• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Umusaruro mbumbe w’igihugu wiyongereye ku kigero cya 8.4% mu gihembwe cya mbere cya 2019

Umusaruro mbumbe w’igihugu wiyongereye ku kigero cya 8.4% mu gihembwe cya mbere cya 2019

Editorial 18 Jun 2019 UBUKUNGU

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, NISR, cyatangaje ko mu gihembwe cya mbere cya 2019, umusaruro mbumbe w’igihugu (GDP) wiyongereye ku rugero rwa 8.4 %, ugereranyije n’igihembwe cya mbere cy’umwaka wabanje, ukava kuri miliyari 1987 Frw ukagera miliyari 2144 Frw.

Umuyobozi Mukuru wungirije wa NISR, Murenzi Yvan, yavuze ko umusaruro mbumbe wa serivisi wari 48% by’umusaruro mbumbe wose, ubuhinzi bwatanze 28% by’umusaruro mbumbe naho umusaruro w’inganda wari 17% by’umusaruro mbumbe w’igihugu wose.

Umusaruro w’ubuhinzi wazamutse ku kigero cya 4% mu gihembwe cya mbere cya 2019, uw’inganda wazamutse 18%, naho uwa serivisi uzamuka ku 8%.

Yakomeje avuga ko ‘mu buhinzi umusaruro w’ibihingwa ngandurarugo wiyongereye ku rugero rwa 4%, umusaruro w’ibihingwa ngengabukungu wagabanutseho 9% nyuma y’uko wiyongereye ku rugero rwa 46% mu gihembwe nk’iki cya 2019’.

Murenzi yasobanuye ko ukugabanuka k’umusaruro w’ibihingwa ngengabukungu kwatewe no kuba ‘umusaruro ku cyayi waragabanutse ku rugero rwa 7% no ku bindi bihingwa byoherezwa hanze nk’indabyo n’ibireti ukaba waragabanutseho 19% byose bigatera kugabanukwa kwa 9%’. Icyakora umusaruro w’ikawa wo wiyongereyeho 2%.

Ati “Kugabanuka kw’icyayi biterwa n’ibiciro bihari ku isoko mpuzamahanga cyangwa igihe kuko imibare itwereka ko mu gihembwe cya mbere n’icya kabiri ari ko bigenda ariko mu bindi bihembwe habamo ubwiyongere cyane.”

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Igenamigambi, Dr Uwera Claudine, yavuze ko hakiri kare kuvuga ko hari ingaruka iki gihembwe cyagira ku bukungu bw’igihugu kuko hakiri ibindi bihembwe bitatu kandi bigaragaramo impinduka zikomeye mu bukungu.

Ubwiyongere bw’umusaruro w’inganda watewe ahanini n’ibikorwa by’ubwubatsi byiyongereye ku rugero rwa 30%, umusaruro w’ibikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro na za kariyeri wiyongereye ku rugero rwa 12% naho uw’inganda zitunganya ibintu bitandukanye wiyongera ku rugero rwa 8%.

Umusaruro wa serivisi z’ubwikorezi wazamutse 11% bitewe ahanini n’izamuka rya 21%, ry’umusaruro w’ubwikorezi bwo mu kirere, umusaruro w’ubucuruzi buranguza n’ubudandaza wiyongereye ku rugero rwa 7%, umusaruro w’ibikorwa by’imirimo by’imirimo yo kuyobora no gucunga umutungo wazamutseho 15% uwa serivisi z’ibigo by’imari n’ubwishingizi uzamukaho 14%.

Src : IGIHE

2019-06-18
Editorial

IZINDI NKURU

UNDP yahaye u Rwanda hafi miliyoni 900 Frw zo kwifashisha mu kurwanya ubukene

UNDP yahaye u Rwanda hafi miliyoni 900 Frw zo kwifashisha mu kurwanya ubukene

Editorial 21 Dec 2018
Perezida Kagame yahamagariye abashoramari bo mu bihugu 20 bikize ku Isi kuza gushora mu Rwanda

Perezida Kagame yahamagariye abashoramari bo mu bihugu 20 bikize ku Isi kuza gushora mu Rwanda

Editorial 19 Nov 2019
U Rwanda rwemerewe inguzanyo ya miliyari 235 Frw azarufasha gukwirakwiza amashanyarazi

U Rwanda rwemerewe inguzanyo ya miliyari 235 Frw azarufasha gukwirakwiza amashanyarazi

Editorial 02 Oct 2018
Perezida Kagame yakiriye Emir wa Qatar mu buryo bwihariye

Perezida Kagame yakiriye Emir wa Qatar mu buryo bwihariye

Editorial 22 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Afurika ntabwo ari aho umwe yunguka undi agacyura ubusa- Perezida Kagame
UBUKUNGU

Afurika ntabwo ari aho umwe yunguka undi agacyura ubusa- Perezida Kagame

Editorial 04 Sep 2018
Abantu 369 bapfiriye mu mpanuka uyu mwaka
Mu Rwanda

Abantu 369 bapfiriye mu mpanuka uyu mwaka

Editorial 14 Dec 2017
Papa Francis yogeje anasoma ibirenge by’imfungwa 12
ITOHOZA

Papa Francis yogeje anasoma ibirenge by’imfungwa 12

Editorial 17 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru