• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

  • Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0   |   04 May 2025

  • APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025   |   01 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»“Uru rukiko ruzakurikirana umuntu wese uzapfobya cyangwa agahakana Jenoside yakorewe Abatutsi “-Umushinjacyaha Mukuru w’i Paris.

“Uru rukiko ruzakurikirana umuntu wese uzapfobya cyangwa agahakana Jenoside yakorewe Abatutsi “-Umushinjacyaha Mukuru w’i Paris.

Editorial 05 Nov 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga, POLITIKI

Nyuma y’uko muri Kamena 2023 ahanishijwe gufungwa burundu amaze guhamwa n’uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, kuri uyu wa mbere tariki 04 Ukwakira 2024, mu rukiko rwa rubanda i Paris mu Bufaransa hatangiye kumvwa ubujurire bwa Hategekimana Biguma Philippe wiyise” Manier”.

Hagamijwe guha gasopo abunganizi n’abatangabuhamya b’ uregwa, Umushinjacyaha Mukuru wungirije, Bwana Rodolphe Juy-Birmann, yavugiye mu rubanza rwa Hategekimana Manier ko kuva ubu urukiko rutazongera kwihanganira umuntu wese uzagaragaraho guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Byari bimaze kuba umuco ko abanyamategeko b’abakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse n’abaza kubashinjura, bahitamo kwemeza ko iyo jenoside ntayabaye mu Rwanda, ndetse kenshi abahohotewe muri iyo jenoside bakaba aribo bahindurwa abicanyi.

Ako gashinyaguro kagaragaye mu manza zose za jenoside zaburanishirijwe mu bihugu binyuranye, urugero ruheruka rukaba ari urubanza rwa Eugène Rwamucyo waburanishijwe i Paris mu Bafaransa mu kwezi gushize k’Ukwakira, ubwo ubwunganizi n’abatangabuhamya nka Yohani Kambanda na Augustin Ndindiriyimana birengaga bakarrahira ko nta mugambi wo gutegura no gushyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi wigeze ubaho mu Rwanda.

Iyi mvugo iyobya uburari yanumvikanye cyane mu rubanza rwa Charles Onana narwo rwabaye mu kwezi gushize, uyu Mufaransa ufite inkomoko muri Kameruni nawe ubwe akaba aregwa guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi.

Iyi gasopo yatanzwe n’ Umushinjacyaha Mukuru Wungirije rero, irakoma mu nkokora abajenosideri n’ababashyigikiye, bahisemo kugoreka amateka no gutoneka ibikomere by’abo bagize imfubyi n”abapfakazi.

Uwashaka yavuga ko agahuru k’imbwa kagurumanye, kuko hari abibwiraga ko guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi byabafasha kutazigera bakurikiranwa mu butabera, kuko nyine bavugaga ko batahanirwa icyaha kitigeze kibaho.

Tugarutse kuri Hategekimana Biguma Philippe” Manier”, twibutse ko yahamwe n’uruhare rutaziguye mu iyicwa ry’Abatutsi batabarika i Nyanza mu ntara y”Amajyepfo, no mu duce tuhegereye. By’umwihariko yahamwe no kwica Narcisse Nyagasaza wari Burugumesitiri wa Ntyazo, kimwe n’abandi benshi cyane, nk’abari bahungiye ku musozi wa Kabuye n’ahandi.

Hategekimana Biguma w’imyaka 67 y’amavuko, yahoze ari umujandarume ku gihe cya Leta y’abajenosideri, aho yari afite ipeti rya ” adjudant-chef”, ryanamufashije gutanga amabwiriza ndakuka muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Yafatiwe muri Kameruni muw’2018, ajyanwa kuburanishirizwa mu Bufaransa kuko yari yaramaze guhabwa ubwenegihugu bw’icyo gihugu, ari nahonizina rya ” Manier” rikomoka.

2024-11-05
Editorial

IZINDI NKURU

Bukavu: Perezida Tshisekedi yatangaje ko yiteguye no gupfa ariko amahoro akaganza

Bukavu: Perezida Tshisekedi yatangaje ko yiteguye no gupfa ariko amahoro akaganza

Editorial 08 Oct 2019
Abagore n’abakobwa bari Bafungiwe icyaha cyo gukuramo inda Perezida Kagame yabahaye Imbabazi

Abagore n’abakobwa bari Bafungiwe icyaha cyo gukuramo inda Perezida Kagame yabahaye Imbabazi

Editorial 10 Dec 2016
ADEPR yemeje ururembo rwa gatandatu rwa ADEPR/Uganda

ADEPR yemeje ururembo rwa gatandatu rwa ADEPR/Uganda

Editorial 18 Jan 2016
Abakinnyi 3 ba APR FC batijwe Marines FC, Bakame yasinyiye Bugesera FC mu gihe Bukuru yerekeje muri Rutsiro FC

Abakinnyi 3 ba APR FC batijwe Marines FC, Bakame yasinyiye Bugesera FC mu gihe Bukuru yerekeje muri Rutsiro FC

Editorial 11 Jan 2023
Bukavu: Perezida Tshisekedi yatangaje ko yiteguye no gupfa ariko amahoro akaganza

Bukavu: Perezida Tshisekedi yatangaje ko yiteguye no gupfa ariko amahoro akaganza

Editorial 08 Oct 2019
Abagore n’abakobwa bari Bafungiwe icyaha cyo gukuramo inda Perezida Kagame yabahaye Imbabazi

Abagore n’abakobwa bari Bafungiwe icyaha cyo gukuramo inda Perezida Kagame yabahaye Imbabazi

Editorial 10 Dec 2016
ADEPR yemeje ururembo rwa gatandatu rwa ADEPR/Uganda

ADEPR yemeje ururembo rwa gatandatu rwa ADEPR/Uganda

Editorial 18 Jan 2016
Abakinnyi 3 ba APR FC batijwe Marines FC, Bakame yasinyiye Bugesera FC mu gihe Bukuru yerekeje muri Rutsiro FC

Abakinnyi 3 ba APR FC batijwe Marines FC, Bakame yasinyiye Bugesera FC mu gihe Bukuru yerekeje muri Rutsiro FC

Editorial 11 Jan 2023
Bukavu: Perezida Tshisekedi yatangaje ko yiteguye no gupfa ariko amahoro akaganza

Bukavu: Perezida Tshisekedi yatangaje ko yiteguye no gupfa ariko amahoro akaganza

Editorial 08 Oct 2019
Abagore n’abakobwa bari Bafungiwe icyaha cyo gukuramo inda Perezida Kagame yabahaye Imbabazi

Abagore n’abakobwa bari Bafungiwe icyaha cyo gukuramo inda Perezida Kagame yabahaye Imbabazi

Editorial 10 Dec 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru