• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC yabaye ikipe ya mbere mu Rwanda igeze ku mwanya wa Gatatu mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL)   |   13 Jun 2025

  • Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda     |   12 Jun 2025

  • Burundi: Ntagitunguranye CNDD-FDD yihaye imyanya yose mu matora atarimo abo bari bahanganye   |   12 Jun 2025

  • Wisunga umugabo mbwa mugakubitirwa hamwe, bizwi na Frank Ntwali nyuma yo kwisunga Kayumba Nyamwasa   |   11 Jun 2025

  • Ipfundo ry’urwango rutera abanyaburayi gusebya u Rwanda mu bitangazamakuru   |   11 Jun 2025

  • Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yakiriye Itsinda ry’abaturutse mu ikipe ya Benfica yo muri Portugal   |   10 Jun 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ukuri ku nkuru y’igihuha ko ingabo z’u Rwanda zambutse muri Uganda

Ukuri ku nkuru y’igihuha ko ingabo z’u Rwanda zambutse muri Uganda

Editorial 21 Apr 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Kuri uyu wa Kane ushize, taliki 18 Mata, ikinyamakuru cyo muri Uganda cyasohoye inkuru igira iti: “EXCLUSIVE: Tension Flares as Rwandan Soldiers Cross into Uganda” ugenekereje mu Kinyarwanda bivuze: “umwuka mubi ukomeje kuzamuka nyuma yaho ingabo z’u Rwanda zambukiye muri Uganda”aho umunyamakuru ashingira ku bantu baringa bitwa ko bamuhaye amakuru y’igihuha ko ingabo z’u Rwanda (RDF) zinjiye muri Uganda gushaka ibyo kunywa, kurya ndetse n’itabi.

Muri iyo nkuru, igihuha gikomeza kivuga kiti: “….nyuma yo gufata icyo kunywa, ingabo z’u Rwanda zongeye gusubira mu Rwanda” ariko se umuntu yakwibaza ukuntu ingabo za RDF zambaye impuzankano ndetse zinafite ibindi bikoresho bya gisirikare bakwinjira imbere muri Uganda kugera ahitwa Kisoro!

Ikindi gitangaje kandi gisekeje ni ukuntu izo baringa zitatanze amakuru ku nzego z’umutekano za Uganda ngo zifate ingamba z’umutekano, ahubwo ayo makuru agahabwa ikinyamakuru mbere!

Ibi bifatwa nk’icengezamatwara riciriritse ndetse binagaragaza ubunyamwuga buke k’uruhande rw’ikinyamakuru cyasohoye iyi nkuru.

Ikindi cyo kwibaza ni icyaba kiri hakurya kitari mu Rwanda ku buryo ingabo z’u Rwanda zizwiho ubunyamwuga ku rwego rw’isi zambuka zikajya muri Uganda!

Umwanditsi w’ikinyamakuru nkiki akwiye kwibanda ku bibazo by’ingabo za Uganda (UPDF), zimaze igihe zifite ikibazo cy’ibiribwa ndetse n’ibikoresho, akareka ingabo z’u Rwanda!

Inkuru nk’iyi kandi iteye inkeke n’urujijo kuko bishoboka kuba ari amayeri yo gushakira icyuho ingabo za Uganda ngo zisahure abenegihugu (ibisanzwe bibamenyereweho!) bikitirirwa ingabo z’u Rwanda.

Muri Nzeli 2018, itsinda ry’ingabo za Uganda zarindaga parike ya Queen Elizabeth zashimuse inyama zari zigenewe intare muri parike, nkuko byatangajwe n’uwabyihereye amaso ubwo izo ngabo zasahuraga inyama zikazijyana mu birindiro byazo, nyuma yo kwirukana izo ntare aho zari burire.

Soma inkuru bifitanye isano:  

Uganda : Chimpreports Yahawe Inkwenene Nyuma Yo Gutangaza Ko Ingabo Z’u Rwanda Zambuka Muri Uganda Gushaka Ibiryo

Inkuru kandi ikomeza ivuga kuva umwaka ushize, u Rwanda rwakomeje kongera ingabo k’umupaka wayo na Uganda nyuma yaho umwuka hagati y’ibihugu byombi ukomereje kuba mubi. Inavuga kandi ko Museveni ari kwitegura nawe gushyira ingabo k’umupaka n’u Rwanda ngo akumire

Umwanditsi w’iyi nkuru hibazwa niba yarirengagije nkana cyangwa Atari abizi ko ingabo za UPDF zongereye umubare w’abasirikare hafi n’u Rwanda, bayobowe na Brig Kayanja Muhanga ufite icyicare muri Mbarara.

Ni ibizwi ko division ya kabiri ya UPDF ifite brigade ebyiri (309 na 401) zongerewe imbaraga zikegera umupaka n’u Rwanda.

Brigade ya 401, ifite icyicaro muri Kabale iyobowe na Lt Col Ibrahim Mutabazi ifite batayo eshatu (19, 35 na 33) zose ziri hafi k’umupaka w’ibihugu byombi.

Urugero, batayo ya 19 ifite icyicaro muri Kabale iyobowe na Lt Col Emmanuel Mukasa ikorera mu bice bya Cyonyo, Rushaki, Kamuganguzi, Gafunzo na Butobere.

Naho batayo ya 35, iyobowe na Lt Col Johnson Muhanguzi, ikorera mu bice bya Nyakabande, Nyarusiza, umusozi wa Kanombe, umusozi wa Ntamutindi na Bunagana; hanyuma batayo ya 33 iyobowe na Lt Col Tumwine ikaba ifite icyicaro muri Kisoro ikorera mu bice bya Kisoro, Rwindi, Kanungu, Ishasha, na Rugano.

K’urundi ruhande, brigade ya 309, iyobowe na Col Keith Katungyi ikaba ifite icyicaro muri Kisoro, ifite batayo ebyiri; iya 7 iyobowe na Maj. Geoffrey Nabimanya n’iya 47 Battalion iyobowe na Maj. Jotham Kature.

Izi batayo ebyiri zikorera mu bice bya Bunagana, Rukungiri, Kabingo and Kikagati.

Byumvikane nkuko bigaragaye hejuru ko izi ngabo za UPDF zashyizwe k’umupaka w’u Rwanda na Uganda, ndetse ntibikiri n’ibanga ko guhera Ugushyingo 2018, UPDF yatangiye gushyira ingabo n’ibikoresho bikomeye mu bice byegereye u Rwanda aribyo agasozi ka Kihumuro na Kabale.

Nk’umusozi wa Kihumuro ukoreshwa nk’ibirindo by’ingabo zirwanira k’ubutaka zimaze kugera ku 1000. Izi ngabo ziyoborwa na Maj. Joshua Annuarachi, hakaba hanarimo n’abandi bashinzwe kurwanya iterabwoba ndetse n’abasirikare b’urwego rw’ubutasi CMI ruzwiho guhohotera cyane abanyarwanda; bose bakaba birirwa baneka mu nkengero z’umupaka.

Amakuru kandi agaragaza ko itsinda (platoon) y’ingabo zirwanisha imbunda nini, ziyobowe na Lt Judith zibarizwa ku misozi ya Kacwekano na Karujanga yitegeye u Rwanda bafite zimwe mu mbunda nini zirimo Katyusha, 11mm, 14.7mm and 12.7mm).

Andi makuru ava Kisoro avuga ko ingabo za UPDF zikomeje kwiyongera cyane cyane muri batayo ya 35; hiyongereyeho n’ingabo zigera kuri 200 za special forces ziri ahitwa Butobera mu gace ka Nyabitabo.

Bitandukanye nibyo umwanditsi yavugaga, hari gihamya ko ingabo za Uganda zongereye umubare w’ingabo zayo k’umupaka n’u Rwanda ariko umuntu yakwibaza impamvu yabyo!

Niba iki kinyamakuru cyari kigambiriye ukuri, aya makuru twavuze haruguru ntabwo yari bwirengazizwe, aho gushaka guharabika isura y’u Rwanda n’ingabo zarwo ngo zambuka Uganda!

Src: The New Times

2019-04-21
Editorial

IZINDI NKURU

Aba FDLR bari kugenda bashira uruhongohongo, Gen. Sinayobye Barnabe Alias Morane yaburiwe irengero muri Tanzania

Aba FDLR bari kugenda bashira uruhongohongo, Gen. Sinayobye Barnabe Alias Morane yaburiwe irengero muri Tanzania

Editorial 01 Oct 2019
Nibogora Lydie wishwe bunyamaswa yashyinguwe

Nibogora Lydie wishwe bunyamaswa yashyinguwe

Editorial 22 Feb 2017
Rudasingwa, asubiza ibaruwa ya Museveni mu ruhe rwego ?

Rudasingwa, asubiza ibaruwa ya Museveni mu ruhe rwego ?

Editorial 19 Dec 2018
Burundi haravugwa indi mirambo 14 yatoraguwe mu ishyamba rya Kibira

Burundi haravugwa indi mirambo 14 yatoraguwe mu ishyamba rya Kibira

Editorial 07 Mar 2019
Aba FDLR bari kugenda bashira uruhongohongo, Gen. Sinayobye Barnabe Alias Morane yaburiwe irengero muri Tanzania

Aba FDLR bari kugenda bashira uruhongohongo, Gen. Sinayobye Barnabe Alias Morane yaburiwe irengero muri Tanzania

Editorial 01 Oct 2019
Nibogora Lydie wishwe bunyamaswa yashyinguwe

Nibogora Lydie wishwe bunyamaswa yashyinguwe

Editorial 22 Feb 2017
Rudasingwa, asubiza ibaruwa ya Museveni mu ruhe rwego ?

Rudasingwa, asubiza ibaruwa ya Museveni mu ruhe rwego ?

Editorial 19 Dec 2018
Burundi haravugwa indi mirambo 14 yatoraguwe mu ishyamba rya Kibira

Burundi haravugwa indi mirambo 14 yatoraguwe mu ishyamba rya Kibira

Editorial 07 Mar 2019
Aba FDLR bari kugenda bashira uruhongohongo, Gen. Sinayobye Barnabe Alias Morane yaburiwe irengero muri Tanzania

Aba FDLR bari kugenda bashira uruhongohongo, Gen. Sinayobye Barnabe Alias Morane yaburiwe irengero muri Tanzania

Editorial 01 Oct 2019
Nibogora Lydie wishwe bunyamaswa yashyinguwe

Nibogora Lydie wishwe bunyamaswa yashyinguwe

Editorial 22 Feb 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru