Kanama 2020, ari bwo hazamenyekana amatariki Inama ihuza ibihugu bikoresha ururimi rw’icyongereza, u Rwanda rugomba kwakira izaberaho, avuga ko itariki yatanzweho ibitekerezo ari uko iyo nama yazatangira ku itariki ya 21 Kamena umwaka utaha wa 2021.

Aha umuntu akaba atasoza atamenyesheje abasomyi ko ibi bihugu by’abaturanyi bivuga aya ndongo bikomeje gucumbikira ibigarasha byose ndetse n’abandi bifuza guhungabanya umutekano w’uRwanda aho twavuga nka Uganda aho birirwa bahohotera abanyarwanda nyuma bakabajugunya ku mupaka, ngaho gucumbikira no kwivurugutana n’abirirwa basebya uRwanda nka Prossy Bonabana na Surah Nuwamanya ndetse n’abandi bafashwe bavuye guhabwa amabwiriza n’ubutegetsi bwa Uganda batabihakana.

Abo ni Ignace Nkaka uzwi nka La Forge Fils Bazeye wahoze ari umuvugizi w’umutwe wa FDLR na Lt Col Nsekanabo Jean Pierre uzwi nka “Abega” wari ushinzwe ubutasi mu mutwe wa FDLR. Abo bagabo bafatiwe ku mupaka wa Bunagana uhuza bavuye muri Uganda basubiye muri Kivu ya ruguru mu mpera ya 2018. Ubushinjacyaha mu Rwanda buvuga ko bari bavuye i Kampala muri Uganda guhura n’itsinda ryoherejwe n’umutwe RNC ngo banoze umugambi wo gutera u Rwanda n’Ibindi

Mu minsi ya vuba, abantu babarirwa mu 100 bitwaje imbunda bagabye igitero ku birindiro by’Ingabo z’u Rwanda mu Murenge wa Ruheru mu Karere ka Nyaruguru mu Ntara y’Amajyepfo. Ibi byabaye mu ijoro ryo kuwa 27 Kamena 2020 mu masaha ya saa sita n’iminota 20. Aba bateye bakaba baraturutse mu Burundi. Ingabo z’u Rwanda zikaba zahanganye na bo, bane muri bo bakahasiga ubuzima.’ Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Col Innocent Munyengango, yagize ati “ Abantu bitwaje imbunda bateye baturutse mu Burundi  nyuma bahunga basubira mu cyerekezo kimwe. Basize abantu babo bane bapfuye ndetse n’ibikoresho bitandukanye bya gisirikare birimo intwaro n’iby’itumanaho n’udusanduku tujyamo ibiryo by’abasirikare twanditseho FORCE DE DEFENSE NATIONALE DU BURUNDI ( Ingabo z’u Burundi). Abantu batatu mu bateye barafashwe. Abasirikare batatu ba RDF bakomeretse byoroheje.”

Uwavuga ay’Imitiba rero ntiyasiba abavumvu aho akaga abaturanyi bikururira bahishira umwanzi bazashirwa kabamazeho urubyaro.

2020-08-12
Editorial

IZINDI NKURU

Paul Rusesabagina ati “Meze neza niteguye kujya imbere y’Ubutabera bw’ u Rwanda”

Paul Rusesabagina ati “Meze neza niteguye kujya imbere y’Ubutabera bw’ u Rwanda”

Editorial 03 Sep 2020
Ikimwaro kuri Loni na “Bangamwabo” Ingabire Victoire: Byemejwe, abimukira bari mu Bwongereza binyuranyije n’amategeko bazimurirwa mu Rwanda.

Ikimwaro kuri Loni na “Bangamwabo” Ingabire Victoire: Byemejwe, abimukira bari mu Bwongereza binyuranyije n’amategeko bazimurirwa mu Rwanda.

Editorial 23 Apr 2024
Uko  ibiganiro Perezida Kagame yagiranye na Museveni muri Uganda byagenze [Amafoto]

Uko ibiganiro Perezida Kagame yagiranye na Museveni muri Uganda byagenze [Amafoto]

Editorial 25 Mar 2018
Bwana Sam Dusengiyumva Niwe Uramutswa Umujyi wa Kigali nyuma yo gusimbura Bwana Rubingisa

Bwana Sam Dusengiyumva Niwe Uramutswa Umujyi wa Kigali nyuma yo gusimbura Bwana Rubingisa

Editorial 15 Dec 2023
Paul Rusesabagina ati “Meze neza niteguye kujya imbere y’Ubutabera bw’ u Rwanda”

Paul Rusesabagina ati “Meze neza niteguye kujya imbere y’Ubutabera bw’ u Rwanda”

Editorial 03 Sep 2020
Ikimwaro kuri Loni na “Bangamwabo” Ingabire Victoire: Byemejwe, abimukira bari mu Bwongereza binyuranyije n’amategeko bazimurirwa mu Rwanda.

Ikimwaro kuri Loni na “Bangamwabo” Ingabire Victoire: Byemejwe, abimukira bari mu Bwongereza binyuranyije n’amategeko bazimurirwa mu Rwanda.

Editorial 23 Apr 2024
Uko  ibiganiro Perezida Kagame yagiranye na Museveni muri Uganda byagenze [Amafoto]

Uko ibiganiro Perezida Kagame yagiranye na Museveni muri Uganda byagenze [Amafoto]

Editorial 25 Mar 2018
Bwana Sam Dusengiyumva Niwe Uramutswa Umujyi wa Kigali nyuma yo gusimbura Bwana Rubingisa

Bwana Sam Dusengiyumva Niwe Uramutswa Umujyi wa Kigali nyuma yo gusimbura Bwana Rubingisa

Editorial 15 Dec 2023
Paul Rusesabagina ati “Meze neza niteguye kujya imbere y’Ubutabera bw’ u Rwanda”

Paul Rusesabagina ati “Meze neza niteguye kujya imbere y’Ubutabera bw’ u Rwanda”

Editorial 03 Sep 2020
Ikimwaro kuri Loni na “Bangamwabo” Ingabire Victoire: Byemejwe, abimukira bari mu Bwongereza binyuranyije n’amategeko bazimurirwa mu Rwanda.

Ikimwaro kuri Loni na “Bangamwabo” Ingabire Victoire: Byemejwe, abimukira bari mu Bwongereza binyuranyije n’amategeko bazimurirwa mu Rwanda.

Editorial 23 Apr 2024
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru