• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»U Rwanda ruracyuguruye amarembo ku banyarwanda bahejejwe mu mashyamba ya Kongo

U Rwanda ruracyuguruye amarembo ku banyarwanda bahejejwe mu mashyamba ya Kongo

Administrator 30 Oct 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda 326 bo mu miryango 98 bari barafashwe bugwate n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR ukorera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo by’umwihariko mu mashyamba yaho. Baje biyongera ku bandi 277 batashye tariki ya 21 Ukwakira 2025

Komisiyo y’igihugu ishinzwe gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari abasirikare (RDRC) yatangaje ko kuva mu 2001 imaze gusubiza mu buzima busanzwe abantu 12.602 bahoze mu mitwe y’inyeshyamba ikorera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Aya makuru yatanzwe na Perezida wa RDRC, Nyirahabineza Valerie, kuri uyu wa 30 Ukwakira 2025, ubwo iyi komisiyo yasubizaga mu buzima busanzwe icyiciro cya 75 kigizwe n’abantu 143 bahoze mu mitwe y’inyeshyamba.

Yagize ati “Nishimiye kubamenyesha ko kuva mu 2001, abahoze mu mitwe yitwaje intwaro 12.602 basubijwe mu buzima busanzwe. Iyi gahunda yahaye ibihumbi by’abahoze ari abarwanyi n’imiryango yabo ubufasha bufatika burimo uburere mboneragihugu, kwigishwa imyuga n’ubwo mu rwego rw’imibereho n’ubukungu.”

Nyirahabineza yahamagariye Abanyarwanda bakiri mu mashyamba ya RDC kurambika intwaro, kuko kuba abacancuro b’amahanga bagamije guhungabanya umutekano w’igihugu cyababyaye nta kizima byabagezaho.
Ati “Turabahamagarira Abanyarwanda bose bagize FDLR n’imitwe iyishamikiyeho kurambika intwaro, bagataha. Nka RDRC, twiteguye kubakira, kubezerera, tukabafasha kwisanga mu buzima busanzwe.”

Amasezerano y’amahoro u Rwanda rwagiranye na RDC muri Kamena 2025 ateganya ko umutwe wa FDLR uzasenywa, abarwanyi b’uyu mutwe bazemera gutaha bakirwe, basubizwe mu buzima busanzwe nk’uko bigenda ku bandi bamaze imyaka myinshi bakirwa mu kigo cya RDRC i Mutobo mu Karere ka Musanze.

Hashingiwe kuri aya masezerano, tariki ya 10 Ukwakira igisirikare cya RDC cyasabye abarwanyi ba FDLR kurambika intwaro no kwishyikiriza ubutegetsi bwa RDC cyangwa ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye kugira ngo bacyurwe, kimenyesha abazinangira bazaraswaho.

Nyirahabineza yagaragaje ko u Rwanda rwiteguye kwakira abarwanyi ba FDLR bazemera gutaha, rubafashe nka bagenzi babo bababanjirije. Ati “U Rwanda rwiteguye kwakira abarwanyi bashya bazoherezwa mu Rwanda barimo aba FDLR bari muri RDC, basabwe gutaha mu Rwanda mu itangazo rya Leta ya RDC riheruka.”

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Habimana Dominique, yagaragaje ko Umunyarwanda uhitamo gushaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda aba atema igiti yicayeho, ashimira abafashe icyemezo cyo kurambika intwaro.

Ati “Turasaba kugaragaza ko amahugurwa mwahawe muri iki kigo yabagiriye akamaro, agatuma muhinduka mu bitekerezo ndetse no mu migirire, tubasaba kuzahorana intego yo gusigasira umutekano w’igihugu cyacu, mufatanya n’abandi Banyarwanda kugira ngo mukumire icyo ari cyo cyose cyawuhungabanya.”

Minisitiri Habimana yasabye aba bantu gusiga inyuma igihe batakaje bari mu mashyamba ya RDC kugira ngo batangire urugendo rushya rwo kwiteza imbere, bazirikana ko ubumwe n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda ari umusingi w’ibyubatswe byose. Yabasabye kwirinda icyabasubiza mu bibi bahozemo.

Ati “Turabasaba kuzirikana ko ubumwe n’ubudaheranwa bwacu nk’Abanyarwanda ari umusingi w’ibyubatswe byose. Kubitatira ni ikizira. Ndabasaba rero kwirinda icyo ari cyo cyose cyakongera kubasubiza mu bibi nk’ibyo mwahozemo, ahubwo mugafatanya n’abandi Banyarwanda musanze kurwanya ingengabitekerezo ya jenoside, mugashyira imbaraga mu kubaka ubumwe bwacu nk’Abanyarwanda.”

Mu bahoze mu mitwe yitwaje intwaro basubijwe mu buzima busanzwe, harimo n’abatahanye n’imiryango yabo. Gahunda yo kubahugura yamaze igihe kiri hagati y’amezi atatu n’atandatu.

2025-10-30
Administrator

IZINDI NKURU

Gen (Rtd) Kabarebe yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minaffet, Francis Gatare asubira muri RDB

Gen (Rtd) Kabarebe yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minaffet, Francis Gatare asubira muri RDB

Editorial 28 Sep 2023
Kacyiru: Hatangiye amahugurwa y’abagenzacyaha mu bijyanye no gukusanya no kurinda ibimenyetso by’ahabereye icyaha

Kacyiru: Hatangiye amahugurwa y’abagenzacyaha mu bijyanye no gukusanya no kurinda ibimenyetso by’ahabereye icyaha

Editorial 09 Mar 2017
Umuvugizi Wa FDLR, La Forge Fils Bazeyi Yatawe Muri Yombi

Umuvugizi Wa FDLR, La Forge Fils Bazeyi Yatawe Muri Yombi

Editorial 17 Dec 2018

Zimbabwe: Perezida Emmerson Mnangagwa w’imyaka 80 ahagarariye Ishyaka rya ZANU-PF mu Matora

Editorial 23 Aug 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amerika yijeje u Rwanda inkunga ikomeye mu burezi n’ubuhinzi
UBUKUNGU

Amerika yijeje u Rwanda inkunga ikomeye mu burezi n’ubuhinzi

Editorial 18 May 2018
Umuhanzi Ruhumuriza James uzwi nka King James agiye gushyira hanze Album ye ya Karindwi yise “Ubushobozi” izaba iriho indirimbo zisaga 15
Amakuru

Umuhanzi Ruhumuriza James uzwi nka King James agiye gushyira hanze Album ye ya Karindwi yise “Ubushobozi” izaba iriho indirimbo zisaga 15

Editorial 20 Sep 2021
Umujyi wa Kigali wateguye umuganda udasanzwe
Mu Mahanga

Umujyi wa Kigali wateguye umuganda udasanzwe

Editorial 13 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru