• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Uko Moise Katumbi yafashije Kabila kugera ku butegetsi n’uko yahemukiwe nyuma

Uko Moise Katumbi yafashije Kabila kugera ku butegetsi n’uko yahemukiwe nyuma

Editorial 18 Apr 2019 POLITIKI

Uwahoze akuriye inzego z’ubutasi za Zambia, Xavier Chungu, aremeza ko umunyapolitiki Moise Katumbi wahoze ari Guverineri w’Intara ya Katanga, yatanze inkunga y’asaga miliyoni 20 z’amadolari mu rugamba rwo gukura Congo mu butegetsi bwa Mobutu Sese Seko yari amazeho imyaka 32.

Mu kiganiro cyatambutse kuri Diamond Tv, Chungu (uri ku ifoto na Katumbi) yavuze ko Katumbi, icyo gihe wari umucuruzi ukorera Zambia yateye inkunga ibikorwa by’inyeshyamba za Laurent Desire Kabila. Uyu akaba yaraje gukura Mobutu ku butegetsi muri Nyakanga 1997 nyuma yo kuyobora inyeshyamba zatangiriye imirwano mu burasirazuba bwa Congo nyuma y’igihe kirekire abarizwa mu buhungiro muri Tanzania.

Laurent Desire Kabila yaje kwicwa ku itariki 16 Mutarama 2001 arashwe n’umwe mu barinzi be.

Xavier Chungu avuga ko perezida Frederick Chiluba wahoze ayobora Zambia yagize uruhare rukomeye mu gukangurira Katumbi gushyigikira urugamba rwa Kabila rwo kubohora Congo.

Ati: “Njyewe n’uwahoze ari perezida Chiluba twumvishije Moise, wabaga icyo gihe muri Zambia kugerageza no gushyigikira gusunika kwa Kabila ngo agree ku butegetsi. Bo (Kabila n’inyeshyamba) nta kintu bari bafite. Kandi Moise yari afite buri kimwe bari bakeneye mu bubiko muri Lubumbashi.”

Yakomeje avuga ko basabye Moise katumbi kwitanga agashyigikira urugamba rwa kabila rwo kubohoza Congo, akizezwa ko azishyurwa nirurangira.

Ati: “Nibyo kandi yahaye Laurent Desire Kabila buri kimwe bashakaga. Turavuga ibikoresho bibarirwa mu yasaga miliyoni 20 z’amadolari, ariko yagombaga kwemera kubera ko Perezida Chiluba yari afite ijambo rikomeye kuri Moise,”

Uyu mugabo yakomeje avuga ko ari we muntu wabara igice cy’amateka y’ihinduka ry’ubutegetsi muri Congo mu mpera ya za 90 kubera ko yabibayemo.

Chungu akaba atatinye kuvuga ko bibabaje kubona Joseph Kabila, uherutse kuva ku buyobozi bwa Congo, yarasebeje katumbi nk’uko yabigenje n’ubufasha yahaye se (L.D. Kabila) kugirango agere ku butegetsi.

Ati: “Ndatekereza ko Perezida kabila azi neza Moise. Azi aho bavuye na Moise. Arabizi ko Moise yari umuhungu mukuru. Yari afite amafaranga menshi. Arabizi ko Moise yababungabunze we na se.”

Yavuze ko Moise Katumbi atagize uruhare mu kubohoza igihugu gusa, ahubwo yanagize uruhare mu kwamamaza izina rya Joseph Kabila nyuma y’urupfu rwa se. ngo iyo hataba Moise Katumbi, Chungu yizera ko Kabila yari guhura n’imbogamizi mu bice bimwe.

Yakomeje avuga kandi ko Moise Katumbi atasubijwe amafaranga yose yatanze mu rugamba rwo kubohora Congo. Yibuka ko ari we woherejwe I Kinshasa kwishyuza amafaranga ya Katumbi kuko uyu yari yabinyujije kuri Perezida Chiluba asaba kumufasha gusubizwa amafaranga ye agahabwa amafaranga makeya.

Ati: “Dr Chiluba yanyohereje kureba Laurent Desire kabila. Kandi nari zijejwe ko agiye guhabwa amafaranga ye yose. Yahawe makeya, makeya cyane kuri uwo munsi ariko ayasigaye Moise yambwiye ko atigeze ayishyurwa.”

Moise Katumbi rero yaje kugirana ubwumvikane bucye na Joseph Kabila mu 2016 nyuma yo kugaragaza igitekerezo cyo gushaka guhatanira umwanya w’umukuru w’igihugu mu matora yasubitswe imyaka 3 amaze kubona ko Katumbi ashyigikiwe cyane, bituma ahimbirwa ibyaha birangira agiye mu buhungiro, aho yagerageje kugaruka mu gihugu mu 2018 ashaka guhatana mu matora akangirwa kwinjira na n’ubu akaba abarizwa hanze y’igihugu.

2019-04-18
Editorial

IZINDI NKURU

Kayumba Nyamwasa mu mazi abira nyuma yo kwamburwa ubuhunzi na Afurika y’Epfo

Kayumba Nyamwasa mu mazi abira nyuma yo kwamburwa ubuhunzi na Afurika y’Epfo

Editorial 29 May 2017
Perezida Macron yijeje ubufasha bwa gisirikare mu guhashya imitwe yitwaje intwaro muri RDC

Perezida Macron yijeje ubufasha bwa gisirikare mu guhashya imitwe yitwaje intwaro muri RDC

Editorial 13 Nov 2019
Icyo wamenya k’Uruzinduko rwa Perezida Kagame mu Bubiligi, biragarukwaho na Amb. Nduhungirehe

Icyo wamenya k’Uruzinduko rwa Perezida Kagame mu Bubiligi, biragarukwaho na Amb. Nduhungirehe

Editorial 06 Jun 2017
Sudani: Abavandimwe ba Omar al Bashir batawe muri yombi

Sudani: Abavandimwe ba Omar al Bashir batawe muri yombi

Editorial 18 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe ya Bugesera FC yatangaje ko kubwumvikane bw’impande zombi yatandukanye n’uwari umutoza wayo Mbarushimana Abdou
Amakuru

Ikipe ya Bugesera FC yatangaje ko kubwumvikane bw’impande zombi yatandukanye n’uwari umutoza wayo Mbarushimana Abdou

Editorial 18 Jan 2022
Rayon Sports yongeye gutsikira mbere yo guhura na APR FC
IMIKINO

Rayon Sports yongeye gutsikira mbere yo guhura na APR FC

Editorial 01 Apr 2019
Abaturage b’I Rubavu bakora ubucuruzi bwambukiranya umupaka uhuza u Rwanda na DRC barashimira Leta yabagabanyirije ibiciro byo kwipimisha Covid 19
Amakuru

Abaturage b’I Rubavu bakora ubucuruzi bwambukiranya umupaka uhuza u Rwanda na DRC barashimira Leta yabagabanyirije ibiciro byo kwipimisha Covid 19

Editorial 30 Jan 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru