• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura   |   08 Oct 2025

  • Nyuma y’imyaka 8 akinira APR WVC, Dusabe Flavia yerekeje muri Police Women Volleyball Club   |   05 Oct 2025

  • Imanishimwe Emmanuel “Mangwende” ukinira AEL Limasol muri Cyprus yongewe mu bakinnyi b’Amavubi bitegura Benin na SouthAfrica   |   04 Oct 2025

  • Police FC yatsinze Rayon Sports mu mukino w’ikirarane, Gikundiro yuzuza imikino 3 idatsinda   |   02 Oct 2025

  • REG BBC na Tigers BBC zageze ku mukino wa nyuma wa Rwanda Cup zisezereye APR BBC na Kepler BBC   |   02 Oct 2025

  • FERWAFA yatangaje urutonde rw’abaninnyi b’Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y’Epfo hashakwa itike y’igikombe cy’Isi 2026   |   01 Oct 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uganda: Yicishije mushiki we, asambanya umurambo we mu kujijisha agamije kumuhuguza imitungo

Uganda: Yicishije mushiki we, asambanya umurambo we mu kujijisha agamije kumuhuguza imitungo

Editorial 09 May 2018 Mu Mahanga

Igipolisi cya Uganda ahitwa Kasangati cyataye muri yombi abantu batatu bakurikiranweho kwica umugore w’umunyemari bagamije kwigarurira ibibanza bye bigera kuri bitatu, aho mu bafashwe harimo na musaza we unashinjwa gusambanya umurambo we nyuma yo kumwivugana.

Nyakwigendera, Elisabeth Nakato w’imyaka 32 wari umucuruzi ku muhanda uzwi nka Luwum Street bakaba barakundaga kumwita Mulongo, yishwe n’ibikomere yatewe mu mutwe kuwa Gatanu, itariki 06 Gicurasi 2018, umurambo we ujugunywa ahitwa Kakelenge, mu Karere ka Wakiso.

Abakekwaho kumwica ni musaza we, Pius Mugambwa w’imyaka 26, Sunday Nsubuga w’imyaka 32 akaba ari umushoferi, ndetse na kasim Mpalanyi bakunda kwita engineer w’imyaka 37.

Bivugwa ko Mugambwa yari umwizerwa ukomeye kuri mushiki we ndetse ngo bakaba barasangiraga buri kimwe cyiza mu buzima, ariko Elisabeth atazi ko musaza we yashakaga kumwubakamo icyizere afite undi umugambi munini ubyihishe inyuma nk’uko Spyreports dukesha iyi nkuru ivuga.

Bikanavugwa kandi ko mu cyumweru gishize mbere y’uko yicwa, Elisabeth yahishuriye musaza we ukuntu ashaka kugurisha ibibanza bye kugirango abashe kuzagura ikindi kibanza cyegereye umujyi.

Mugambwa rero yateguye umugambi arawunoza afatanyije na mugenzi we, Kassim Mpalanyi bahamagara nyakwigendera bamusaba kwitegura abaguzi b’ubutaka.

Nymara ariko ngo uyu mugambi nk’uko abakekwa babyiyemereye, ngo icyari kigamijwe ahanini ni ukwica Elisabeth barangiza bakigabanya ibyo bibanza ubwabo mu gihe umugambi wabo wari kuba ugezweho.

Byari biteganyijwe ko Mugambwa azafata ibibanza bibiri biri ahitwa Mpoma, mugenzi we agafata ikindi kiri ahitwa Bukerere, naho uwo mushoferi akazishyurwa miliyoni y’amashilingi ya Uganda.

Bitewe n’uko Elisabeth yari amaze kwizezwa kujya guhura n’abaguzi, musaza we yamubwiye kuza yitwaje amasezerano y’ubugure yose kugirango bahite babirangiza, bateganya ko bazagira uburenganzira kuri ibyo bibanza ari uko bafite amasezerano byaguriweho.

Abashinjwa rero bakodesheje imodoka yo mu bwoko bwa Premio ifite pulaki UAK 824 H yari itwawe n’uwitwa Sunday Nsubuga nawe ushinjwa, ariko mbere yo kujya gufata nyakwigendera baca kuri Mpalanyi usanzwe ari n’umukomisiyoneri.

Elisabeth yaje gukurwa Namugongo nka saa 3;00 z’amanywa, ngo agaragara nk’uwishimiye ko abonye abamugurira ibyo bibanza nk’uko byemezwa n’abashinjwa, bagenze urugendo rutoya Mpalanyi aba aramwadukiriye atangira kumuniga mu gihe musaza we yari amufatiye amaguru ngo amubuze kwinyagambura.

Nyuma y’akanya ko guhangana, Mpalanyi ngo yakuye inyundo inyuma ayikubita nyakwigendera inshuro 5 mu mutwe ahita amwica. Amaze kumwica yabwiye musaza we ko uburyo bwonyine bwo guhisha ubu bwicanyi ari ugusambanya nyakwigendera wari washizemo umwuka kugirango iyi dosiye izashyirwe mu zindi z’abagore bamaze iminsi bicwa muri Uganda bityo bizagore abashinzwe iperereza mu kuvumbura ukuri.

Ubwo aba bombi bafatanyije gusambanya umurambo barangije bajya kuwujugunya ahitwa Kakelenge mu Karere ka Wakiso. Mpalanyi wumvaga ngo ari we wagize uruhare runini muri iki gikorwa yafashe icyemezo cyo gutwara telephone ya nyakwigendera ndetse n’ayo masezerano y’ubugure.

Mu kugarura iyo modoka yari yakorewemo ubwicanyi mu kinamba ngo bayoze, abakozi babonye irimo amaraso ahantu hose, ariko Nsubuga avuga ko ari amaraso y’inkoko yasizwemo n’abapfumu yari yajyanye mu rugendo. Aba baturage ariko ntibabyemeye babimenyesha station ya polisi ya Kanyanya yahise ifata iyo modoka n’umushoferi.

Hafashwe makeya kuri ayo maraso yo mu modoka bajya kuyapima muri laboratwali ya leta iri ahitwa Wandegeya yemeza ko ayo maraso ari ay’umuntu bituma iperereza ryoroha abagize uruhare mu bwicanyi batabwa muri yombi.

Mu gusaka mu rugo rwa Mpalanyi, telephone ya nyakwigendera barayihasanze, banahasanga igitabo kiriho amazina y’umuhungu wa nyakwigendera ndetse n’ayo masezerano y’ubugure bw’ibibanza yazize. Ubwo kandi hanagaragaye andi masezerano y’amahimbano agaragaza ko nyakwigendera yari yamaze kugurisha ibyo bibanza undi muntu.

Abashinjwa kuri ubu bafungiye kuri station ya polisi ya Kasangati, bakaba bakurikiranweho ibyaha by’ubwicanyi no gufata ku ngufu bikabije.

 

2018-05-09
Editorial

IZINDI NKURU

Nyabugogo: Abakoraga ubujura butandukanye bashyizeho ihuriro ryo gukumira ibyaha

Nyabugogo: Abakoraga ubujura butandukanye bashyizeho ihuriro ryo gukumira ibyaha

Editorial 15 Feb 2017
Abasirikari ba Uganda bari mu butumwa bw’amahoro muri Somaliya barashinjwa kwica abaturage

Abasirikari ba Uganda bari mu butumwa bw’amahoro muri Somaliya barashinjwa kwica abaturage

Editorial 13 Aug 2021
“Ndigabo” ya Ramaphosa itumye abasirikari igihumbi ba SADC bahera mu biganza bya M23

“Ndigabo” ya Ramaphosa itumye abasirikari igihumbi ba SADC bahera mu biganza bya M23

Editorial 17 Feb 2025
Perezida Lourenço wa Angola yatumije inama yo kwihanangiriza bwa nyuma Leta ya Kongo.

Perezida Lourenço wa Angola yatumije inama yo kwihanangiriza bwa nyuma Leta ya Kongo.

Editorial 30 Jul 2024
Nyabugogo: Abakoraga ubujura butandukanye bashyizeho ihuriro ryo gukumira ibyaha

Nyabugogo: Abakoraga ubujura butandukanye bashyizeho ihuriro ryo gukumira ibyaha

Editorial 15 Feb 2017
Abasirikari ba Uganda bari mu butumwa bw’amahoro muri Somaliya barashinjwa kwica abaturage

Abasirikari ba Uganda bari mu butumwa bw’amahoro muri Somaliya barashinjwa kwica abaturage

Editorial 13 Aug 2021
“Ndigabo” ya Ramaphosa itumye abasirikari igihumbi ba SADC bahera mu biganza bya M23

“Ndigabo” ya Ramaphosa itumye abasirikari igihumbi ba SADC bahera mu biganza bya M23

Editorial 17 Feb 2025
Perezida Lourenço wa Angola yatumije inama yo kwihanangiriza bwa nyuma Leta ya Kongo.

Perezida Lourenço wa Angola yatumije inama yo kwihanangiriza bwa nyuma Leta ya Kongo.

Editorial 30 Jul 2024
Nyabugogo: Abakoraga ubujura butandukanye bashyizeho ihuriro ryo gukumira ibyaha

Nyabugogo: Abakoraga ubujura butandukanye bashyizeho ihuriro ryo gukumira ibyaha

Editorial 15 Feb 2017
Abasirikari ba Uganda bari mu butumwa bw’amahoro muri Somaliya barashinjwa kwica abaturage

Abasirikari ba Uganda bari mu butumwa bw’amahoro muri Somaliya barashinjwa kwica abaturage

Editorial 13 Aug 2021
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Azafunga Museveni na Mugabe natorerwa kuba Perezida wa USA (Donald Trump)
Mu Rwanda

Azafunga Museveni na Mugabe natorerwa kuba Perezida wa USA (Donald Trump)

Editorial 04 Jan 2016
Rwanda: Ikimansuro cyagarutsweho nk’inzira ishyira icuruzwa ry’abantu
Mu Mahanga

Rwanda: Ikimansuro cyagarutsweho nk’inzira ishyira icuruzwa ry’abantu

Editorial 01 Jul 2016
Uko Gen Kabarebe wangaga abasirikari urunuka yarwanye n’intare, akinjira mu gisirikari
ITOHOZA

Uko Gen Kabarebe wangaga abasirikari urunuka yarwanye n’intare, akinjira mu gisirikari

Editorial 02 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru