Nkuko byatangajwe na Africa Intelligence, ubutabera bw’u Bubiligi buri gusuzuma ku buryo bwimbitse imikoreshereze y’amakonti muri banki y’abagize umuryango wa Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC), Félix Tshisekedi. Iperereza riyobowe na prokirikere Ann Fransen wo ku rwego rwa leta y’u Bubiligi, rikubiyemo ibirego bijyanye na ruswa, kunyereza umutungo no kubyaza inyungu amafaranga binyuze mu bikorwa bya mine mu ntara za Katanga.
Ibi byatangijwe n’ikirego cyatanzwe muri Nyakanga i Bruxelles n’amashyirahamwe n’imiryango ikorera mu karere ka Katanga. Icyo kirego cyashinjaga abagize umuryango wa Tshisekedi icyenda, bose bafite ubwenegihugu bw’u Bubiligi, kuba baragize uruhare mu “kwigarurira” umutungo w’amabuye y’agaciro akomoka mu bucukuzi bwa artisanal mu ntara za Lualaba na Haut-Katanga.
Mu rwego rwo gukomeza iperereza, ubutabera bw’u Bubiligi bwandikiye banki zitandukanye busaba ko zabwereka inyandiko z’amakuru y’imikoreshereze y’imitungo ya Denise Nyakeru Tshisekedi, umugore wa Perezida, ndetse na Fanny Tshisekedi. Uretse abo, hanasuzumwa n’amakuru ajyanye n’imitungo ya Christian Tshisekedi, Jacques Tshisekedi, Jean-Claude Tshisekedi, ndetse na Anthony Tshisekedi. Gusa kugeza ubu, iryo perereza riracyari mu rwego rwa mbere, kuko nta mucamanza urahabwa dosiye ku buryo bweruye.
Mu ntangiriro za Ugushyingo, prokirikere Ann Fransen yagiriye uruzinduko rugufi muri Kinshasa. Ubutabera bw’u Bubiligi bwavuze ko urwo ruzinduko rwari rugamije gushimangira ubufatanye mu by’ubutabera hagati y’ibihugu byombi, nubwo bwemeje ko hari “iperereza ritandukanye ririmo imikoranire hagati ya Bubiligi na RDC.”
Kuva Tshisekedi yagera ku butegetsi, yaranzwe na ruswa icyenewabo no kwikubira umutungo wa Leta.




