• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ubutegetsi bwa Trump bwatanze amabwiriza akarishye yo kwagura gahunda yo kwirukana abimukira

Ubutegetsi bwa Trump bwatanze amabwiriza akarishye yo kwagura gahunda yo kwirukana abimukira

Editorial 22 Feb 2017 ITOHOZA

Abimukira batagira ibyangombwa bari bafunzwe kubera amakosa yo gutwara ibinyabiziga cyangwa se kwiba ibintu muri za butike, kimwe n’abandi bigeze gufungirwa ibindi byaha bikomeye nibo iyi gahunda yo kwirukanwa izibandaho.
.
Ibi n’ibyemezo Ubutegetsi bwa Trump bwatanze nyuma yaho arahiriye kuyobora iki gihugu, muri gahunde ze Trump yiyamamaza yavuze ko azirukana abimukira baba muri Leta zunze ubumwe z’Amerika, aya mabwiriza akarishye yo kwagura gahunda yo kwirukana abimikira ni igikorwa cyikihutishwa cyane.

Iri tegeko ntabwo rije rihindura andi mategeko arebana n’abimukira baba muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, ariko ni ukugirango hakazwe umurego kugirango amategeko yari asanzweho ashyirwe mu bikorwa vuba na bwangu. Habarirwa abagera kuri miliyoni 11 baba muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, babimukira batagira ibyangombwa.

-5825.jpg

-5824.jpg

Ifoto abashinzwe guhashya abimukira bafashe ukekwaho kuba umwimukira ahitwa Los Angeles

Ushinzwe itangazamakuru muri Perezidansi ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika Sean Spicer, kuwa Kabiri yavuze ko aya mabwiriza mashyashya atavuga ko hazirukanwa abantu benshi cyane, ko ahubwo yashyizweho kugirango byorohereze abashinzwe inzego zishinzwe gushyira mu bikorwa amategeko asanzwe yanditswe mu bitabo.

“Perezida yashakaga guha ububasha busesuye abashinzwe gushyira uyu mugambi mu bikorwa,” akaba ari ibyavuzwe na Bwana Spicer.

“Ubutumwa buturutse muri Perezidansi n’urwego rushinzwe umutekano mu gihugu nuko abo bantu bari mu gihugu, bashobora guhungabanya ituze ryacu, cyangwa se bakaba barakoze icyaha icyo aricyo cyose, nibo bazabimburira abandi kugenda.”

Itangazamakuru rikaba rivuga ko kubera uyu musako udasanzwe, uhiga bukware abimukira, byatumye benshi batinya gukingura.

Ese ni iki cyaba cyarahindutseho kuva ku gihe cya Obama?

Urwego rw’igihugu rushinzwe umutekano mu gihugu ntirwigeze ruhindura ibyari byarashyizweho mu gihe cya Obama, bijyanye no kudahungabanya abimukira binjiye muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu buryo bunyuranije n’amategeko, nk’abana, bityo ibi bikaba bifite ingaruka ku nzirakarengane zigera ku bihumbi 750.000 bazwi nka “Dreamers”, ugenekereje mu Kinyarwanda ni abantu bari mu nzozi.

Ariko ibi byo byakabije, kuko birenga ku mabwiriza yari yarashyizweho n’ubutegetsi bucyuye igihe, kuko amabwiriza yavugaga ko abakoze ibyaha bikomeye cyane, birimo guhungabanya umutekano w’igihugu, cyangwa se abimukira babaga aribwo bakimara gukandigiza ikirenge muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, aribo bagenda.

Ibi byose bizakenera amafaranga menshi cyane, ndetse n’abakozi, bityo ubutegetsi bwa Trump bukazasaba inteko ishinga amategeko kugirango hongerwe abandi bakozi, mu rwego rwo kugirango icyo cyibazo gikemuke. Akaba ari muri uru rwego abenegihugu basanzwe n ‘abasanzwe bashinzwe gushyira mu bikorwa iyi gahunda basabwe gusenyera umugozi umwe, kugirango iki gikorwa cyigende neza bafata ndetse no gufunga abimukira batagira ibyangombwa.

Ese ni iki gishyashya muri aya mabwiriza?

Aya mabwiriza yashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Kabiri aha ububasha guhita basubiza abimukira iyo baturutse ako kanya bakimara kubafata.

Ku butegetsi bwa Obama, ibi byakorwaga gusa ku bantu batari bakarengeje iminsi 14 gusa, kandi bari ku burebure nibura bungana na mile 100, zinagana 160 km uvuye ku mupaka.

Muri aya mabwiriza mashyashya, abashinzwe kwirukana abimukira bafite ububasha bwo gusubizayo abimukira batagira ibyangombwa, abimukira bari barengeje imyaka ibiri baba muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Leta ikaba iteganya gutanga akazi ku bandi bakozi 10.000, naho urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka rukaba rugiye guha akazi abantu 5000, kugirango aya mabwiriza ashobore gushyirwa mu bikorwa.

Ushinzwe umutekano wo mu gihugu,John Kelly, yanditse agira ati, : “Ukwiyongera kw’abimukira ku mupaka wo mu Majyepfo y’igihugu kwarenze ubushobozi bw’inzego zishinzwe imipaka n’amikoro, bityo bikaba bishyira mukaga umutekano wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.”

Iyi nyandiko ya Kelly irimo amabwiriza yo gukaza amategeko yari asanzwe agenga abimukira bajya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, yo kwirukana ababa muri icyo gihugu nta byangombwa, babasubiza mu gihugu cya Mexico, hatitawe ku nkomoko yabo.

-5823.jpg

Ifoto igaragaza abashinzwe imipaka bafata umwimukira udafite ibyangombwa ku mupaka wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika hafi na Leta ya Texas

Ntibiramenyekana, niba Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zifite ububasha bwo gutegeka igihugu cya Mexico kwemera abanyamahanga.

Aya mabwiriza aturuka he?

Ni ugushyira mu bikorwa itegeko rya Trump ryashyizweho umukono ku wa 25 Mutarama 2017, nyuma y’iminsi mike amaze kujya ku butegetsi.

Aya mabwiriza mashyashya ntiyigeze agaragaza aho amafaranga azubaka urukuta rwa Trump azaturuka, naho abimukira bazaba bamaze gufatwa bazajya bafungirwa.

Iyi nyandiko itanga amabwiriza yo gukoresha uburyo bwose buhari kwagura iyi gahunda, ari nako hongerwa ahazajya hafungirwa abafashwe batagira ibyangombwa, ariko wenda, inteko ishobora kongera amafaranga azakoreshwa muri iki gikorwa, kugirango hubakwe ahandi hazajya hafungirwa abimukira batagira ibyangombwa.

2017-02-22
Editorial

IZINDI NKURU

Umunyarwanda wabeshye inzego za Amerika aranashinjwa uruhare muri Jenoside

Umunyarwanda wabeshye inzego za Amerika aranashinjwa uruhare muri Jenoside

Editorial 22 Jan 2016
Uburyo ibaruwa Museveni yandikiye Kagame yuzuyemo” ukwivuguruza”

Uburyo ibaruwa Museveni yandikiye Kagame yuzuyemo” ukwivuguruza”

Editorial 21 Mar 2019
Gatsibo: Mu rugo rw’umuturage hafatiwe grenade n’amasasu

Gatsibo: Mu rugo rw’umuturage hafatiwe grenade n’amasasu

Editorial 20 Jun 2018
Icyemezo cy’Urukiko rwa Virginia cyahaye agaciro ubusabe bwa Speciose Mukabayojo, Umwami Kigeli  azatabarizwa mu Rwanda

Icyemezo cy’Urukiko rwa Virginia cyahaye agaciro ubusabe bwa Speciose Mukabayojo, Umwami Kigeli azatabarizwa mu Rwanda

Editorial 05 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gatsibo: Umugabo afunze azira kugerageza guha ruswa ushinzwe serivisi z’ubutaka
Amakuru

Gatsibo: Umugabo afunze azira kugerageza guha ruswa ushinzwe serivisi z’ubutaka

Editorial 12 Sep 2016
Ngo urusha nyina w’umwana imbabazi ….Umunyamakuru Asuman Bisiika wa Daily Monitor akwiye kwisuzumisha ikibazo afite mu mutwe, aho kwitwaza Nyakwigendera Joy Agaba
INKURU NYAMUKURU

Ngo urusha nyina w’umwana imbabazi ….Umunyamakuru Asuman Bisiika wa Daily Monitor akwiye kwisuzumisha ikibazo afite mu mutwe, aho kwitwaza Nyakwigendera Joy Agaba

Editorial 05 Dec 2019
Rayon Sports yatsinzwe na Gasogi United 2-1 hafungurwa imikino y’igice cyo kwishyura ya Primus National League
Amakuru

Rayon Sports yatsinzwe na Gasogi United 2-1 hafungurwa imikino y’igice cyo kwishyura ya Primus National League

Editorial 13 Jan 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru