• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Uganda: Urugo rwa Gen Tumukunde rwagoswe n’inzego z’umutekano harasakwa miliyoni 40$ ateganya kuzakoresha mu matora

Uganda: Urugo rwa Gen Tumukunde rwagoswe n’inzego z’umutekano harasakwa miliyoni 40$ ateganya kuzakoresha mu matora

Editorial 18 Mar 2020 HIRYA NO HINO, Mu Mahanga

Ubuyobozi muri Uganda bwemeje ko inzego z’umutekano zagose urugo rwa Lt Gen Henry Tumukunde wahoze ari Minisitiri w’Umutekano muri icyo gihugu, ruherereye mu gace ka Buyanja, Akarere ka Rukungiri.

Urugo rwe kandi rwoherejweho abashinzwe umutekano nyuma y’igihe gito ibiro bye bisatswe n’inzego z’umutekano zigasangamo imyenda n’ibindi bikoresho bya gisirikare.

Umuvugizi wa Polisi, Fred Enanga, yemeje ko ikirego cye cyamaze gushyikirizwa ubushinjacyaha ndetse irimo kugisha inama niba yari yemerewe gutunga imyenda n’ibikoresho bya gisirikare.

Inzego z’umutekano za Uganda zari zimaze iminsi zigose urugo rwa (Rtd) Lt. Gen. Henry Tumukunde ruherereye mu gace ka Buyanja, mu Karere ka Rukungiri, zinjiye muri uru rugo mu rwego gukomeza ibikorwa byo kumusaka bashakisha ibimenyetso byo kumushinja icyaha cy’ubugambanyi, aho hari amakuru avuga ko haba hari miliyoni 40$ baba bashaka ateganya kwifashisha mu matora hatavugwa aho zavuye.

Gen. Tumukunde avuga ko iki gikorwa kinyuranyije n’amategeko kuko bagiye gusaka iwe atahibereye kuko kuri ubu abarizwa mu Bitaro bya Kampala kuva ku Cyumweru.

Umuyobozi wa Buyanja, Benon Tumusiime yemeje aya makuru, avuga ko uru rugo rugoswe n’abashinzwe umutekano bagera kuri 15 bambaye impuzankano ya polisi.

Uyu muyobozi avuga ko ” Babanje kubuza ababa muri uru rugo kugira aho bajya. Babemereye kunyeganyega bamaze kubasaka n’urugo.”

Abaturage bavuganye na Daily Monitor bavuga ko abashinzwe umutekano bambaye gipolisi n’abambaye gisivili bageze kuri uru rugo rwa Gen. Tumukunde kuva kuwa Gatandatu.

Uru rugo ngo rukaba rubamo mwishywa wa Tumukunde, izina rye ritatangajwe, n’abandi bakozi bamukorera bahaba. Uru rugo kandi rwegeranye n’urwa mukuru wa Tumukunde, Topher Kakurugu, hagati y’izi ngo hakaba harimo nka metero 100 gusa.

Tumusiime avuga ko abantu bari muri uru rugo bari gukora imirimo yabo uko bisanzwe ariko ushaka kuhasohoka cyangwa kuhinjira abanza gusakwa.

Uru rugo rwa Gen. Tumukunde ruherereye Rukungiri rwatangiye gusakwa nyuma yo gusaka mu rugo rwe ruherereye mu gace ka Kololo muri Kampala, ahasatswe kuwa gatandatu ushize kugeza ku cyumweru.

Hagati aho hari amakuru atangazwa n’ikinyamakuru Chimpreports avuga ko abashinzwe umutekano ba Uganda baba barimo gushakisha miliyoni 40 z’Amadolari Tumukunde yaba yateganyaga gukoresha mu bikorwa byo kwiyamamaza .

Lt. Gen. Henry Tumukunde, wahoze ari minisitiri w’umutekano wa Uganda, yatawe muri yombi kuwa Kane ushize, nyuma yo gutangaza amagambo yafashwe nk’ubugambanyi, aho yamagariye u Rwanda gufasha guhindura ubutegetsi muri Uganda. Yari aherutse ariko no gutangaza ko yiteguye guhangana na Museveni mu matora yo mu mwaka utaha.

Kuwa Gatandatu ushize abashinzwe umutekano biriwe basaka mu rugo rwe muri Kololo, ku Cyumweru ajyanwa mu bitaro nyuma yo kwitura hasi aho yari afungiye na n’ubu akaba yemeza ko akiri mu bitaro nubwo hari amakuru yari yabanje kuvuga ko yasohotsemo.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, Tumukunde yavuze ko ibyo bikorwa byo gusaka mu rugo rwe ruherereye Rukungiri binyuranyije n’amategeko kuko ubundi amategeko ateganya ko bikorwa ukekwaho icyaha ahibereye.

2020-03-18
Editorial

IZINDI NKURU

Abanyaburayi bose siko bakurikira buhumyi ibinyoma bya Kongo n’Ububiligi

Abanyaburayi bose siko bakurikira buhumyi ibinyoma bya Kongo n’Ububiligi

Editorial 25 Feb 2025
Ese inama ya Luanda iteganyijwe tariki 06 Nyakanga 2022 yaba igiye kuvana ku izima Perezida Félix Tshisekedi wa Kongo, utumva cyangwa wirengagiza imvano y’ibibazo by’igihugu cye?

Ese inama ya Luanda iteganyijwe tariki 06 Nyakanga 2022 yaba igiye kuvana ku izima Perezida Félix Tshisekedi wa Kongo, utumva cyangwa wirengagiza imvano y’ibibazo by’igihugu cye?

Editorial 05 Jul 2022
Mu Burundi imyitozo ya gisirikari yakuwe kumezi 9 ishyirwa kumezi 3, ngo haboneke abasirikare bajya kurwana muri Congo

Mu Burundi imyitozo ya gisirikari yakuwe kumezi 9 ishyirwa kumezi 3, ngo haboneke abasirikare bajya kurwana muri Congo

Editorial 15 Feb 2024
Abapolisi 20 barerekeza mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrika mu mpera z’iki cyumweru

Abapolisi 20 barerekeza mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrika mu mpera z’iki cyumweru

Editorial 20 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ese kuki  Kayumba Nyamwasa Yanyereje RNC, Miliyoni n’igice z’amadolari kandi akaba akomeje gukusanya andi menshi muri Uganda?
Amakuru

Ese kuki  Kayumba Nyamwasa Yanyereje RNC, Miliyoni n’igice z’amadolari kandi akaba akomeje gukusanya andi menshi muri Uganda?

Editorial 15 Mar 2021
Youtube igiye gushora miliyoni 20$ mu guteza imbere uburezi
IKORANABUHANGA

Youtube igiye gushora miliyoni 20$ mu guteza imbere uburezi

Editorial 25 Oct 2018
Umuyobozi Muri RSSB Arahamya Ko Yibwe N’abana B’abakobwa Nyuma Yo Gushaka Kubafasha
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umuyobozi Muri RSSB Arahamya Ko Yibwe N’abana B’abakobwa Nyuma Yo Gushaka Kubafasha

Editorial 10 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru