• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umuyobozi w’Intara yatunguwe no kwirukanwa na Perezida Magufuli atabizi

Umuyobozi w’Intara yatunguwe no kwirukanwa na Perezida Magufuli atabizi

Editorial 12 Apr 2016 Mu Rwanda

Umuyobozi w’Intara ya Shinyaga muri Tanzania, yatunguwe mu buryo bukomeye no kumva abwirwa ko yirukanwe na Perezida Magufuli, mu gihe yari yibereye mu biro.

Anne Kilang Malecela, yatunguwe no guhamagarwa n’itangazamakuru, abazwa uko yakiriwe kuba yirukanwe.

Gusa we mu gusubiza, yavuze ko atazi ayo makuru, gusa nyuma yaje kugwa mu kantu yumvise ko koko Perezida John Joseph Pombe Magufuli yamaze kumwirukana, atamaze ukwezi kumwe arahiye.

Ubwo umunyamakuru wa The Citizen yahamagaraga uyu muyobozi ngo amenye impamvu yirukanwe, Anne yagize ati “Ninde wabahaye ayo makuru?

The citizen: “Byatangajwe na Perezida Magufuli.”

Anne: “Yahamagaje inama n’abanyamakuru?”

The Citizen: “Yabitangarije mu biro bye ubwo yakiraga raporo ivuga kuri ruswa.”

Anne: “Niba ari uko bimeze, ni mwe ba mbere mumpaye ayo makuru! Ntacyo ubwo twavugana, murakoze!

Uyu muyobozi wahoze ari n’umudepite muri Tanzania, yemejwe na Perezida Magufuli tariki ya 13 Werurwe uyu mwaka, arahira kimwe n’abandi bayobozi b’Intara 25 tariki ya 15 Werurwe.

Imvo n’imvano yo kwirukana uyu muyobozi, bije nyuma y’aho Perezida Magufuli, aboneye muri bimwe mu binyamakuru, bivuga ko uyu muyobozi yatangaje ko mu ntara ye nta bakozi ba baringa bahari.

Ibi byatumye Perezida Magufuli ubwe atungurwa n’ibyo uyu muyobozi yavuze, byaje no gutuma yohereza itsinda rikurikirana iki kibazo.

Magufuli yagize ati “Natunguwe no kumva uyu muyobozi avuga ko nta bakozi ba baringa bari mu Ntara ye, byari ukubeshya, itsinda nohereje ryasanze hari abantu ba baringa 45, bateje igihombo kingana n’amashilingi miliyoni 339.”

Magufuli yavuze ko yibajije impamvu nta muntu muri aba wahanwe.

Yavuze ko yicujije impamvu yashyizeho uyu muyobozi, gusa yemeje ko azamushakira akandi kazi.

Perezida Magufuli aravuga ko hari abantu barenga ibihumbi 4 bahembwa mu gihe nta kazi bakora, ibi bikaba bibangamiye ubukungu bwa Tanzania.

2016-04-12
Editorial

IZINDI NKURU

Nyakubahwa Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bakurikiye umukino wa BAL wahuje ikipe ya Patriots BBC yo mu Rwanda na US Monastir yo muri Tunisia. 

Nyakubahwa Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bakurikiye umukino wa BAL wahuje ikipe ya Patriots BBC yo mu Rwanda na US Monastir yo muri Tunisia. 

Editorial 23 May 2021
Kagame yasobanuye impamvu Abanyarwanda bagira uruhare mu bukerarugendo

Kagame yasobanuye impamvu Abanyarwanda bagira uruhare mu bukerarugendo

Editorial 29 Aug 2017
Gasabo: Abakorera ibikorwa byabo ahagenewe inganda bagejejweho ubutumwa bwo kwirinda inkongi z’umuriro

Gasabo: Abakorera ibikorwa byabo ahagenewe inganda bagejejweho ubutumwa bwo kwirinda inkongi z’umuriro

Editorial 06 Jun 2017
Amagambo atangaje ya Twagiramungu  ati ’Nta wambuza kuvuga kereka andashe mu kanwa ‘

Amagambo atangaje ya Twagiramungu ati ’Nta wambuza kuvuga kereka andashe mu kanwa ‘

Editorial 13 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuwa 10/08/2016
Mu Mahanga

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuwa 10/08/2016

Editorial 11 Aug 2016
Ibigo bikomeye mu ikoranabuhanga mu Buyapani bigiye kumurikira i Kigali ibyo bikora
IKORANABUHANGA

Ibigo bikomeye mu ikoranabuhanga mu Buyapani bigiye kumurikira i Kigali ibyo bikora

Editorial 05 May 2018
Visi Perezida wa APR FC Maj Gen Mubarakh Muganga Yagejeje ku Bakinnyi Imigabo n’Imigambi ya APR FC y’Umwaka Utaha Anabasaba Gukomeza Kwirinda Icyorezo COVID-19
IMIKINO

Visi Perezida wa APR FC Maj Gen Mubarakh Muganga Yagejeje ku Bakinnyi Imigabo n’Imigambi ya APR FC y’Umwaka Utaha Anabasaba Gukomeza Kwirinda Icyorezo COVID-19

Editorial 04 Aug 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru