• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uganda: Gen Kale Kayihura yavuze ko yiteguye kuburana niba hari ibyaha ashinjwa

Uganda: Gen Kale Kayihura yavuze ko yiteguye kuburana niba hari ibyaha ashinjwa

Editorial 27 Jun 2018 Mu Mahanga

Uwahoze ari umukuru w’Igipolisi cya Uganda, Gen Kale Kayihura, kuri ubu uri mu maboko y’igisirikare ashinjwa ibyaha bitarasobanuka neza, yabwiye abashinzwe kumwunganira mu mategeko ko yiteguye kujya mu rukiko akaburana ababuza kwirirwa basaba ko yashikirizwa urukiko cyangwa akarekurwa bitewe n’igihe amaze afunzwe atarashyikirizwa urukiko.

Ubusanzwe Gen Kayihura ni umunyamategeko w’umwuga kuko yayize muri kaminuza, akaba azi ko gusaba gushyikirizwa urukiko cyangwa akarekurwa bishobora kuzagira ingaruka ku rubanza rwe mu gihe yaba agiye kuburanishwa mu rukiko rwa gisirikare.

Amakuru agera kuri Spyreports aturuka mu muryango wa kayihura, avuga ko uyu mujenerali azi icyemezo perezida Museveni ashobora gufata.

Kuri uyu wa Mbere ushize, umwe mu bafashwe mu kibazo kimwe n’icya Gen Kayihura, Lt Col. Atwooki Ndahura, wahoze akuriye ubugenzacyaha, abinyujije mu banyamategeko be bo muri Ocheng and Company Advococate, basabye ko uyu yashyikirizwa urukiko, maze urukiko rukuru rubiha umugisha.

Umucamanza w’urukiko rukuru, Musa Sekana akaba yarasabye umugaba mukuru w’ingabo, umukuru w’igipolisi na CMI kugaragaza Ndahura yaba ari umupfu cyangwa ari muzima, ariko igisirikare cyanga kumwerekana.

Nyuma y’iminsi 15 Gen Kale Kayihura atawe muri yombi, guverinoma ya Uganda ikaba ikomeje guhisha ikizakurikira iri tabwa muri yombi rye. Ni mu gihe mu myaka 13 yamaze ayoboye igipolisi ngo yishimiye kugera kuri Museveni uko ashatse, agashimwa kuba umukada mwiza wa NRM, ariko ibi byose bikagenda biyoyoka mu myaka ya nyuma kugeza yirukanwe ku mirimo ye muri Werurwe 2018.

Yatawe muri yombi kuwa 13 kamena akuwe ku ifamu ye iherereye ahitwa Kashagama mu Karere ka Lyantonde, mbere yo kurizwa kajugujugu ya gisirikare yamujyanye Mbuya kubonana n’umugaba mukuru w’ingabo nyuma akoherezwa mu kigo cya gisirikare cya Makindye ari naho afungiye kugeza ubu.

Minisitiri w’umutekano, Gen Jeje Odongo mu kiganiro aherutse guha itangazamakuru, akaba yaravuze ko Gen Kale Kayihura afite urubanza agomba gusubiza, ariko ntiyasobanura ibyaha aregwa.

2018-06-27
Editorial

IZINDI NKURU

Mu Rwanda: Perezida Kagame yatangaje ko azongera kwiyamamariza manda ya gatatu

Mu Rwanda: Perezida Kagame yatangaje ko azongera kwiyamamariza manda ya gatatu

Editorial 04 Jan 2016
Kirehe: Umumotari n’umukozi wa Kompanyi itwara abagenzi mu modoka bafashe umuntu ifite urumogi

Kirehe: Umumotari n’umukozi wa Kompanyi itwara abagenzi mu modoka bafashe umuntu ifite urumogi

Editorial 24 Mar 2016
Shyaka Kanuma, nyir’ikinyamakuru Rwanda Focus yatawe muri yombi

Shyaka Kanuma, nyir’ikinyamakuru Rwanda Focus yatawe muri yombi

Editorial 02 Jan 2017
TUMENYE ISHAMI RYA POLISI Y’U RWANDA RISHINZWE IPEREREZA KU MARI

TUMENYE ISHAMI RYA POLISI Y’U RWANDA RISHINZWE IPEREREZA KU MARI

Editorial 15 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Diamond Wagaragaye Agiye Gusomana na Wema Sepetu yavuze ku mubano bafitanye
SHOWBIZ

Diamond Wagaragaye Agiye Gusomana na Wema Sepetu yavuze ku mubano bafitanye

Editorial 30 Jan 2018
Ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda(NPC) ryateguye ku nshuro ya3 ibiganiro ku guhangana n’ibyaha bibangamiye umutekano
Mu Mahanga

Ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda(NPC) ryateguye ku nshuro ya3 ibiganiro ku guhangana n’ibyaha bibangamiye umutekano

Editorial 24 Jun 2016
RMC yashyize igorora Abanyarwanda bifuza gutunga Moto zikorerwa mu Rwanda
Mu Rwanda

RMC yashyize igorora Abanyarwanda bifuza gutunga Moto zikorerwa mu Rwanda

Editorial 22 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru