• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umunyarwandakazi Annie Tabura wakoreraga MTN-Uganda uherutse kwirukanwa muri Uganda yahishuye uko byamugendekeye

Umunyarwandakazi Annie Tabura wakoreraga MTN-Uganda uherutse kwirukanwa muri Uganda yahishuye uko byamugendekeye

Editorial 03 Feb 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umunyarwandakazi Annie Tabura wakoreraga MTN-Uganda akaba aherutse kwirukanwa nabi muri iki gihugu ashinjwa imigambi yo guhungabanya umutekano wa Uganda, yahishuye inzira yanyuzemo n’uko byamugendekeye kugeza yisanze mu ndege imusubiza mu Rwanda.

Mbere y’uko ajya gukorera MTN-Uganda muri Mata 2018, Annie Tabura, wabaye muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo akiri umwana akiga mu gihugu cya Kenya, yabanje gukorera MTN-Rwanda imyaka 17.

Mu kwezi gushize, yavuye mu gihugu cya Uganda nabi we na bagenzi be bakoranaga, Olivier Prentout, wari ushinzwe ibikorwa byo kwamamaza akaba akomoka mu Bufaransa, n’Umutaliyanikazi Elsa Mussolini, wari ukuriye ishami rya Mobile Money. Birukanwe muri Uganda bashinjwa kubangamira umutekano w’igihugu no gushyigikira ubugizi bwa nabi.

Mu kiganiro cyihariye yagiranye n’ikinyamakuru The East African, Annie Tabura yasubiyemo uko byose byagenze.

Aragira ati: “Twari mu Rwanda kubw’inama ya MTN Group kuri Kivu Serena Hotel…Nari nafashe urugendo mu indege ya ninjoro na bagenzi banjye batatu dukorana kuwa Kane, itariki 17 Mutarama. Nyuma y’inama ku munsi wakurikiye, bwana Prentout nanjye twavuye aho ahagana saa 9:30 z’ijoro tugiye I Kigali, kuko twagombaga gufata indeye yo kuwa Gatandatu saa 8:50 za mugitondo.”

Yakomeje agira ati: “Ku munsi wakurikiye, twahagurutse twerekeza ku kibuga cy’indege. Tugeze Entebbe, twagiye ku murongo w’abaturage kuko twese twari dufite impushya”

Ku murongo bageze ku meza y’umukozi w’urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka, umukozi yamubwiye ko  hari ikintu kidasobanutse muri system ariko aza kumwemerera gutambuka nyuma yo kumusaba kugenzura passport ye n’uruhushya rwe rwo gukorera mu gihugu kandi rwari rugifite agaciro. Hagati aho ariko Umufaransa Prentout we yari yamaze kujyanwa mu biro.

Tabura ati: “Naramubajije nti urakora iki aho, aravuga ngo hari ikintu bari kugenzura. Naramubwiye nti ibi ntabwo bisanzwe, ariko arambwira ngo ni sawa kandi ko nta kintu gihari cyo guhangayikira. Yansabye kutamutegereza kuko twese twari dufite abashoferi bacu badutegereje.”

Tabura akomeza avuga ko yavuye ku kibuga cy’indege ariko nyuma yahamagara mugenzi we yasize inyuma ntiyitabe. Yarongeye arahamagara nyuma y’iminota micye, yumva telephone yavuyeho. Prentout yahise yoherezwa iwabo mu Bufaransa kuwa 19 Mutarama 2019.

Uko yatawe muri yombi n’abitwaje imbunda

Avuye ku kibuga cy’indege cya Entebbe, Tabura yahise ajya iwe mu gace ka Kololo, asiga imizigo ye arangije ajya ku kazi. Akaba yari afite inama iteganyijwe saa 4:30 z’umugoroba ku cyicaro cya MTN i Kampala.

Ku munsi wakurikiye, imodoka ebyiri za polisi zateye ku rugo rwa Tabura ariko ntizahamusanga.

Ati: “Narindi mu rugo rw’inshuti yanjye. Nasabye kuvugana n’abagabo kuri telephone, ariko baranga. Ku mugoroba, nagiye mu rugo maze kuvugana na Ambasaderi w’u Rwanda.”

Kuwa Mbere mu gitondo, ubwo yari avuye mu rugo yerekeje ku kazi, yabonye imodoka ebyiri za polisi ziparitse hafi aho arangije ahamagara umuyobozi we, CEO wa MTN Uganda aramubwira ati: “Birasa nk’aho polisi irimo kunshaka. Nari mfite ubwoba. Navuye ku biro byanjye njya ku biro bya BAT ku muhanda wa Jinja mu nama. Ubwo nari aho, nakiriye telephone ku murongo wanjye wa Uganda ivuye mu biro by’Umuyobozi wa MTN imbwira ko polisi irimo kunshaka.”

Ubwo yasubije ko aza kuhagera vuba, abayobozi be kuri MTN Uganda banamwizeza ko abamwunganira mu mategeko bahari. Ariko akigera muri parking, abantu bagera mu 10 bafite imbunda bahise bamuta muri yombi. Hari nka saa 9:15 za mugitondo.

Ati: “Umugabo wivuze ko ari komanda wungirije wa polisi yambajije niba ndi Annie. Nasubije nemera maze avuga ko ntawe muri yombi. Nabajije urupapuro runta muri yombi ariko ntibarunyereka. Bose bari mu myambaro ya gisivili ariko bafite imbunda.”

Yakomeje avuga ko yinjijwe mu modoka yari aho akabwirwa gushyira umutwe hagati y’amaguru ye, yicazwa hagati y’abagabo babiri kuri buri ruhande rumwe n’umugore umwe ku rundi.

Annie Tabura n’umufaransa Olivier Prentout bose birukanwe na CMI-Uganda

Mu nzira bamutwaye, ngo abamufashe bagiye bahindura icyerekezo inshuro nyinshi ariko bagenda bavugira kuri telephone nk’uko avuga.

Ati: “Position yo kunama nari ndimo yarababazaga cyane. Bahagaze hafi ya kiosk bagiye kugura ibyo kurya, banagura imiswaro ibiri bafatanyije bampfuka amaso.”

Urugendo rw’amasaha ane

Muri icyo gihe nk’uko iyi nkuru ikomeza ivuga, ambasade y’u Rwanda yari yamaze kumenya ko Tabura yatawe muri yombi. Ambasaderi Frank Mugambage ati: “Twarabahamagaye ariko kugeza ubu ntibaratubwira impamvu bamutaye muri yombi bakamusubiza mu Rwanda, cyangwa ngo berekane ikimenyetso cy’ibirego bavuga.”

Tabura we akomeza avuga ko yakoreshejwe amasaha ane y’urugendo mbere  y’uko agera aho bari bamujyanye. Ati: “Tuhageze, bankuyeho amapingu n’igipfukamaso maze mbonye aho ndi ngirango baranyica. Natangiye kuvuza induru.”

Nyuma yabwiwe n’umwe muri abo bagabo ko ari kuri Station ya Polisi ya Kireka. Aha yahafungiwe kugeza ahagana saa 6:30 z’umugororba ubwo hazaga imodoka ya polisi ikamufata ikamujyana Entebbe, aho bageze saa 9:00 z’ijoro.

Tabura ati: “Ku kibuga cy’indege bampereje passport yanjye, isakoshi yo mu ntoki na pass yo kwinjira banshira mu ndege ya Rwandair no mu Rwanda. Ngeze mu Rwanda niho honyine nasomye mu itangazamakuru ko njyewe, bwana Prentout na madamu Mussolini twirukanwe kubwo kubangamira umutekano w’igihugu.”

Abana be batatu babanaga muri Uganda nabo bahise bava muri iki gihugu ku munsi wakurikiye icyurwa rye nk’uko iyi nkuru isoza ivuga.

2019-02-03
Editorial

IZINDI NKURU

Gen.Afurika Jean Michel wa RUD URUNANA, uherutse kurasirwa muri RD-Congo yari afite imiturirwa muri Uganda ahitwa Nakulabye ifite agaciro ka miliyoni ebyiri z’amadorari

Gen.Afurika Jean Michel wa RUD URUNANA, uherutse kurasirwa muri RD-Congo yari afite imiturirwa muri Uganda ahitwa Nakulabye ifite agaciro ka miliyoni ebyiri z’amadorari

Editorial 13 Nov 2019
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa Mbere tariki ya 28 Mutarama 2019

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa Mbere tariki ya 28 Mutarama 2019

Editorial 29 Jan 2019
Burya umusazi ngo arasara akagwa ku ijambo, Serge Ndayizeye, umuzindaro w’ibigarasha, ati:”Uwaturoze ntiyakarabye’’.

Burya umusazi ngo arasara akagwa ku ijambo, Serge Ndayizeye, umuzindaro w’ibigarasha, ati:”Uwaturoze ntiyakarabye’’.

Editorial 28 Mar 2022
Urubyiruko rwatangije gahunda yo gushyigikira Perezida Kagame mu kurwanya ibinyoma n’ibikangisho bya mpatsibihugu

Urubyiruko rwatangije gahunda yo gushyigikira Perezida Kagame mu kurwanya ibinyoma n’ibikangisho bya mpatsibihugu

Editorial 13 Feb 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

‘Rwanda:The Royal Tour’ yerekanwe i New York mu muhango witabiriwe na Kagame, hatahiwe i Kigali
INKURU NYAMUKURU

‘Rwanda:The Royal Tour’ yerekanwe i New York mu muhango witabiriwe na Kagame, hatahiwe i Kigali

Editorial 25 Apr 2018
Kenya yahagurukiye abanyamahanga batujuje ibyangombwa bashinjwa kwiba imirimo y’abanyagihugu
Mu Mahanga

Kenya yahagurukiye abanyamahanga batujuje ibyangombwa bashinjwa kwiba imirimo y’abanyagihugu

Editorial 22 May 2018
Perezida Kagame yasabye za guverinoma kongera ubushake mu gushora imari mu by’ubuzima
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yasabye za guverinoma kongera ubushake mu gushora imari mu by’ubuzima

Editorial 10 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru