• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ubwiru muri Sena y’u Bufaransa mu kiganiro cy’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi
Ndagijimana JMV na Charles Onana bari mu batanze ibiganiro

Ubwiru muri Sena y’u Bufaransa mu kiganiro cy’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 10 Mar 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA, POLITIKI

Ikiganiro cyakorewe muri Sena y’u Bufaransa kuri uyu wa Mbere cyahuje abashinjwa gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, cyakoranywe ubwiru bukomeye ku buryo abazi neza u Rwanda bakumiriwe muri iyi nama mu buryo bwa burundu.

Kuri uyu wa Mbere nibwo muri Sena y’u Bufaransa habereye ibiganiro byiswe ko kigomba kugaruka ku “myaka 60 y’umutekano muke ukomeye mu Karere k’Ibiyaga bigari.” Ni ikiganiro cyari cyateguwe n’abantu bazwiho gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ku buryo abantu bamwe bari bitezwe mu biganiro bitandukanyije nacyo.

Dr. Denis Mukwege yanze kwitabira iyi nama ku munota wa nyuma, avuga ko ibyo yifuzaga ko bivugirwa muri iyi nama bitashyizwe kuri gahunda, nyamara ari we wari watangije igitekerezo cyayo abinyujije muri Senateri Gérard Longuet.

Umunyamabanga Mukuru w’Ikigo cy’Ubumenyi ku masomo yibanda ku bihugu bigitegekwa n’u Bufaransa (Académie des Sciences d’Outre-Mer), Pierre Gény, na we wateganyaga kuba mu bagombaga gutangiza iyi nama, yavuze ko atazayitabira kuko uwo bashyigikiye kandi basanzwe bakorana, Dr Denis Mukwege, atazayibonekamo.

Bamwe mu bitabiriye ibi biganiro bahishuye uburyo umugambi w’iki kiganiro ukimara kujya hanze, abagiteguye bakoze ibishoboka ku buryo ibiganiro byabo biguma hagati yabo, birinda ko hagira umuntu uzi neza u Rwanda ushobora no guhinyuza ibyo bavuga winjiramo.

Hari hafashwe ibyemezo ko nta muntu ufite camera winjira, abanyamakuru bakumirwa muri iki cyumba kuko byasabaga kubanza kwiyandikisha, kugeza ubwo na Alain Gauthier uyobora umuryango uharanira ko abagize uruhare muri Jenoside bose bagezwa imbere y’ubutabera, yangiwe kwinjira muri ibi biganiro.

Mu bandi bitabiriye ibi biganiro harimo Judi Rever wanditse igitabo gipfobya uruhare rwa FPR Inkotanyi yahagaritse Jenoside, Adolphe Muzito wabaye Minisitiri w’Intebe wa RDC ukomeje gukwirakwiza ibitekerezo by’ubushotoranyi ku Rwanda; Charles Onana upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, Senateri Gérard Longuet wanabaye Minisitiri w’Ingabo w’u Bufaransa ku bwa Nicolas Sarkozy n’abandi.

Kuva iyi nama yategurwa yamaganiwe kure, kugeza ubwo Ihuriro ry’Abanyarwanda batuye mu Bufaransa (Communauté Rwandaise de France, CRF), ndetse na Ibuka France, basabye Sena y’iki gihugu kwitandukanya n’iyo nama yari igamije guha urubuga abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Amb. Ndagijimana yagaragaje uwo ari we

Mu kiganiro cyabaye kuri uyu wa 9 Werurwe, umwe mu batanze ibiganiro ni Jean Marie Vianney Ndagijimana wabaye Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa mbere nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Uyu yavuye mu Rwanda atorokanye amafaranga yagombaga gukoreshwa mu kongera gufungura ambasade z’u Rwanda zari zafunzwe muri Jenoside n’ivanwaho rya Guverinoma ya Habyarimana.

Yagize ati “Ni operation Turquoise yahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi mu majyepfo y’uburengerazuba bw’u Rwanda. U Bufaransa bwonyine nicyo gihugu cyarokoye Abanyarwanda mu 1994 !”

Imvugo ye muri iki kiganiro ntitana n’ubundi n’amagambo asanzwe amuranga apfobya Jenoside. Ubushakashatsi buheruka gushyirwa ahagaragara na Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside, CNLG, bwahishuye ko Abafaransa bagize uruhare mu byaha bitandukanye birimo gukorana n’Interahamwe, kwica, gufata abagore n’abakobwa ku ngufu no guhisha ibimenyetso bya Jenoside yakorewe Abatutsi binyuze mu gushaka guhisha imirambo y’ababaga bamaze kwicwa n’Interahamwe ariko we akavuga ko aribo bahagaritse Jenoside.

Uruhare rwa Ndagijimana mu gupfobya Jenoside

Ubushakashatsi bwa CNLG buheruka kugaragaza ko Perefegitura ya Cyangugu ifite abantu batandukanye bari mu nzego nkuru za Leta bahunze igihugu, bageze mu mahanga bamamara mu mvugo n’ibikorwa bihakana bikanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ambasaderi Ndagijimana Jean Marie Vianney yavukiye mu yahoze ari Komini Cyimbogo i Mururu, ubu ni mu Karere ka Rusizi. Afite impamyabushobozi ihanitse mu mategeko yakuye muri Kaminiza ya Luvanium i Kinshasa.

Kuva muri Mutarama 1986, Ndagijimana Jean Marie Vianney yagiriwe icyizere na Habyarimana, agirwa Ambasaderi w’u Rwanda i Addis-Abeba, ahagarariye u Rwanda muri Ethiopia na Sudani, anahagarariye u Rwanda muri OUA no muri CEA, ikigo cya Loni gishinzwe ibibazo by’ubukungu muri Afurika.

Urugamba rwo kubohora igihugu rutangiye mu 1990, yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda mu Bufaransa akorera i Paris kugeza muri Mata 1994.

Nyuma yo kubohora igihugu no guhagarika Jenoside, Ndagijimana yagarutse mu Rwanda, aba Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga muri Guverinoma yari iyobowe na Twagiramungu Faustin, umuturanyi we bakomokaga muri Perefegitura imwe ya Cyangugu.

Nyuma y’amezi atanu gusa (Nyakanga 1994 – Ugushyingo 1994), yahisemo guhunga, asubira mu Bufaransa.

Amaze guhunga, Ndagijimana yashinze, anayobora ishyirahamwe ryitwa “Ibuka bose” rikorera mu Bubiligi. Ubu ni umwe mu bamamaza ko mu Rwanda habaye Jenoside ebyiri “double Genocide”.

Src: IGIHE

2020-03-10
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yasobanuye ko ntaho uRwanda ruhuriye n’umutwe wa M23. Kenya ntiyajya mu mikino yo kwegekanaho umutwaro kuko ntacyo yakemura”-William Ruto, Perezida wa Kenya.

Perezida Kagame yasobanuye ko ntaho uRwanda ruhuriye n’umutwe wa M23. Kenya ntiyajya mu mikino yo kwegekanaho umutwaro kuko ntacyo yakemura”-William Ruto, Perezida wa Kenya.

Editorial 26 Sep 2022
Menya ibyo Kayumba Nyamwasa n’agatsiko ke k’iterabwoba ka RNC bakumiriwe gukora muri Afurika y’Epfo guhera Mutarama 2020

Menya ibyo Kayumba Nyamwasa n’agatsiko ke k’iterabwoba ka RNC bakumiriwe gukora muri Afurika y’Epfo guhera Mutarama 2020

Editorial 09 Jan 2020
Umujenosideri Augustin Ngirabatware wakatiwe igifungo cy’imyaka 32 agiye kurangiriza igihano cye muri Senegal.

Umujenosideri Augustin Ngirabatware wakatiwe igifungo cy’imyaka 32 agiye kurangiriza igihano cye muri Senegal.

Editorial 23 Jul 2021
Dr Ronny Jackson yatangaje ko Peresida Trump afite ubuzima buzira umuze.

Dr Ronny Jackson yatangaje ko Peresida Trump afite ubuzima buzira umuze.

Editorial 17 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amerika: Perezida Kagame yasubije uburyo yatsinze amatora ku kigero cyo hejuru mu matora aheruka namajwi, 98,7%  [ VIDEO ]
POLITIKI

Amerika: Perezida Kagame yasubije uburyo yatsinze amatora ku kigero cyo hejuru mu matora aheruka namajwi, 98,7% [ VIDEO ]

Editorial 21 Sep 2017
Abarundi batashye ngo ntacyo bashinja u Rwanda ariko ntibazahindura imyemerere
Mu Rwanda

Abarundi batashye ngo ntacyo bashinja u Rwanda ariko ntibazahindura imyemerere

Editorial 01 Apr 2018
Kayonza: Abayobozi b’akagari babiri bafunzwe kakekwaho kunyereza ibya rubanda
Mu Mahanga

Kayonza: Abayobozi b’akagari babiri bafunzwe kakekwaho kunyereza ibya rubanda

Editorial 29 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru