• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ubwiru muri Sena y’u Bufaransa mu kiganiro cy’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi
Ndagijimana JMV na Charles Onana bari mu batanze ibiganiro

Ubwiru muri Sena y’u Bufaransa mu kiganiro cy’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 10 Mar 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA, POLITIKI

Ikiganiro cyakorewe muri Sena y’u Bufaransa kuri uyu wa Mbere cyahuje abashinjwa gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, cyakoranywe ubwiru bukomeye ku buryo abazi neza u Rwanda bakumiriwe muri iyi nama mu buryo bwa burundu.

Kuri uyu wa Mbere nibwo muri Sena y’u Bufaransa habereye ibiganiro byiswe ko kigomba kugaruka ku “myaka 60 y’umutekano muke ukomeye mu Karere k’Ibiyaga bigari.” Ni ikiganiro cyari cyateguwe n’abantu bazwiho gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ku buryo abantu bamwe bari bitezwe mu biganiro bitandukanyije nacyo.

Dr. Denis Mukwege yanze kwitabira iyi nama ku munota wa nyuma, avuga ko ibyo yifuzaga ko bivugirwa muri iyi nama bitashyizwe kuri gahunda, nyamara ari we wari watangije igitekerezo cyayo abinyujije muri Senateri Gérard Longuet.

Umunyamabanga Mukuru w’Ikigo cy’Ubumenyi ku masomo yibanda ku bihugu bigitegekwa n’u Bufaransa (Académie des Sciences d’Outre-Mer), Pierre Gény, na we wateganyaga kuba mu bagombaga gutangiza iyi nama, yavuze ko atazayitabira kuko uwo bashyigikiye kandi basanzwe bakorana, Dr Denis Mukwege, atazayibonekamo.

Bamwe mu bitabiriye ibi biganiro bahishuye uburyo umugambi w’iki kiganiro ukimara kujya hanze, abagiteguye bakoze ibishoboka ku buryo ibiganiro byabo biguma hagati yabo, birinda ko hagira umuntu uzi neza u Rwanda ushobora no guhinyuza ibyo bavuga winjiramo.

Hari hafashwe ibyemezo ko nta muntu ufite camera winjira, abanyamakuru bakumirwa muri iki cyumba kuko byasabaga kubanza kwiyandikisha, kugeza ubwo na Alain Gauthier uyobora umuryango uharanira ko abagize uruhare muri Jenoside bose bagezwa imbere y’ubutabera, yangiwe kwinjira muri ibi biganiro.

Mu bandi bitabiriye ibi biganiro harimo Judi Rever wanditse igitabo gipfobya uruhare rwa FPR Inkotanyi yahagaritse Jenoside, Adolphe Muzito wabaye Minisitiri w’Intebe wa RDC ukomeje gukwirakwiza ibitekerezo by’ubushotoranyi ku Rwanda; Charles Onana upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, Senateri Gérard Longuet wanabaye Minisitiri w’Ingabo w’u Bufaransa ku bwa Nicolas Sarkozy n’abandi.

Kuva iyi nama yategurwa yamaganiwe kure, kugeza ubwo Ihuriro ry’Abanyarwanda batuye mu Bufaransa (Communauté Rwandaise de France, CRF), ndetse na Ibuka France, basabye Sena y’iki gihugu kwitandukanya n’iyo nama yari igamije guha urubuga abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Amb. Ndagijimana yagaragaje uwo ari we

Mu kiganiro cyabaye kuri uyu wa 9 Werurwe, umwe mu batanze ibiganiro ni Jean Marie Vianney Ndagijimana wabaye Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa mbere nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Uyu yavuye mu Rwanda atorokanye amafaranga yagombaga gukoreshwa mu kongera gufungura ambasade z’u Rwanda zari zafunzwe muri Jenoside n’ivanwaho rya Guverinoma ya Habyarimana.

Yagize ati “Ni operation Turquoise yahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi mu majyepfo y’uburengerazuba bw’u Rwanda. U Bufaransa bwonyine nicyo gihugu cyarokoye Abanyarwanda mu 1994 !”

Imvugo ye muri iki kiganiro ntitana n’ubundi n’amagambo asanzwe amuranga apfobya Jenoside. Ubushakashatsi buheruka gushyirwa ahagaragara na Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside, CNLG, bwahishuye ko Abafaransa bagize uruhare mu byaha bitandukanye birimo gukorana n’Interahamwe, kwica, gufata abagore n’abakobwa ku ngufu no guhisha ibimenyetso bya Jenoside yakorewe Abatutsi binyuze mu gushaka guhisha imirambo y’ababaga bamaze kwicwa n’Interahamwe ariko we akavuga ko aribo bahagaritse Jenoside.

Uruhare rwa Ndagijimana mu gupfobya Jenoside

Ubushakashatsi bwa CNLG buheruka kugaragaza ko Perefegitura ya Cyangugu ifite abantu batandukanye bari mu nzego nkuru za Leta bahunze igihugu, bageze mu mahanga bamamara mu mvugo n’ibikorwa bihakana bikanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ambasaderi Ndagijimana Jean Marie Vianney yavukiye mu yahoze ari Komini Cyimbogo i Mururu, ubu ni mu Karere ka Rusizi. Afite impamyabushobozi ihanitse mu mategeko yakuye muri Kaminiza ya Luvanium i Kinshasa.

Kuva muri Mutarama 1986, Ndagijimana Jean Marie Vianney yagiriwe icyizere na Habyarimana, agirwa Ambasaderi w’u Rwanda i Addis-Abeba, ahagarariye u Rwanda muri Ethiopia na Sudani, anahagarariye u Rwanda muri OUA no muri CEA, ikigo cya Loni gishinzwe ibibazo by’ubukungu muri Afurika.

Urugamba rwo kubohora igihugu rutangiye mu 1990, yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda mu Bufaransa akorera i Paris kugeza muri Mata 1994.

Nyuma yo kubohora igihugu no guhagarika Jenoside, Ndagijimana yagarutse mu Rwanda, aba Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga muri Guverinoma yari iyobowe na Twagiramungu Faustin, umuturanyi we bakomokaga muri Perefegitura imwe ya Cyangugu.

Nyuma y’amezi atanu gusa (Nyakanga 1994 – Ugushyingo 1994), yahisemo guhunga, asubira mu Bufaransa.

Amaze guhunga, Ndagijimana yashinze, anayobora ishyirahamwe ryitwa “Ibuka bose” rikorera mu Bubiligi. Ubu ni umwe mu bamamaza ko mu Rwanda habaye Jenoside ebyiri “double Genocide”.

Src: IGIHE

2020-03-10
Editorial

IZINDI NKURU

Minisitiri Mushikiwabo yerekeje muri Arménie ahazafatirwa umwanzuro ku hazaza ha OIF

Minisitiri Mushikiwabo yerekeje muri Arménie ahazafatirwa umwanzuro ku hazaza ha OIF

Editorial 22 Aug 2018
Ange Kagame wasabwe akanakobwa yashimangiye urwo akunda umusore bagiye kubana ubuziraherezo

Ange Kagame wasabwe akanakobwa yashimangiye urwo akunda umusore bagiye kubana ubuziraherezo

Editorial 31 Dec 2018
Ibisahu n’ibisabano bishajije abo kwa Rusisibiranya Rusesabagina, Muhungu we ngo aramuzana ku kabi n’akeza

Ibisahu n’ibisabano bishajije abo kwa Rusisibiranya Rusesabagina, Muhungu we ngo aramuzana ku kabi n’akeza

Editorial 02 Sep 2020
Rwanda Investigation Bureau ngo ije ‘kurushaho’ mu kugenza ibyaha

Rwanda Investigation Bureau ngo ije ‘kurushaho’ mu kugenza ibyaha

Editorial 18 Apr 2018
Minisitiri Mushikiwabo yerekeje muri Arménie ahazafatirwa umwanzuro ku hazaza ha OIF

Minisitiri Mushikiwabo yerekeje muri Arménie ahazafatirwa umwanzuro ku hazaza ha OIF

Editorial 22 Aug 2018
Ange Kagame wasabwe akanakobwa yashimangiye urwo akunda umusore bagiye kubana ubuziraherezo

Ange Kagame wasabwe akanakobwa yashimangiye urwo akunda umusore bagiye kubana ubuziraherezo

Editorial 31 Dec 2018
Ibisahu n’ibisabano bishajije abo kwa Rusisibiranya Rusesabagina, Muhungu we ngo aramuzana ku kabi n’akeza

Ibisahu n’ibisabano bishajije abo kwa Rusisibiranya Rusesabagina, Muhungu we ngo aramuzana ku kabi n’akeza

Editorial 02 Sep 2020
Rwanda Investigation Bureau ngo ije ‘kurushaho’ mu kugenza ibyaha

Rwanda Investigation Bureau ngo ije ‘kurushaho’ mu kugenza ibyaha

Editorial 18 Apr 2018
Minisitiri Mushikiwabo yerekeje muri Arménie ahazafatirwa umwanzuro ku hazaza ha OIF

Minisitiri Mushikiwabo yerekeje muri Arménie ahazafatirwa umwanzuro ku hazaza ha OIF

Editorial 22 Aug 2018
Ange Kagame wasabwe akanakobwa yashimangiye urwo akunda umusore bagiye kubana ubuziraherezo

Ange Kagame wasabwe akanakobwa yashimangiye urwo akunda umusore bagiye kubana ubuziraherezo

Editorial 31 Dec 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru