• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Uburyo dukoresha uyu munsi mu miyoborere y’Isi ntabwo ari uburambye – Perezida Kagame

Uburyo dukoresha uyu munsi mu miyoborere y’Isi ntabwo ari uburambye – Perezida Kagame

Editorial 26 Sep 2018 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame yavuze ko hakenewe impinduka mu miyoborere y’Isi muri iki gihe, hakimakazwa ubufatanye bw’ibihugu mu iterambere riyibereye, kuko usanga hakiri ibihugu bimwe bishyiraho imirongo ibindi bigomba kugenderaho.

Perezida Kagame yabigarutseho kuri uyu wa Kabiri ubwo yitabiraga Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye, i New York.

Yavuze ko insanganyamatsiko y’ibiganiro muri uyu mwaka ari ukubaka Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu ubereye bose. Ibi ngo bisaba ibihugu byose kwiyemeza gufatanya cyane cyane aho byagiye bikomeza kubura.

Yagize ati “Uburyo dukoresha uyu munsi mu miyoborere y’Isi ntabwo ari uburambye. Usanga bamwe muri twe aribo bashyiraho imirongo ngenderwaho ishingirwaho mu gucira abandi imanza, nyamara ingingo z’ibanze zitatugenga twese ku buryo bungana ntabwo tuba tuzihuriyeho.”

“Gukemura iyi ngingo y’ibanze mu buryo bw’imikorere yacu nibyo bizadufasha kugarura imikoranire n’ubufatanye kandi bikatwongerera icyizere mu miryango mpuzamahanga ifitiye akamaro ahazaza h’Isi yacu.”

Perezida Kagame ariko yatanze icyizere ko mu myaka iri imbere ibihugu bizakomeza gushimangira ubufatanye hagati y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika na Loni mu guteza imbere amahoro n’umutekano, uburinganire n’iterambere ry’abari n’abategarugori, kurinda ibidukikije n’uburumbuke busangiwe.

Kagame yavuze ko nta handi ku Isi usanga bumva akamaro k’ubufatanye hagati y’ibihugu ndetse no gushyira hamwe nko muri Afurika.

Gusa ngo n’ubwo bimeze gutyo, Afurika yakomeje kubonwa nk’umugabane urimo amacakubiri no kudakorana, bituma idashobora gushyira imbere inyungu ibihugu biyigize bihuriyeho.

Yakomeje agira ati “Twatanze urufunguzo rw’ahazaza hacu, turuha abandi batabiduhatiye, ahubwo kubera kudakorana kwacu.”

Gusa yavuze ko ubu ibihe byahindutse, ndetse kuba imiyoborere ya kera ikomeje kugenda icika muri Afurika, byatumye yongera guha umwanya iby’ibanze kugira ngo yongere yisuganye kandi ihindure uburyo bw’imikorere

Yakomoje ku mavugurura agamije kuyifasha kwihaza no kwigira, aho ubu AU ifite ingengo y’imari iri munsi y’iy’umwaka ushize ku kigero cya 12% ariko ikigero cy’imigabane itangwa n’ibihugu kikaba cyariyongereye.

Inkunga ku Kigega cyahariwe gufasha AU muri gahunda zo kugarura amahoro nazo ubu ziri hejuru kuva iki kigega cyashyirwaho muw’1993, ndetse mu ntangiriro z’uyu mwaka, ibihugu bigize AU byashyize umukono ku Masezerano ashyiraho Isoko Rimwe rya Afurika.

Perezida Kagame yakomeje agira ati “Aya Masezerano namara gushyirwa mu bikorwa, umwanya Afurika ifite mu ruhando rw’amahanga mu bukungu n’ubucuruzi uzahinduka. Ubukungu buteye imbere n’ubuhahirane hagati y’ibihugu bya Afurika bizadufasha kugera ku Ntego z’Iterambere Rirambye (SDGs) bitarenze 2030.”

Ibihugu 49 nibyo bimaze gushyira umukono ku masezerano y’Isoko Rimwe rya Afurika.

Iri soko rusange nirimara gushyirwaho, Perezida Kagame avuga ko ibihugu bya Afurika bizatangira no kubona amahirwe mashya mu bufatanye hagati ya za leta n’abikorera.

Yakomeje agira ati “Afurika n’Isi yose muri rusange dukwiriye kwishyira hamwe tugakora ibikenewe gukorwa kugira ngo ingamba ziba zafashwe n’amasezerano yemeranyijweho bijye byubahirizwa.”

Iyi nama iri kubera i New York, ku wa 26 izibanda ku ngingo yo kurwanya igituntu nk’uko byemejwe n’ibihugu by’ibinyamuryango muri Gashyantare uyu mwaka.

Ku wa 27 Nzeri 2018 abakuru b’ibihugu bazasuzuma intambwe yatewe mu kwirinda no kugenzura indwara zitandura.

Ubwo Perezida Kagame yagezaga ijambo ku Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye i New York, kuri uyu wa Kabiri

Perezida Kagame yavuze ko Afurika n’Isi yose muri rusange bikwiriye kwishyira hamwe bigakora ibikenewe

Perezida Kagame yavuze ko imikorere ya Afurika ya kera atari yo y’ubu

Perezida Kagame yicaranye na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga, Louise Mushikiwabo hamwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga, Olivier Nduhungirehe, mu nama y’Inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye

Amafoto: Village Urugwiro

2018-09-26
Editorial

IZINDI NKURU

MTN na Jumia batangije umukoro “MTN Entrepreneurship Challenge” mu guteza imbere Afrika

MTN na Jumia batangije umukoro “MTN Entrepreneurship Challenge” mu guteza imbere Afrika

Editorial 26 Feb 2016
Sinigeze mbona igihugu cya Afurika kiyobowe neza nk’u Rwanda- Mo Ibrahim

Sinigeze mbona igihugu cya Afurika kiyobowe neza nk’u Rwanda- Mo Ibrahim

Editorial 03 May 2018
BK Group Plc yatangije ikigo cy’imari cya “BK Capital”

BK Group Plc yatangije ikigo cy’imari cya “BK Capital”

Editorial 15 Mar 2019
Qatar yegukanye 60% mu mushinga wa miliyari $1.3 wo kubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera

Qatar yegukanye 60% mu mushinga wa miliyari $1.3 wo kubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera

Editorial 10 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abasirikare babiri b’u Rwanda bakekwaho kwica umuturage i Gikondo  batawe muri yombi
ITOHOZA

Abasirikare babiri b’u Rwanda bakekwaho kwica umuturage i Gikondo batawe muri yombi

Editorial 10 May 2017
Kinshasa (DRC): Umukuru w’inyeshyamba ukorana n’UBurundi n’inyeshyamba za Kayumba Nyamwasa yatawe muri yombi
INKURU NYAMUKURU

Kinshasa (DRC): Umukuru w’inyeshyamba ukorana n’UBurundi n’inyeshyamba za Kayumba Nyamwasa yatawe muri yombi

Editorial 23 Jan 2019
Uganda: Col Ndahura Wafatiwe Mu Nkubiri Imwe Na Gen Kayihura Arahakana Ko Yemeye Ibyaha Ashinjwa
POLITIKI

Uganda: Col Ndahura Wafatiwe Mu Nkubiri Imwe Na Gen Kayihura Arahakana Ko Yemeye Ibyaha Ashinjwa

Editorial 06 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru