• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Uko Moise Katumbi yafashije Kabila kugera ku butegetsi n’uko yahemukiwe nyuma

Uko Moise Katumbi yafashije Kabila kugera ku butegetsi n’uko yahemukiwe nyuma

Editorial 18 Apr 2019 POLITIKI

Uwahoze akuriye inzego z’ubutasi za Zambia, Xavier Chungu, aremeza ko umunyapolitiki Moise Katumbi wahoze ari Guverineri w’Intara ya Katanga, yatanze inkunga y’asaga miliyoni 20 z’amadolari mu rugamba rwo gukura Congo mu butegetsi bwa Mobutu Sese Seko yari amazeho imyaka 32.

Mu kiganiro cyatambutse kuri Diamond Tv, Chungu (uri ku ifoto na Katumbi) yavuze ko Katumbi, icyo gihe wari umucuruzi ukorera Zambia yateye inkunga ibikorwa by’inyeshyamba za Laurent Desire Kabila. Uyu akaba yaraje gukura Mobutu ku butegetsi muri Nyakanga 1997 nyuma yo kuyobora inyeshyamba zatangiriye imirwano mu burasirazuba bwa Congo nyuma y’igihe kirekire abarizwa mu buhungiro muri Tanzania.

Laurent Desire Kabila yaje kwicwa ku itariki 16 Mutarama 2001 arashwe n’umwe mu barinzi be.

Xavier Chungu avuga ko perezida Frederick Chiluba wahoze ayobora Zambia yagize uruhare rukomeye mu gukangurira Katumbi gushyigikira urugamba rwa Kabila rwo kubohora Congo.

Ati: “Njyewe n’uwahoze ari perezida Chiluba twumvishije Moise, wabaga icyo gihe muri Zambia kugerageza no gushyigikira gusunika kwa Kabila ngo agree ku butegetsi. Bo (Kabila n’inyeshyamba) nta kintu bari bafite. Kandi Moise yari afite buri kimwe bari bakeneye mu bubiko muri Lubumbashi.”

Yakomeje avuga ko basabye Moise katumbi kwitanga agashyigikira urugamba rwa kabila rwo kubohoza Congo, akizezwa ko azishyurwa nirurangira.

Ati: “Nibyo kandi yahaye Laurent Desire Kabila buri kimwe bashakaga. Turavuga ibikoresho bibarirwa mu yasaga miliyoni 20 z’amadolari, ariko yagombaga kwemera kubera ko Perezida Chiluba yari afite ijambo rikomeye kuri Moise,”

Uyu mugabo yakomeje avuga ko ari we muntu wabara igice cy’amateka y’ihinduka ry’ubutegetsi muri Congo mu mpera ya za 90 kubera ko yabibayemo.

Chungu akaba atatinye kuvuga ko bibabaje kubona Joseph Kabila, uherutse kuva ku buyobozi bwa Congo, yarasebeje katumbi nk’uko yabigenje n’ubufasha yahaye se (L.D. Kabila) kugirango agere ku butegetsi.

Ati: “Ndatekereza ko Perezida kabila azi neza Moise. Azi aho bavuye na Moise. Arabizi ko Moise yari umuhungu mukuru. Yari afite amafaranga menshi. Arabizi ko Moise yababungabunze we na se.”

Yavuze ko Moise Katumbi atagize uruhare mu kubohoza igihugu gusa, ahubwo yanagize uruhare mu kwamamaza izina rya Joseph Kabila nyuma y’urupfu rwa se. ngo iyo hataba Moise Katumbi, Chungu yizera ko Kabila yari guhura n’imbogamizi mu bice bimwe.

Yakomeje avuga kandi ko Moise Katumbi atasubijwe amafaranga yose yatanze mu rugamba rwo kubohora Congo. Yibuka ko ari we woherejwe I Kinshasa kwishyuza amafaranga ya Katumbi kuko uyu yari yabinyujije kuri Perezida Chiluba asaba kumufasha gusubizwa amafaranga ye agahabwa amafaranga makeya.

Ati: “Dr Chiluba yanyohereje kureba Laurent Desire kabila. Kandi nari zijejwe ko agiye guhabwa amafaranga ye yose. Yahawe makeya, makeya cyane kuri uwo munsi ariko ayasigaye Moise yambwiye ko atigeze ayishyurwa.”

Moise Katumbi rero yaje kugirana ubwumvikane bucye na Joseph Kabila mu 2016 nyuma yo kugaragaza igitekerezo cyo gushaka guhatanira umwanya w’umukuru w’igihugu mu matora yasubitswe imyaka 3 amaze kubona ko Katumbi ashyigikiwe cyane, bituma ahimbirwa ibyaha birangira agiye mu buhungiro, aho yagerageje kugaruka mu gihugu mu 2018 ashaka guhatana mu matora akangirwa kwinjira na n’ubu akaba abarizwa hanze y’igihugu.

2019-04-18
Editorial

IZINDI NKURU

Jose Chameleone n’umuvandimwe we bafunzwe

Jose Chameleone n’umuvandimwe we bafunzwe

Editorial 16 Jul 2019
Menya abakandida bahatanira kuyobora u Rwanda

Menya abakandida bahatanira kuyobora u Rwanda

Editorial 14 Jul 2017
Frank Habineza ariruhutsa ko inzu ye itagitejwe cyamunara!

Frank Habineza ariruhutsa ko inzu ye itagitejwe cyamunara!

Editorial 26 Mar 2018
Perezida Kagame yatanze ikiganiro mu nama ihuza abayozi ba Amerika na Isiraheli  [AIPAC Policy Conference]

Perezida Kagame yatanze ikiganiro mu nama ihuza abayozi ba Amerika na Isiraheli [AIPAC Policy Conference]

Editorial 28 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kagame: U Rwanda ni igihugu gito mu ngano  ariko mu ntekerezo no mu rwego rwa Politiki ni igihugu kinini
INKURU NYAMUKURU

Kagame: U Rwanda ni igihugu gito mu ngano ariko mu ntekerezo no mu rwego rwa Politiki ni igihugu kinini

Editorial 01 Apr 2019
Urugendo rugoye rwo kugeza imbere y’ubutabera umwicanyi Vincent Murekezi,wari utunze intwaro mu gihugu cya Malawi anashyigikiwe n’abategetsi bo muri icyo gihugu
Amakuru

Urugendo rugoye rwo kugeza imbere y’ubutabera umwicanyi Vincent Murekezi,wari utunze intwaro mu gihugu cya Malawi anashyigikiwe n’abategetsi bo muri icyo gihugu

Editorial 12 May 2023
Ingabire Victoire na Jambo asbl nta somo batanga k’ubumwe bw’Abanyarwanda kuko nibo babusenya
Amakuru

Ingabire Victoire na Jambo asbl nta somo batanga k’ubumwe bw’Abanyarwanda kuko nibo babusenya

Editorial 08 Sep 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru