• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Rutsiro : Umuryango wa Nyirashuri ubabajwe n’amasambu wahugujwe hirengagijwe amategeko

Rutsiro : Umuryango wa Nyirashuri ubabajwe n’amasambu wahugujwe hirengagijwe amategeko

Ubwanditsi 14 Oct 2018 Mu Rwanda

Bamwe mu bo mu muryango w’umukecuru Nyirashuri Bonifride utuye mu karere ka Rutsiro, umurenge wa Mushubati,  bahangayikishijwe n’amasambu y’umubyeyi wabo Ntambiyukuri Stanislas yazunguwe hadakurikijwe itegeko rigenga imicungire y’umutungo w’abashakanye, impano n’izungura. Bakanababazwa n’akarengane bakorewe n’inzego zibanze zirengagije amategeko nkana bagatwarwa imitungo yabo.

Umuryango wa Nyirashuri Bonifride mwene Ntambiyukuri Stanislas witabye Imana mu 20/12/1942 bavuga ko habayeho izungura ku mitungo ye bidakurikije itegeko rigenga imicungire y’umutungo w’abashakanye, impano n’izungura kuko mu izungura hari abahawe amasambu badahuje isano n’abo kwa  Ntambiyukuri Stanislas.

Mukobwajana Florence, umwana wa Mukecuru Nyirashuri Bonifride, agira ati “Ntambiyukuri Stanislas yapfuye tariki 20/12/1942, Mukamugema Dancilla wazunguye ibyacu 100% yaravutse 1944  hashize imyaka ibiri Sogokuru Ntambiyukuri apfuye. Munyakayanza Boniface yavutse 1946 Ntambiyukuri amaze imyaka ine yitabye Imana, aba bose bazunguye ibyacu 100%. Ni akarengane gakomeye kubona umuntu mudahuje amasano aza gutwara iby’abyacu abifashijwemo n’inzego zibanze ndetse n’ubutabera bukabigiriamo uruhare”.

Mukobwajana akomeza avuga ko aba bose bari kuzungura 50% ku ruhande rwa nyina ubabyara witwa Ugurasebuja Cicilia, kuko nyina yababyaye ku wundi mugabo nyuma y’uko umusaza Ntambiyukuri Stanislas yitaba Imana. Yagize ati “twakorewe akarengane gakabije cyane, ubonye ngo ubuyobozi bw’inzego z’ibanze za z’umurenge wa Mushubati zemerere umuntu witwa Clotirida noneho utavuka kuri aba bose nawe azungure ibyacu 100%? Ni ukuri inzego zibishinzwe nizigire icyo zidufasha turenganurwe”

Batunga agatoki inzego z’abunzi bo mu kagari ka Rusebeya, umurenge wa Mushubati ko zaciye urubanza zidafitiye ubushobozi. Bagira bati “ayo masambu, inzu, imirima twambuwe byakorewe igenagaciro, biri hejuru ya miriyoni 15. Ni gute abunzi baburanisha urwo rubanza? Urubanza ntirwari gutangirira mu bunzi byose byishwe n’inzego zibanze aho zandikiye mukecuru Bonifride

zimusaba kwihutira ku murenge kugirango aze kugabana imirima”ibyo byose byavuye mubunzi tugeze murukiko rwa Gihango narwo ntirwaturenganura biturutse kumakosa yakozwe n’inzego zibanze”..

Mukobwajana Florence, umwana wa Bonifride agira ati “Mu rubanza RC 0045/16/TB/GIH rwo ku wa 15/05/2017 rwemeje ko Ntambyukuri Stanislas yitabye Imana ku wa 20/12/1942 (jugement suppletif d’acte de décès) bivuze ko abakomoka kuri Ntambyukuri stanislas aribo bafite kuzungura 100%”.

Mu byangombwa batumwe n’urukiko kugira ngo hamenyekane igihe Stanislas yitabye Imana  no kugirango hamenyekane abana yabyaye, hatanzwe Ibuku  (ibyangombwa byatangwaga muri icyo gihe) hamenyekana igihe yapfiriye n’abana be batatu yasize.

Ibyatangaje abo mu muryango Bonifride ni uko ibuku yatanzwe n’inzego z’ibanze ikemezwa n’urukiko mu gufata icyemezo ko Ntambyukuri stanislas yitabye Imana ku wa 20/12/1942 yaje kugezwa mu rukiko ivuga ko ari impapuro mpimbano, kuri ubu umukecuru Bonifride n’umwana we bakaba barakatiwe n’urukiko gufungwa.

Mukobwajana, umukobwa wa Bonifirida avuga ko aho bigeze ubu umukecuru ategereje kuzaterezwa cyamunara kuko amafaranga yakwa n’inzego z’ubutabera ntaho azayakura mu gihe adasubijwe amasambu ye yazunguwe n’abo badafitanye amasano. Bagira bati “ubu ngubu urubanza rwo kuburana ibuku yatanzwe n’umurenge wa Mushubati bavuga ko atari umurenge wayitanze, ikibazo cy’ibuku kigeze mu rukiko rwa Karong”i.

Itegeko hari icyo rivuga ku makimbirane nk’aya

Nizeyimana Elia, umunyamategeko akaba n’inzobere mu bijyanye n’amategeko y’umuryango, avuga ko Itegeko ritegeka ko umwana azungura ku ruhande rw’umubyeyi we  umwinjiza muri uwo mutungo. Yagize ati “ndi umucamanza, icyo navuga ni uko natanga ½ ku mugore ikindi ½ kikaba kuri nyina w’umuzungura. Hagabanwamo abana bo ku mugore w’isezerano no ku mugabo utari uw’isezerano kugira ngo bikemuke neza.’’

Itegeko rishya rigenga imicungire y’umutungo w’abashakanye, impano n’izungura riteganya ko imanza zose zari mu nkiko mbere y’uko iri tegeko rishya ritangira gukurikizwa zizaburanishwa hakurikijwe ibiteganywa naryo ariko nta gihinduwe ku mihango y’iburanisha yakozwe.

Izungura ryafunguwe guhera ku itariki ya 1 Ukwakira 1990 ariko igabana rikaba ritaraba rizakorwa hakurikijwe iri tegeko (ingingo ya 101).

Rikomeza rivuga ko urutonde rw’abazungura no mu bundi buryo bw’imicungire y’umutungo w’abashyingiranywe. Itegeko ryo muri 1999 ryateganyaga uru rutonde gusa mu buryo bw’ivanguramutungo risesuye

Ukwivuguruza kw’inkiko mu rubanza

Urukiko rwisumbuye rwa Karongi, mu urubanza RP00021/2018 /TGI/KNG mu rwego rwa mbere tariki 19/07/2018 bavuga ko hirengagijwe urubanza RC0120/2015/TB/GIH rwaciwe tariki 20/12/2017 n’urubanza RC0045/16/TB/GIH raciwe kuwa 15/05/2017.

Kubwo kwirengagiza zimwe mu manza n’amategeko, umukecuru Nyirashuri Bonifride  yakatiwe igifungo cy’imyaka ibiri afunze n’indi itatu ari hanze kubera gusaza naho umukobwa we akatirwa imyaka itanu.  Bakurikiranyweho ibuku yatanzwe n’umurenge wa Mushubati akarere ka Rutsiro. ubujurire buri mu rukiko rwa Karongi

Byiringiro Jean Elysee

2018-10-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bisi ya RITCO itwaye abantu 60 yakoze impanuka Imana ikinga ukuboko [ Amafoto ]

Bisi ya RITCO itwaye abantu 60 yakoze impanuka Imana ikinga ukuboko [ Amafoto ]

Ubwanditsi 21 Sep 2017
Kiyovu SC yahakanye amakuru avuga ko umutoza mukuru wayo Karekezi Olivier yaba yirukanywe .

Kiyovu SC yahakanye amakuru avuga ko umutoza mukuru wayo Karekezi Olivier yaba yirukanywe .

Ubwanditsi 02 May 2021
Kigali :  Umuyobozi nshingwabikorwa wa UN Women yasuye Isange One Stop Centre

Kigali : Umuyobozi nshingwabikorwa wa UN Women yasuye Isange One Stop Centre

Ubwanditsi 11 May 2017
Diane Rwigara agaruye kandi ubushotoranyi mu matora?

Diane Rwigara agaruye kandi ubushotoranyi mu matora?

Ubwanditsi 10 May 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urugo rwa Gen Masunzu rwagabweho igitero
HIRYA NO HINO

Urugo rwa Gen Masunzu rwagabweho igitero

Ubwanditsi 27 Jan 2018
Ibitekerezo kurubanza Ingabire yarezemo Leta y’u Rwanda Arusha
ITOHOZA

Ibitekerezo kurubanza Ingabire yarezemo Leta y’u Rwanda Arusha

Ubwanditsi 16 Jun 2016
Impamvu nyuma y’imyaka 5 bakorana, Charly na Nina batandukanye na Muyoboke Alexis
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Impamvu nyuma y’imyaka 5 bakorana, Charly na Nina batandukanye na Muyoboke Alexis

Ubwanditsi 21 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru