• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Urubuga rwa Twitter rwasibye konti 418 muri Uganda zishinzwe gutegura Muhoozi Kainerugaba kuzasimbura Museveni nka Perezida wa Uganda

Urubuga rwa Twitter rwasibye konti 418 muri Uganda zishinzwe gutegura Muhoozi Kainerugaba kuzasimbura Museveni nka Perezida wa Uganda

Editorial 03 Dec 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Umunsi w’ejo wabereye mubi abiyita ingabo za Muhoozi (Muhoozi Army) zigizwe n’abantu batandukanye mu gihugu cya Uganda bashinzwe kwamamaza umuhungu wa Perezida Museveni ariwe Muhoozi Kainerugaba bategura abagande ko azaba Perezida wa Uganda mu kizwi nka Muhoozi Project.

Urubuga rwa Twitter rwasibye konti zigera kuri 418 mu gihugu cya Uganda kubera ibikorwa by’ubufatanye bwo gutaaka Perezida Museveni ndetse no kwamamaza umuhungu we Muhoozi Kainerugaba.

Izi konti kandi ntabwo ari ukwamamaza Muhoozi gusa, kuko izi konti zikoreshwa mu kwibasira Perezida Kagame n’Abanyarwanda muri rusange kandi ugasanga zishyigikira umutwe w’iterabwoba wa RNC.

Iyi nkuru y’inshamugongo yakiriwe nabi mu biro bya Perezida Museveni ubwo abashinzwe itangazamakuru mu biro bye bagaragaje ko umushinga wabo utakigezweho.

Perezida Museveni bakunze kwita Bosiko, ntabwo akunzwe na gato mu gihugu cya Uganda, cyane cyane muri Kampala iri mu bwami bwa Buganda.

Urubyiruko rwenshi muri Uganda ruri inyuma ya Bobi Wine dore ko yanamwibye mu matora. Mu rwego rwo kugarura isura ya Museveni, bashoye akayabo k’amafaranga bagura ibitangazamakuru bitandukanye harimo Chimp Reports ya Giles Muhame, Soft Power ya Sarah Kagingo uyu akaba ariwe muhuzabikorwa wuyu mushinga unahabwa amafaranga.

Sarah Kagingo yashoye mu rubyiruko rutandukanye aho bahabwa amafaranga bakurikije uko bakoze mu kwamamaza Muhoozi na Museveni. Muri konti ibihumbi bishyigikira Museveni, Twitter yasibye izisaga 418. Izi konti kandi nizo usanga zishinjwe kwangisha Abagande bagenzi babo b’Abanyarwanda no kubeshya ku ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Uganda.

Izi konti zafunzwe zikwirakwiza ko umubano hagati y’u Rwanda na Uganda wajemo agatotsi nyuma yaho umupaka wa Gatuna ufungiwe. Ariko ntibavuga impamvu wafunzwe nyuma y’uko Abanyarwanda amagana n’amagana bafashwe bagafungirwa ahantu hatazwi bamwe bakicwa abandi bagakorerwa ihohoterwa.

Iri tsinda ryiyita ko ari ingabo zo kuri Internet, zaje zigamije kugarura isura y’ubutegetsi bwa Perezida Museveni kubera kwica abo batavuga rumwe.

Ikindi ni uko abayobozi muri Uganda batandukanye bashatse kutishimira umushinga wo Kugira Muhoozi Perezida (Muhoozi Project) bagiye bigizwayo abanda baricwa. Urugero ni nka Maj Gen Aronda Nyakairima n’abandi benshi.

2021-12-03
Editorial

IZINDI NKURU

Abagenzacyaha ba Polisi barebeye hamwe uko bakomeza guteza imbere akazi kabo

Abagenzacyaha ba Polisi barebeye hamwe uko bakomeza guteza imbere akazi kabo

Editorial 16 Jan 2016
Tanzaniya yanze inkunga ya Banki y’Isi

Tanzaniya yanze inkunga ya Banki y’Isi

Editorial 04 Oct 2018
Uganda : Chimpreports yahawe inkwenene nyuma yo gutangaza ko ingabo z’u Rwanda zambuka muri Uganda gushaka ibiryo

Uganda : Chimpreports yahawe inkwenene nyuma yo gutangaza ko ingabo z’u Rwanda zambuka muri Uganda gushaka ibiryo

Editorial 19 Apr 2019
Tumenye Gideon Rukundo Rugari n’impamvu yirirwa atuka u Rwanda ngo Museveni amufashe mu mugambi we wo kuba umudepite

Tumenye Gideon Rukundo Rugari n’impamvu yirirwa atuka u Rwanda ngo Museveni amufashe mu mugambi we wo kuba umudepite

Editorial 27 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abayobozi basaga 700 barimo Perezida Kagame bitabiriye amasengesho yo gusengera igihugu
POLITIKI

Abayobozi basaga 700 barimo Perezida Kagame bitabiriye amasengesho yo gusengera igihugu

Editorial 13 Jan 2019
Amerika ishobora gukoresha Museveni  mu mugambi wo gucamo Congo-Kinshasa ibice
POLITIKI

Amerika ishobora gukoresha Museveni  mu mugambi wo gucamo Congo-Kinshasa ibice

Editorial 17 Nov 2017
Perezida Kagame yavuze ko ubucuruzi hagati ya Afurika n’u Burusiya butanga icyizere
UBUKUNGU

Perezida Kagame yavuze ko ubucuruzi hagati ya Afurika n’u Burusiya butanga icyizere

Editorial 25 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru