• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»U Rwanda rwihanganishije Misiri ku gitero cyishe abantu 300
Umwe mu bakomeretse

U Rwanda rwihanganishije Misiri ku gitero cyishe abantu 300

Editorial 26 Nov 2017 Mu Mahanga

Guverinoma y’u Rwanda yihanganishije Igihugu cya Misiri n’abaturage bacyo muri rusange ku bw’igitero cy’iterabwoba cyabereye ku musigiti kigahitana abantu 300.

Mushikiwabo Louise, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’ubutwererane, n’ibikorwa by’Umuryango w’ibihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba, yavuze ko u Rwanda rwamaganye icyo gikorwa kiterabwoba cyahitanye imbaga kigakomeretsa benshi.

Mu butumwa yacishije ku rubuga rwa Twitter, Minisitiri Mushikiwabo yagize ati “ Mu izina rya Guverinoma y’u Rwanda ndetse n’Abanyarwanda muri rusange, twifatanyije mu kababaro na Misiri n’abaturage bayo. Twamaganye igitero cy’iterabwoba cyabereye mu musigiti Al- Rawda uherereye mu Majyaruguru ya Sinai, cyishe inzirakarengane 235 abandi benshi bagakomereka.”

Uko igitero cyagenze

Kuri uyu wa gatanu ubwo abayoboke b’Idini ya Islam basengeraga mu Musigiti wa Al- Rawda mu Mujyi wa Bir al-Abed, bari bagiye kurangiza isengesho ryabo rikuru, hatewe ikibombe gikomeye ku musigiti mbere y’uko abantu bitwaje imbunda baza kurasa umuntu wese wasahakaga gusohoka ngo ahunge.

Ababarirwa muri 235 ni bo bamaze kumenyekana ko bahasize ubuzima na ho abagera 109  bakaba bakomeretse.

BBC dukesha iyi nkuru itangaza ko abantu bagera kuri 40 bitwaje intwaro bahise banafunga imihanda yose yerekeza kuri uwo musigiti, batangira kurasa mu byerekezo bitandukanye, ku buryo n’imodoka z’ubutabazi za Ambulance zahageze mbere zarashwe.

Kugeza ubu nta mutwe n’umwe wari wigamba iki gitero gusa harakekwa Islamic state, ugendera ku mahame ya kisiramu.

Igihugu cya Misiri kiri mu birwanya iterabwoba, ikaba ishobora kuba ari yo mpamvu icyo gitero cyahabereye mu rwego rwo kwihimura.

Perezida wa Misiri Abdel Fattah al-Sissi yamaze gushyiraho icyunamo cy’iminsi itatu, nk’uko yabitangarije kuri Televiziyo y’Igihugu.

Mu bandi bakuru b’ibihugu bagaragaje ko bafashe mu mugongo Misiri harimo Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, uw’u Bufaransa Emmanuel Macron ndetse na Vladimir Poutine w’u Burusiya n’abandi.

Kugeza ubu muri ako karere umutekano wakajijwe ndetse n’Umukuru w’Igihugu yatangaje ko bagiye guhiga bukware abagize uruhare muri icyo gitero.

2017-11-26
Editorial

IZINDI NKURU

Tumenye umutekamutwe John SIMBABURANGA ubeshya ngo mu Rwanda nta mutekano uhari, kandi yaratorotse ubutabera kubera ubujura.

Tumenye umutekamutwe John SIMBABURANGA ubeshya ngo mu Rwanda nta mutekano uhari, kandi yaratorotse ubutabera kubera ubujura.

Editorial 27 Jul 2021
U Rwanda ruracyagaragaza umuhate mu gushaka amahoro mu karere k’Ibiyaga bigari

U Rwanda ruracyagaragaza umuhate mu gushaka amahoro mu karere k’Ibiyaga bigari

Editorial 30 Jun 2025
Kirehe: Bane bafunzwe bazira kwiba mu mazu

Kirehe: Bane bafunzwe bazira kwiba mu mazu

Editorial 25 Aug 2016
UmuNazi nyarwanda, Aloys Ntiwiragabo aragerageza gucecekesha abatangabuhamya bamufiteho ibimenyetso

UmuNazi nyarwanda, Aloys Ntiwiragabo aragerageza gucecekesha abatangabuhamya bamufiteho ibimenyetso

Editorial 18 Jan 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

IBUKA irasaba ko Padiri Nahimana Thomas nagera mu Rwanda ashyikirizwa ubutabera
Mu Mahanga

IBUKA irasaba ko Padiri Nahimana Thomas nagera mu Rwanda ashyikirizwa ubutabera

Editorial 22 Nov 2016
Urutonde rw’imigi 10 yoroshye n’10 igoye kuyibamo ku isi muri uyu mwaka wa 2018
HIRYA NO HINO

Urutonde rw’imigi 10 yoroshye n’10 igoye kuyibamo ku isi muri uyu mwaka wa 2018

Editorial 15 Aug 2018
Dore ibintu 5 umusore n’umukobwa bakwiye kwirinda igihe bagiye guhura bwa mbere
HIRYA NO HINO

Dore ibintu 5 umusore n’umukobwa bakwiye kwirinda igihe bagiye guhura bwa mbere

Editorial 04 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru