• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Rutsiro : Umuryango wa Nyirashuri ubabajwe n’amasambu wahugujwe hirengagijwe amategeko

Rutsiro : Umuryango wa Nyirashuri ubabajwe n’amasambu wahugujwe hirengagijwe amategeko

Ubwanditsi 14 Oct 2018 Mu Rwanda

Bamwe mu bo mu muryango w’umukecuru Nyirashuri Bonifride utuye mu karere ka Rutsiro, umurenge wa Mushubati,  bahangayikishijwe n’amasambu y’umubyeyi wabo Ntambiyukuri Stanislas yazunguwe hadakurikijwe itegeko rigenga imicungire y’umutungo w’abashakanye, impano n’izungura. Bakanababazwa n’akarengane bakorewe n’inzego zibanze zirengagije amategeko nkana bagatwarwa imitungo yabo.

Umuryango wa Nyirashuri Bonifride mwene Ntambiyukuri Stanislas witabye Imana mu 20/12/1942 bavuga ko habayeho izungura ku mitungo ye bidakurikije itegeko rigenga imicungire y’umutungo w’abashakanye, impano n’izungura kuko mu izungura hari abahawe amasambu badahuje isano n’abo kwa  Ntambiyukuri Stanislas.

Mukobwajana Florence, umwana wa Mukecuru Nyirashuri Bonifride, agira ati “Ntambiyukuri Stanislas yapfuye tariki 20/12/1942, Mukamugema Dancilla wazunguye ibyacu 100% yaravutse 1944  hashize imyaka ibiri Sogokuru Ntambiyukuri apfuye. Munyakayanza Boniface yavutse 1946 Ntambiyukuri amaze imyaka ine yitabye Imana, aba bose bazunguye ibyacu 100%. Ni akarengane gakomeye kubona umuntu mudahuje amasano aza gutwara iby’abyacu abifashijwemo n’inzego zibanze ndetse n’ubutabera bukabigiriamo uruhare”.

Mukobwajana akomeza avuga ko aba bose bari kuzungura 50% ku ruhande rwa nyina ubabyara witwa Ugurasebuja Cicilia, kuko nyina yababyaye ku wundi mugabo nyuma y’uko umusaza Ntambiyukuri Stanislas yitaba Imana. Yagize ati “twakorewe akarengane gakabije cyane, ubonye ngo ubuyobozi bw’inzego z’ibanze za z’umurenge wa Mushubati zemerere umuntu witwa Clotirida noneho utavuka kuri aba bose nawe azungure ibyacu 100%? Ni ukuri inzego zibishinzwe nizigire icyo zidufasha turenganurwe”

Batunga agatoki inzego z’abunzi bo mu kagari ka Rusebeya, umurenge wa Mushubati ko zaciye urubanza zidafitiye ubushobozi. Bagira bati “ayo masambu, inzu, imirima twambuwe byakorewe igenagaciro, biri hejuru ya miriyoni 15. Ni gute abunzi baburanisha urwo rubanza? Urubanza ntirwari gutangirira mu bunzi byose byishwe n’inzego zibanze aho zandikiye mukecuru Bonifride

zimusaba kwihutira ku murenge kugirango aze kugabana imirima”ibyo byose byavuye mubunzi tugeze murukiko rwa Gihango narwo ntirwaturenganura biturutse kumakosa yakozwe n’inzego zibanze”..

Mukobwajana Florence, umwana wa Bonifride agira ati “Mu rubanza RC 0045/16/TB/GIH rwo ku wa 15/05/2017 rwemeje ko Ntambyukuri Stanislas yitabye Imana ku wa 20/12/1942 (jugement suppletif d’acte de décès) bivuze ko abakomoka kuri Ntambyukuri stanislas aribo bafite kuzungura 100%”.

Mu byangombwa batumwe n’urukiko kugira ngo hamenyekane igihe Stanislas yitabye Imana  no kugirango hamenyekane abana yabyaye, hatanzwe Ibuku  (ibyangombwa byatangwaga muri icyo gihe) hamenyekana igihe yapfiriye n’abana be batatu yasize.

Ibyatangaje abo mu muryango Bonifride ni uko ibuku yatanzwe n’inzego z’ibanze ikemezwa n’urukiko mu gufata icyemezo ko Ntambyukuri stanislas yitabye Imana ku wa 20/12/1942 yaje kugezwa mu rukiko ivuga ko ari impapuro mpimbano, kuri ubu umukecuru Bonifride n’umwana we bakaba barakatiwe n’urukiko gufungwa.

Mukobwajana, umukobwa wa Bonifirida avuga ko aho bigeze ubu umukecuru ategereje kuzaterezwa cyamunara kuko amafaranga yakwa n’inzego z’ubutabera ntaho azayakura mu gihe adasubijwe amasambu ye yazunguwe n’abo badafitanye amasano. Bagira bati “ubu ngubu urubanza rwo kuburana ibuku yatanzwe n’umurenge wa Mushubati bavuga ko atari umurenge wayitanze, ikibazo cy’ibuku kigeze mu rukiko rwa Karong”i.

Itegeko hari icyo rivuga ku makimbirane nk’aya

Nizeyimana Elia, umunyamategeko akaba n’inzobere mu bijyanye n’amategeko y’umuryango, avuga ko Itegeko ritegeka ko umwana azungura ku ruhande rw’umubyeyi we  umwinjiza muri uwo mutungo. Yagize ati “ndi umucamanza, icyo navuga ni uko natanga ½ ku mugore ikindi ½ kikaba kuri nyina w’umuzungura. Hagabanwamo abana bo ku mugore w’isezerano no ku mugabo utari uw’isezerano kugira ngo bikemuke neza.’’

Itegeko rishya rigenga imicungire y’umutungo w’abashakanye, impano n’izungura riteganya ko imanza zose zari mu nkiko mbere y’uko iri tegeko rishya ritangira gukurikizwa zizaburanishwa hakurikijwe ibiteganywa naryo ariko nta gihinduwe ku mihango y’iburanisha yakozwe.

Izungura ryafunguwe guhera ku itariki ya 1 Ukwakira 1990 ariko igabana rikaba ritaraba rizakorwa hakurikijwe iri tegeko (ingingo ya 101).

Rikomeza rivuga ko urutonde rw’abazungura no mu bundi buryo bw’imicungire y’umutungo w’abashyingiranywe. Itegeko ryo muri 1999 ryateganyaga uru rutonde gusa mu buryo bw’ivanguramutungo risesuye

Ukwivuguruza kw’inkiko mu rubanza

Urukiko rwisumbuye rwa Karongi, mu urubanza RP00021/2018 /TGI/KNG mu rwego rwa mbere tariki 19/07/2018 bavuga ko hirengagijwe urubanza RC0120/2015/TB/GIH rwaciwe tariki 20/12/2017 n’urubanza RC0045/16/TB/GIH raciwe kuwa 15/05/2017.

Kubwo kwirengagiza zimwe mu manza n’amategeko, umukecuru Nyirashuri Bonifride  yakatiwe igifungo cy’imyaka ibiri afunze n’indi itatu ari hanze kubera gusaza naho umukobwa we akatirwa imyaka itanu.  Bakurikiranyweho ibuku yatanzwe n’umurenge wa Mushubati akarere ka Rutsiro. ubujurire buri mu rukiko rwa Karongi

Byiringiro Jean Elysee

2018-10-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame  yasesekaye  mu mujyi wa Ndjamena wakajijwe  umutekano hirindwa imyigaragambyo

Perezida Kagame yasesekaye mu mujyi wa Ndjamena wakajijwe umutekano hirindwa imyigaragambyo

Ubwanditsi 08 Aug 2016
Pasiteri Antoine Rutayisire yemeje ko mu Rwanda hari abapasiteri bari muri Illuminati bakorana nayo mwibanga!!!

Pasiteri Antoine Rutayisire yemeje ko mu Rwanda hari abapasiteri bari muri Illuminati bakorana nayo mwibanga!!!

Ubwanditsi 01 Sep 2017
Kongera serivisi bahabwa no gukuba kabiri imiti: Impamvu imisanzu ya Mituweli yongerewe

Kongera serivisi bahabwa no gukuba kabiri imiti: Impamvu imisanzu ya Mituweli yongerewe

RUSHYASHYA 24 Feb 2026
Police FC yaguye miswi na Marines FC, muri shampiyona y’isi, u Rwanda muri Sitting Volleyball y’abagore batsinze umukino wa kabiri

Police FC yaguye miswi na Marines FC, muri shampiyona y’isi, u Rwanda muri Sitting Volleyball y’abagore batsinze umukino wa kabiri

Ubwanditsi 06 Nov 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yakiriye ba Ambasaderi 11 barimo intumwa ya Papa Francis
Mu Rwanda

Perezida Kagame yakiriye ba Ambasaderi 11 barimo intumwa ya Papa Francis

Ubwanditsi 13 Oct 2017
Sendanyoye John wari Umuyobozi w’ikinyamakuru Ubumwe  yashyinguwe
Mu Rwanda

Sendanyoye John wari Umuyobozi w’ikinyamakuru Ubumwe yashyinguwe

Ubwanditsi 28 Aug 2017
Abaturage bo mu karere ka Rulindo bakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Abaturage bo mu karere ka Rulindo bakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 01 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru