• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uganda: Abashimuse umwangavu w’imyaka 18 barasaba miliyoni 10 z’amashilingi

Uganda: Abashimuse umwangavu w’imyaka 18 barasaba miliyoni 10 z’amashilingi

Editorial 17 Apr 2018 Mu Mahanga

Polisi ya Uganda iri gushakisha uruhindu abashimuse umwangavu witwa Rehema Naluzze w’imyaka 18 bakaba bari gusaba ababyeyi be miliyoni 10 z’amashilingi ya Uganda.

Rehema Naluzze ngo yashimuswe kuwa gatandatu ushize arimo ava ku ishuri yigaho ryitwa Kayindu Secondary School ryo mu karere ka Luwero.

Naluzze ubusanzwe ubana na nyirakuru ubyara Se witwa Aisha Namirimu mu karere ka Luwero, ngo yari yagiye iwabo mu karere ka Buikwe kugira ngo nyina witwa Hasfa Nakakaawa amuhe amafaranga y’ishuri agera ku bihumbi ijana by’amashilingi (100,000 Sh).

Naluzze ngo yoherejwe iwabo ku itariki 4 Mata agumayo kugera kuwa gatanu w’icyumweru gishize tariki 13, bukeye kuwa gatandatu nyina kuko aribwo yari abonye amafaranga arayamuha ngo asubire ku ishuri.

Nyina avuga ko umukobwa we yafashe imodoka (taxi) yerekeza i Kampala, ariho yagombaga gufatira indi imwerekeza mu karere ka Luwero aho yiga.

Mu gihe Nakakaawa yari azi ko umwana we yaba yageze muri Luwero mu ma saa tatu z’ijoro, ngo yaje gutungurwa no kumva murumuna we witwa Aisha Nantume amumenyesha ko umwana we yashimuswe ndetse hakenewe byibura miliyoni 10 z’amashiringi (2 317 950 Frw) kugira ngo umwana we arekurwe.

The New Vision iravuga ko Nakakaawa ngo yahise asaba numero z’abashimuse umukobwa we, abahamagaye nabo bamusubiriramo cya kifuzo cy’amafaranga. Ndetse ngo banamuha nyirantarengwa ko nagera kuwa mbere atarayabagezaho azabona umurambo w’umukobwa we.

Nakakaawa ngo yabasabye ko yavugana n’umukobwa we, hanyuma Naluzze amubwira ko afungiye ahitwa ‘Mukwano Arcade’ mu murwa mukuru Kampala, ariko itumanaho rihita ricika nta byinshi bavuganye.

Nakakaawa yatanze ikirego kuri Polisi ya Lugazi, ndetse umuvugizi wa Polisi yo muri aka gace witwa Hellen Butoto avuga ko iki kirego kiri gukurikiranwa n’ishami rya Polisi ryihariye ryitwa ‘Police Flying Squad’.

Ibyaha byo gushimuta abantu muri Uganda biri kugenda bifata intera ndende kuko biri kwiyongera, gusa byagiye binagaragara ko hariho n’abapanga gushimutwa babeshya kugira ngo bakure amafaranga ku nshuti n’imiryango.

2018-04-17
Editorial

IZINDI NKURU

Ubwongereza bwagumanye abimukira babwo, bukaduha abajenosideri” bacu”?

Ubwongereza bwagumanye abimukira babwo, bukaduha abajenosideri” bacu”?

Editorial 04 Oct 2024
U Rwanda rwasabye u Burundi gutanga ibisobanuro ku rupfu rwa Bihozagara

U Rwanda rwasabye u Burundi gutanga ibisobanuro ku rupfu rwa Bihozagara

Editorial 31 Mar 2016
Perezida Kagame yibukije ko u Rwanda rugiye kwinjira mu mwaka w’amatora

Perezida Kagame yibukije ko u Rwanda rugiye kwinjira mu mwaka w’amatora

Editorial 15 Dec 2016
Amadini agira uruhare mu kurwanya ibyaha – Polisi y’u Rwanda

Amadini agira uruhare mu kurwanya ibyaha – Polisi y’u Rwanda

Editorial 01 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 06 Kamena 2017
Mu Rwanda

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 06 Kamena 2017

Editorial 06 Jun 2017
Umunyabugeni yagaragaje abayobozi babatiza mu ndangagaciro z’ubutwari abatifuriza ibyiza u Rwanda
Mu Mahanga

Umunyabugeni yagaragaje abayobozi babatiza mu ndangagaciro z’ubutwari abatifuriza ibyiza u Rwanda

Editorial 25 Jan 2016
Brazaville : Abanyarwanda bakuriweho sitati y’ ubuhunzi barahigwa bufuni na buhoro
INKURU NYAMUKURU

Brazaville : Abanyarwanda bakuriweho sitati y’ ubuhunzi barahigwa bufuni na buhoro

Editorial 06 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru