• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Uganda : Umunyarwanda ufungiweyo  adafite amafaranga abyishyura gukubitwa

Uganda : Umunyarwanda ufungiweyo  adafite amafaranga abyishyura gukubitwa

Editorial 19 Aug 2019 HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Tuyishimire Dismas, umusore w’umunyarwanda umaze umwaka afungiye muri Uganda, avuga ko Umunyarwanda uhafungiye asabwa kwishyura amafaranga akarekurwa, yayabura akabyishyura gukoreshwa imirimo y’uburetwa no gukubitwa buri munsi.

Tuyishimire avuga ko akimara gufungwa yasabwe gutanga miliyoni n’igice y’amashiringi ya Uganda kugira ngo arekurwe, ariko arayabura.

Tuyishimire yagiye muri Uganda mu kwezi kwa Kamena 2018, agiye gukora akazi ko kubaka. Yaje gufungwa mu kwezi kwa Nzeri 2018, ashinjwa kuba muri Uganda nta byangombwa afite, gusa we avuga ko yari abifite.

Yagejejwe mu rukiko aregwa ibyaha byo kutagira ibyangombwa, kuvogera igihugu no gushaka guhirika ubutegetsi bwa Uganda biramuhama, ahanishwa igifungo cy’umwaka umwe.

Tuyishimire avuga ko akimara gufungwa yasabwe gutanga miliyoni n’igice y’amashiringi ya Uganda kugira ngo arekurwe, ariko arayabura.

Kuva ubwo we n’abandi banyarwanda bari bafunganywe batangiye gukoreshwa imirimo ivunanye kandi ku gahato, no gukubitwa buri munsi.

Ati “Muri gereza nta munyarwanda udakubitwa. Harimo abagore, abagabo, abana, buri munsi ni ugukubitwa kandi muri gukora, waba ufite intege nke, baragukubita, ndetse harimo n’abapfuye”.

Tuyishimire avuga ko yafungiwe muri hereza ya Kisoro, ariko yamara gukatirwa akajyanwa muri gereza ya Ndorwa iherereye mu gace ka Kabale.

Aha muri iyi gereza, Tuyishimire avuga ko yari ahafungiwe n’abandi banyarwanda 60, bose akaba yarabasizemo kandi babayeho mu buzima bubi cyane bwo gukubitwa no gukoreshwa imirimo ivunanye buri munsi.

Uyu musore avuga ko ikibazo gikomeye ku banyarwanda baba muri Uganda atari ukutagira ibyangombwa, kuko ngo uwitwa umunyarwanda wese batamushaka muri icyo gihugu.

Ati “Jyewe nararebye nsanga kudufata atari ikibazo cy’ibyo byaha badushinja, ahubwo bo ikibazo ni umunyarwanda uwo ari we wese ntabwo bamushaka muri Uganda. Ibyangombwa waba ubifite waba utabifite, ntibibabuza kugufata bakagufunga bakanagukatira”.

Tuyishimire kandi agira inama Abanyarwanda bashaka kujya muri Uganda kubireka , kuko nta mutekano bashobora kuhagirira kabone n’ubwo baba badafunze.

Ati “Icyo nababwira, n’uwari ufite iyo gahunda yayireka, kuko nta mahoro yabonerayo. Hari n’abadafunze bari yo, ariko nta mahoro bafite. Nta kintu wakorera muri Uganda ngo ukibone nk’uko wagitekerezaga. Hari abacuruzaga, barabafunze ibyabo barabitwara, abubatse barabafunga inzu zabo bakazigurisha, mbese nta mahoro ari yo ku munyarwanda”.

Tuyishimire avuga ko akimara gufungwa yasabwe gutanga miliyoni n’igice y’amashiringi ya Uganda kugira ngo arekurwe, ariko arayabura.

Tuyishimire yafunguwe tariki ya 14 Kanama 2019, agezwa mu Rwanda kuya 16 Kanama 2019, akavuga ko n’ibyangombwa yari afite byose yabitaye yo kuko batabimusubije.

2019-08-19
Editorial

IZINDI NKURU

RDC: Abasore bategetswe gufata ba nyina ku ngufu, abasirikare barya inyama z’abantu – Raporo ya Loni

RDC: Abasore bategetswe gufata ba nyina ku ngufu, abasirikare barya inyama z’abantu – Raporo ya Loni

Editorial 09 Jul 2018
Ibintu bitandatu [ 6 ] bigaragaza isenyuka rya RNC na P5.

Ibintu bitandatu [ 6 ] bigaragaza isenyuka rya RNC na P5.

Editorial 30 Sep 2019
Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi, barimo kwicirwa mu bigo bya gisirikari, bitwa intasi z’ u Rwanda

Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi, barimo kwicirwa mu bigo bya gisirikari, bitwa intasi z’ u Rwanda

Editorial 02 Jun 2022
Umurundikazi wiswe [Umunyarwandakazi] agahabwa amasaha 48 ngo abe avuye ku butaka bw’u Burundi yaburiwe irengero

Umurundikazi wiswe [Umunyarwandakazi] agahabwa amasaha 48 ngo abe avuye ku butaka bw’u Burundi yaburiwe irengero

Editorial 25 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Sunrise FC itaramenya niba izakina ikiciro cya mbere cyangwa icya kabiri umwaka utaha w’imikino yatandukanye n’abakinnyi batandatu
Amakuru

Sunrise FC itaramenya niba izakina ikiciro cya mbere cyangwa icya kabiri umwaka utaha w’imikino yatandukanye n’abakinnyi batandatu

Editorial 30 Jul 2021
Ibinyoma bitagira epfo na ruguru bya police y’u Burundi ku Rwanda bizagarukira he?
INKURU NYAMUKURU

Ibinyoma bitagira epfo na ruguru bya police y’u Burundi ku Rwanda bizagarukira he?

Editorial 16 Apr 2018
Mugihe twiturije Abanyapolitiki n’Abaherwe barategura aho bazahungira
ITOHOZA

Mugihe twiturije Abanyapolitiki n’Abaherwe barategura aho bazahungira

Editorial 13 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru