• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»U Rwanda ruragaragaza na none aho ruhagaze ku kibazo cy’abimukira muri Israel rwamagana amahitamo bari guhabwa

U Rwanda ruragaragaza na none aho ruhagaze ku kibazo cy’abimukira muri Israel rwamagana amahitamo bari guhabwa

Editorial 27 Feb 2018 POLITIKI

Guverinoma y’u Rwanda yongeye gushimangira aho ihagaze ku kibazo cy’abimukira ivuga ko imiryango ifunguye kandi yahoze ifunguye ku bifuza kuruzamo, ikomoza ku kibazo cy’abimukira b’Abanyafurika muri Israel kimaze iminsi mu itangazamakuru ivuga ko u Rwanda ruzakira impunzi gusa mu buryo bwubahirije amategeko mpuzamahanga ndetse yamagana amahitamo aba bimukira bahabwa yo kuza mu Rwanda cyangwa bagafungwa.

Itangazo Guverinoma y’u Rwanda yashyize ahagaragara kuwa Kane, itariki 22 Gashyantare 2018,  twabashije kubona  ku kijyanye n’imikorere na politiki, aho u Rwanda ruhagaze ku bimukira n’impunzi hahoze ari ugufungura imiryango ku munyafurika wese ukeneye ubuhungiro.

Iri tangazo rivuga ko iyi politiki ifite inkomoko mu mateka n’ubuzima Abanyarwanda benshi babayemo, ndetse no mu ndangagaciro zisanzwe z’igihugu. Iyi politiki ngo yashyizwe mu bikorwa imyaka myinshi, ku bimukira benshi, impunzi, abaturage batura igihe kirekire baturuka hirya no hino mu karere no hanze.

Mu myaka myinshi ishize nk’uko itangazo rivuga, ngo u Rwanda rwakiriye abimukira babarirwa mu 180,000 baturutse mu bihugu bitandukanye bya Afurika, birimo iby’ibituranyi, ku bufatanye n’Umuryango w’Abibumbye. U Rwanda rukaba ruherutse no guha ikaze abimukira 30,000 bakorerwa ibikorwa byo kubacuruza muri Libya.

Nk’uko perezida Kagame aherutse kubisubiramo ku kijyanye n’abimukira bari muri Israel, ngo u Rwanda ruzakira gusa impunzi hakurikijwe amategeko mpuzamahanga.

 Kubw’ibi, Guverinoma y’u Rwanda muri iri tangazo ikaba yamaganye amahitamo aba bimukira b’Abanyafurika muri Israel bari guhabwa yo kujya mu Rwanda cyangwa bagafungwa.

Iri tangazo ryongeyeho ko ikibazo cy’aba bimukira bari muri Israel n’uko bagomba kuhava ari ikibazo cya Israel, ariko ko amategeko niyubahirizwa, u Rwanda mu bushobozi bwarwo rwiteguye gufasha umwimukira ubikeneye.

 

2018-02-27
Editorial

IZINDI NKURU

2017 : ..Abagera kuri 98%3 batoye  YEGO , muri Referandumu bahaye  Ticket  Kagame yo gutsinda Amatora

2017 : ..Abagera kuri 98%3 batoye YEGO , muri Referandumu bahaye Ticket Kagame yo gutsinda Amatora

Editorial 08 Sep 2016
Umubare munini w’abagore muri Amerika bifuza yuko Trump yakweguzwa

Umubare munini w’abagore muri Amerika bifuza yuko Trump yakweguzwa

Editorial 10 Apr 2017
Ubwongereza burasanga gutera inkunga ingabo za SADC ziri muri Kongo bishobora kongerera ikibazo ubukana.

Ubwongereza burasanga gutera inkunga ingabo za SADC ziri muri Kongo bishobora kongerera ikibazo ubukana.

Editorial 09 Sep 2024
AU yasabye ko gutangaza burundu ibyavuye mu matora ya RDC biba bihagaze

AU yasabye ko gutangaza burundu ibyavuye mu matora ya RDC biba bihagaze

Editorial 18 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umubare w’abamaze kwicwa mu Burundi ugomba kuba koko usaga 1000
Mu Rwanda

Umubare w’abamaze kwicwa mu Burundi ugomba kuba koko usaga 1000

Editorial 05 May 2016
Muri Kaminuza ya Makerere Ihohoterwa rishingiye ku gitsina riravuza ubuhuha
INKURU NYAMUKURU

Muri Kaminuza ya Makerere Ihohoterwa rishingiye ku gitsina riravuza ubuhuha

Editorial 17 Mar 2018
Kwiyahura bishobora kwirindwa mu gihe buri wese abigizemo uruhare
Mu Rwanda

Kwiyahura bishobora kwirindwa mu gihe buri wese abigizemo uruhare

Editorial 31 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru