• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Ubutabera ntibuzagwe mu mutego wa Aimable Karasira wiyita umurwayi wo mu mutwe, kandi ari”umusazi-mwenge”!!

Ubutabera ntibuzagwe mu mutego wa Aimable Karasira wiyita umurwayi wo mu mutwe, kandi ari”umusazi-mwenge”!!

Editorial 08 Jul 2021 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Rwanda

Ubutabera ntibuzagwe mu mutego wa Aimable Karasira wiyita umurwayi wo mu mutwe, kandi ari”umusazi-mwenge”!
Aimable Karasira ni umwe mu bantu bamaze igihe bapfobya bakanahakana Jenoside yakorewe Abatutsi, ari nako basebya ubuyobozi bagamije kubwangisha abaturage.

Ibikorwa bye bibi Rushyashya yabigarutseho kenshi, yerekana ko niba Aimable Karasira adafashwe ngo aryozwe ubugizi bwa nabi, byari kuba ari ukorora umurozi ejo akakumara ku rubyaro. Igihe cyarageze, atabwa muri yombi, ndetse yamaze gushyikirizwa urukiko.
Tariki 07 Nyakanga 2021, imbere y’Urukiko yarihanukiriye ati:”Maze imyaka 18 ndi ku miti y’abarwayi bo mu mutwe”. Biramenyerewe ko mu nkiko abunganizi mu mategeko bategura amayeri yose ashobora gutabara umukiliya, cyane cyane iyo babona ibyaha aregwa bikomeye, ku buryo nta ngingo yindi imurengera uretse ayo mayeri nyine. By’umwihariko kuri Karasira Aimable, nta tegeko abunganizi be bashoboraga kwitabaza ngo rimugire umwere, ku magambo yivugiye mu ruhame kandi inshuro nyinshi. Icyari gisigaye gusa rero ni ukumugira inama yo kwigira umusazi, bagamije kugusha urukiko mu mutego wo kureka urubanza, Karasira akarekurwa.
Nyamara rero, nk’uko abasesenguzi bakomeje kubigarukaho ku mbuga nkoranyambaga, nta kuntu wavuga ko amahano ya Karasira yayakoreshejwe n’uburwayi bwo mu mutwe, mu gihe bigaragara ko imigambi ye yayicuranye ubwenge n’intego yo kwangiza. Ibyo yavuze byose yabisubiyemo kenshi nta gutegwa, nta guhuzagurika, ndetse n’abamuhaye ijambo inshuro utabara barabibonaga neza ko ibitekerezo bya Karasira bikurikiranye mu buryo bwa gihanga mu konona.

Wasobanura ute uburyo umuntu amaze imyaka 18 ari ku miti y’abarwayi bo mu mutwe, kandi muri iyo myaka hari iyo yamaze yigisha muri Kaminuza ibijyanye n’ikoranabuhanga? Niba abaganga baramubonagamo uburwayi kuki batamenyeshe Kaminuza ko ikoresha musazi ngo nibiba ngombwa ahabwe ikiruhuko gihagije cyo kwivuza? Kuki muri iyo myaka yose, baba abayobozi be, abarimu bakoranye, abanyeshuri yigishaga, nta muntu n’umwe wigeze agaragaza ko Aimable Karasira ari umurwayi udakwiye kwigisha muri kaminuza?

Twibukiranye ko Karasira Aimable yirukanywe muri Kaminuza y’uRwanda kubera amakosa arimo no “kuroga” urubyiruko arushyiramo imyumvire y’amacakubiri. Ntaho bihuriye n’uburwayi ubwo ari bwo bwose bwaba bwaramugaragayeho.

Ubwo inzego zibishinzwe zajyaga gusaka mu rugo rwa Karasira, zahasanze amamiliyoni y’amafaranga(arimo n’amanyamahanga). Hari amakuru yizewe avuga ko ayo mafaranga yayahabwaga n’abanzi b’uRwanda. Ese bakagize menshi, bafite n’ayo guha abasazi? Igisubizo buri wese yacyiha, nta mukoresha wahitamo umurwayi wo mu mutwe, ahubwo ahitamo uzatanga umusaruro umutezeho.

Ninde murwayi wo mu mutwe ushobora gushinga televiziyo nk’uko Aimable Karasira yabikoze ashinga “Umubavu TV”?! Ese ninde usara akamenya ko ari umusazi ra?
Iturufu ya Karasira n’abanyamategeko be yatarahuwe. Bahisemo iyi”stategy” yo kwisarisha, nk’uko Rusesabagina yahisemo iyo kwihakana ubunyarwanda, Béatrice Munyenyezi ahitamo iyo kuvuga ko atazi Ikinyarwanda n’abandi benshi nka Ngeze Hassan wasabye kuburana mu cyarabu byo kuruhanya, ariko birangira n’ubundi uhanwa ahanwe. Aha rero niho dusaba urukiko kutazagwa mu mutego wo kwibwira ko Aimable Karasira afite uburwayi bwo mu mutwe, aho kumuburanisha ku byaha bikomeye aregwa rukaba rwamwohereza i Ndera mu bitaro. Ikindi, urukiko ruzaperereze ku mpapuro Karasira avuga ko yavanye kwa muganga, kuko bishobora kuba birimo ruswa.

Ntawe usarira kuri Jenoside, n’ubwo koko kuyipfobya no kuyihakana ubwabyo ari ubusazi, ariko Aimable Karasira ni” UMUSAZI-MWENGE”.

2021-07-08
Editorial

IZINDI NKURU

INGINGO Z’INGEZI Z’URWANDIKO RWA SUSURUTSA SEBAHINZI Joseph RUSABA  GUHINDURA AMAZINA

INGINGO Z’INGEZI Z’URWANDIKO RWA SUSURUTSA SEBAHINZI Joseph RUSABA  GUHINDURA AMAZINA

Editorial 25 Apr 2018
FERWAFA yafashe umwanzuro ko Rayon n’Intare FC bazakina umukino wa 1/8 wo kwishyura w’igikombe cy’Amahoro

FERWAFA yafashe umwanzuro ko Rayon n’Intare FC bazakina umukino wa 1/8 wo kwishyura w’igikombe cy’Amahoro

Editorial 05 Apr 2023
IBYO KAYUMBA NYAMWASA YARI KUBA YARABAJIJWE MURI TWITTER SPACE IYO UMURONGO UBA UFUNGUYE KU BANTU BOSE

IBYO KAYUMBA NYAMWASA YARI KUBA YARABAJIJWE MURI TWITTER SPACE IYO UMURONGO UBA UFUNGUYE KU BANTU BOSE

Administrator 17 Nov 2025
Perezida Paul Kagame yakiriye Sylvan Adams washinze Israel Premier Tech, ikipe yitabiye Tour du Rwanda 2023

Perezida Paul Kagame yakiriye Sylvan Adams washinze Israel Premier Tech, ikipe yitabiye Tour du Rwanda 2023

Editorial 23 Feb 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CHAN 2018: U Rwanda rwatsinze Guinée Equatoriale
IMIKINO

CHAN 2018: U Rwanda rwatsinze Guinée Equatoriale

Editorial 20 Jan 2018
Abashinyaguzi ntibagira ikiruhuko, Umukobwa wa Nsekarije yakamejeje
ITOHOZA

Abashinyaguzi ntibagira ikiruhuko, Umukobwa wa Nsekarije yakamejeje

Editorial 12 Apr 2016
Maj. Ntuyahaga  kuki avuga ko aje mu Rwanda ubuzima bwe bwajya mu kaga, abahari babaye iki ?
HIRYA NO HINO

Maj. Ntuyahaga kuki avuga ko aje mu Rwanda ubuzima bwe bwajya mu kaga, abahari babaye iki ?

Editorial 05 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru