• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Undi Munyarwandakazi yahawe igihembo n’umwamikazi w’u Bwongereza

Undi Munyarwandakazi yahawe igihembo n’umwamikazi w’u Bwongereza

Editorial 04 Jun 2018 Mu Rwanda

Umwamikazi w’u Bwongereza, Elisabeth II kuri uyu wa 04 Kamena yahaye Umunyarwandakazi Isabelle Kamariza igihembo cya Commonwealth Points of Light kubera ubwitange yagaragaje mu gufasha abarwayi mu bitaro byo mu Rwanda.

Isabelle Kamariza akaba yarashinze umuryango yise ‘Solid Africa’ ufasha abarwayi mu bitaro bitandukanye bya leta mu Rwanda, aho umuryango wahereye ku itsinda rito ry’urubyiruko rufite akazi rufasha  abarwayi batanu, kuri ubu bakaba bafasha abarwayi bagera mu 1000 buri munsi.

Irangajwe imbere na Isabelle, Solid Africa yabaye umuryango wifashishije ufte gahunda zigera kuri 4 zitanga imfashanyo y’amafaranga ndetse ikishyurira abarwayi amafaranga yo kwivuza n’ay’ingendo, gutanga amazi meza mu bitaro, kugaburira abarwayi batifashije bahabwa indyo bategekwa na muganga n’ibindi.

Kuri ubu, Isabelle ngo arateganya kubaka igikoni kizajya kigaburira abarwayi 1000 inshuro 3 ku munsi mu bitaro bine muri Kigali.

Mu rwego rw’inama y’abakuru b’ibihugu bigize Commonwealth yabereye London mu minsi ishize, Umwamikazi w’u Bwongereza nk’umukuru wa Commonwealth akomeje gushimira abakorerabushake bo mu bihugu 53 bigize uyu muryango buri cyumweru mu gihe cy’imyaka 2 ikurikira iyi nama.

Isabelle aravuga iki?

Nyuma yo gushimirwa n’Umwamikazi w’u Bwongereza, Isabelle kamariza yatangaje ko iteka ashimishwa no kubona ibyo bakora bishimwa kubera ko ngo nubwo kenshi ari we ugaragara muri uyu muryango yashinze, inyuma ye hari abandi bakorerabushake badahagarikwa batangiranye nawe n’abandi babiyunzeho baturutse mu bindi bihugu.

Ati: “Iki gihembo ni ikindi kimenyetso cy’uko tugomba gukora ikintu kiza. N’ubufasha bwanyu bukomeje, twiyemeje gukomeza imbaraga zacu kandi mu myaka iza, tuzazagura mu gihugu cyose ndetse no hanze y’u Rwanda, Imana nibishaka. Ndabashimiye na none biturutse mu ndiba y’umutima wanjye kandi ndabinginze munshimire Nyir’icyubahiro, Umwamikazi.”

Ibihembo bya Commnwealth Points of Light ni ibihembo bitangwa mu rwego rwo guha icyubahiro abakorerabushake usanga ibikorwa byabo bya buri munsi bigira uruhare mu guhindura ibintu aho baturuka kandi usanga amateka yabo yabera icyitegererezo abandi mu gushakira ibisubizo ibibazo byugarije aho batuye no hanze yaho.

Isabelle abaye Umunyarwandakazi wa kabiri uhawe igihembo muri uru rwego nyuma ya Mary Balikungeri washinze umuryango Rwanda Women’s Network (RWN) uherutse Guhabwa igihembo nk’iki cya Commonwealth Points of Light kubera uruhare rwe mu guteza imbere imibereho y’ abagore.

 

2018-06-04
Editorial

IZINDI NKURU

Mukamabano Madeleine  wahoze ari Umunyamakuru wa RFI yambitse ubusa  Amashyaka ya Opozisiyo ikorera mu buhungiro

Mukamabano Madeleine wahoze ari Umunyamakuru wa RFI yambitse ubusa Amashyaka ya Opozisiyo ikorera mu buhungiro

Editorial 10 Aug 2017
Abanduye Coronavirus mu Rwanda biyongereyeho 13 bagera ku 102

Abanduye Coronavirus mu Rwanda biyongereyeho 13 bagera ku 102

Editorial 05 Apr 2020
‘Budget’ ya AU: 76% yavaga mu baterankunga, ubu AU igiye kwitera inkunga 100%

‘Budget’ ya AU: 76% yavaga mu baterankunga, ubu AU igiye kwitera inkunga 100%

Editorial 17 Jul 2016
APR FC yanganyije na Etoile du Sahel yo muri Tunisia 1-1, mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri wa CAF Champions League

APR FC yanganyije na Etoile du Sahel yo muri Tunisia 1-1, mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri wa CAF Champions League

Editorial 16 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyo Kagame avuga ku mikorere ya MONUSCO muri Kongo
Mu Rwanda

Icyo Kagame avuga ku mikorere ya MONUSCO muri Kongo

Editorial 20 Sep 2017
Gaby Kamanzi w’imyaka 36 yasubije abarambiwe no kuba atarashaka umugabo
SHOWBIZ

Gaby Kamanzi w’imyaka 36 yasubije abarambiwe no kuba atarashaka umugabo

Editorial 15 Oct 2017
Impamvu zitandukanye zigaragaza ko intambara Museveni na Kayumba bifuriza u Rwanda itazagerwaho
Amakuru

Impamvu zitandukanye zigaragaza ko intambara Museveni na Kayumba bifuriza u Rwanda itazagerwaho

Editorial 13 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru