• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»U Rwanda rwemeye gutanga miliyoni $2.5 muri miliyari $14 zizakoreshwa na Global Fund

U Rwanda rwemeye gutanga miliyoni $2.5 muri miliyari $14 zizakoreshwa na Global Fund

Editorial 11 Oct 2019 UBUKUNGU

Guverinoma y’u Rwanda yemeye gutanga miliyoni $ 2.5 (asaga miliyari 2.3 Frw) mu Kigega Global Fund, azakoreshwa mu rugamba rwo kurwanya indwara eshatu zihangayikishije Isi, arizo Virusi itera Sida, Igituntu na Malaria kugeza mu 2023.

Ni isezerano ryatanzwe na Minisitiri w’Ubuzima, Dr Diane Gashumba, mu nama ya Global Fund yabereye i Lyon mu Bufaransa. Ni inama impande zitandukanye zemereyemo gutanga miliyari $14.02, zizifashishwa mu bikorwa byo kurwanya Sida, Igituntu na Malaria mu myaka itatu uhereye mu 2020.

Aya ni yo mafaranga menshi abashije gukusanywa n’umuryango uhuriwemo n’impande nyinshi, ari nayo menshi Global Fund ibashije gukusanya kuva yashingwa. Azashorwa mu bikorwa byitezweho kurokora ubuzima bw’abantu miliyoni 16, no gushyira iherezo ku ndwara za Sida, Igituntu na Malaria bitarenze umwaka wa 2030.

Iyo nama yayobowe na Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, wabanje gusaba ibihugu, ibigo n’imiryango kongera imisanzu yabyo nibura ho 15%, kugira ngo haboneke miliyari $14 zikenewe, ndetse byemera kuyatanga banarenzaho.

Perezida Macron na Bill Gates, buri umwe yemeye gutanga miliyoni $60 z’inyongera ku yo bari bemeye ndetse n’ibindi bihugu bikomeza kuzamura imisanzu yabyo.

Muri iyi nama Minisitiri Dr Gashumba wari uhagarariye Perezida Paul Kagame, yatangaje ko u Rwanda ruzatanga miliyoni $2.5 mu rugamba rwo kurokora ubuzima bw’abantu miliyoni 16. Ni mu gihe u Rwanda rusanzwe runungukira ku mafaranga ya Global Fund ku ndwara irebaho.

Minisiteri y’Ubuzima ibinyujije kuri Twitter yavuze ko u Rwanda rukomeje kugaragaza ubushake bwarwo “bwo gukorana n’ibindi bihugu bya Afurika mu kwishakamo ingengo y’imari ikenewe mu kurwanya ibyo byorezo bitatu.”

Mu nkunga zemewe, Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yemeye miliyari $1.56 buri mwaka (miliyari $4.68 mu myaka itatu) bingana na 33% by’imisanzu yose, naho u Bufaransa bwongereye inkunga yabwo ho 20% igera kuri miliyari €1.296, harimo na miliyoni $60 y’inyongera yemewe na Perezida Macron.

U Bwongereza bwatanze miliyari £1.4 mu myaka itatu bingana n’izamuka rya 16%; u Budage bwemera miliyari €1 bingana n’izamuka rya 17.6%; Canada yemera miliyoni 930 z’amadolari ya Canada bingana n’izamuka rya 16%, Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi miliyoni €550 bingana n’izamuka rya 16%; u Buyapani butanga miliyoni $840.

Abaterankunga bigenga kandi bakusanyije asaga miliyari $1, barangajwe imbere na Bill & Melinda Gates Foundation yemeye miliyoni $760. Hinjiye n’abandi baterankunga bashya barimo Children’s Investment Fund Foundation na Rockefeller Foundation.

Inkunga yakusanyijwe na Global Fund izafasha mu kugoboka ubuzima bw’abagera kuri miliyoni 16 hagati y’umwaka wa 2021 na 2023 no kugabanya umubare w’abahitanwa na Sida, Malaria n’Igituntu ho 52%, bitarenze 2023, ugereranyije n’igipimo byariho mu 2017.

Bibarwa ko umubare w’abo izo ndwara eshatu zihitana uzagabanuka ukagera kuri miliyoni 1.3 mu 2023, bavuye kuri miliyoni 2.5 mu 2017 na miliyoni 4.1 mu 2005. Mu musaruro uzava muri izo nkunga kandi harimo gukumira ubwandu bushya miliyoni 234 kugeza mu 2023.

Ayo mafaranga kandi azanafasha mu kwihutisha kugeza ubuvuzi kuri bose kuko biteganywa mu ntego ya gatatu mu zigamije iterambere rirambye. Bizakorwa binyuze mu gushora nibura miliyari $4 mu kubaka ubushobozi bwo gusuzuma indwara no guhugura abakozi hamwe n’izindi gahunda zifasha umurwayi.

Kuva mu 2002 gahunda za Global Fund zagobotse ubuzima bw’abagera kuri miliyoni 32. Impfu ziterwa n’izo ndwara zagabanutseho 40% kugeza mu 2018. Mu bihugu Glogal Fund ifasha hagaragaye abantu miliyoni 18.9 bafite Virusi itera SIDA, bahabwa imiti igabanya ubukana.

Kuva mu 2003 Global Fund ni umuterankunga wa Leta y’u Rwanda mu bikorwa bitandukanye by’ubuzima birimo ibyo kurwanya SIDA, Malariya n’Igituntu. Habarurwa ko umaze kuhakoresha asaga miliyari $1.38.

Harimo abantu 189,000 bahawe imiti igabanya ubukana bwa Sida babaruwe mu 2018, n’abantu 2900 bavuwe igituntu kugeza mu 2017 mu gihe kugeza mu 2018 ingo 499,652 zaterewe imiti yica imbu.

Mu 2015, Ikigega Global Fund cyagabanyije inkunga cyahaga bimwe mu bihugu byiganjemo ibyo muri Afurika kuko ngo cyasubiyemo uburyo bw’imitangire yazo.

By’umwihariko ku Rwanda, Global Fund yafashe icyemezo cyo kugabanya amafaranga yatangaga mu kurwanya icyorezo cya Sida ho 42%, imwe mu mpamvu ikaba ari uko mu myaka icumi Sida yagabanutse ikagera kuri 3% kandi hakaba nta bimenyetso byo kwiyongera bihari.

Global Fund ikorera mu bihugu 100 byo ku Isi. Muri Gicurasi nibwo Umunyarwanda Dr Donald Kaberuka yemejwe nk’Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi yayo.

Src: IGHE

2019-10-11
Editorial

IZINDI NKURU

Ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse ku mpuzandengo ya 4.6% mu bihembwe bitatu bya mbere bya 2017

Ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse ku mpuzandengo ya 4.6% mu bihembwe bitatu bya mbere bya 2017

Editorial 06 Mar 2018
Ingengo y’Imari ya 2019/2020 iziyongeraho arenga miliyari 140 Frw

Ingengo y’Imari ya 2019/2020 iziyongeraho arenga miliyari 140 Frw

Editorial 24 Feb 2020
Perezida Kagame yaganiriye na Justin Trudeau ku ishoramari n’ubucuruzi hagati y’u Rwanda na Canada

Perezida Kagame yaganiriye na Justin Trudeau ku ishoramari n’ubucuruzi hagati y’u Rwanda na Canada

Editorial 10 Feb 2020
I Davos : Perezida Kagame yitabiriye ihuriro mpuzamahanga ry’ubukungu

I Davos : Perezida Kagame yitabiriye ihuriro mpuzamahanga ry’ubukungu

Editorial 22 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda n’u Butaliyani mu bufatanye bw’ingabo zirwanira mu kirere
ITOHOZA

U Rwanda n’u Butaliyani mu bufatanye bw’ingabo zirwanira mu kirere

Editorial 24 Jun 2018
Gushyira Mu Gaciro: ” Intwaro Ikomeye Muri Politike”
ITOHOZA

Gushyira Mu Gaciro: ” Intwaro Ikomeye Muri Politike”

Editorial 07 Feb 2018
Urubanza Rwa Kizito Mihigo Rwongeye Gusubikwa Rwimurirwa Mu Gihe Kitazwi
Mu Rwanda

Urubanza Rwa Kizito Mihigo Rwongeye Gusubikwa Rwimurirwa Mu Gihe Kitazwi

Editorial 11 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru