• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Urubyiruko rwo mu Itorero ERC Nyarutarama mu giterane cy’ububyutse

Urubyiruko rwo mu Itorero ERC Nyarutarama mu giterane cy’ububyutse

Editorial 29 Sep 2016 Mu Mahanga

Urubyiruko rwo mu Itorero ry’Ivugabutumwa n’Isanamitima mu Rwanda (Evangelic Restoration Church), Paruwasi ya Nyarutarama rukomeje igiterane cy’ububyutse n’ivugabutumwa. Aho urubyiruko rusabwa kuba igitambo gishimwa n’Imana kandi rugatumbira Yesu Kristo mu buzima bwabo bwa buri munsi.

Iki giterane gifite insanganyamatsiko igira iti “Boneza amaso imbere yawe ugumye uhatumbire kandi utunganye inzira z’ibirenge byawe, kugira ngo ube igitambo gihindura umuryango”, iyi nsanganyamatiko iri mu Imigani 4; 25- 27.

Iki giterane gikomeje kuzamo abavugabutumwa basizwe amavuta ndetse n’abahanzi bahimbaza Imana. Iki giterane cyatangiye tariki ya 25 Nzeri kugeza tariki ya 2 Ukwakira 2016, kibaba kibera i Nyarutarama hafi yo mu Kabuga ahari uru rusengero. Iki giterane cy’ububyutse kiba buri munsi kuva saa kumi kugeza saa moya n’igice z’ijoro mu minsi y’imibyizi ndetse no kuva saa munani z’amanywa kugeza saa moya n’igice z’ijoro mu minsi mu minsi y’isoza icyumweru (weekend).

Umushumba wa ERC Nyarutarama, Pastor Seruhungo Alphonse yavuze ko iki giterane gifite intego yo kwegereza urubyiruko Imana ndetse no kugira ngo urubyiruko rwegere Imana runakire agakiza babere ibitambo imiryango yabo nayo ihinduke.

Ubwo yatangizaga iki giterane ku mugaragaro, Apostle Masasu Joshua yavuze ko urubyiruko rufite imbaraga zihagije ku buryo babishatse bakorera Imana neza, aha kandi yatanze ubuhamya bw’uko yatangiye gukorera Imana akiri muto ku myaka gusa 22, aho yasenze akaba igitambo gishimwa n’Imana.

Apostle Masasu yagize ati “Nkirangiza icyiciro cya mbere cya kaminuza nari mfite gusa imyaka 22 nibwo natangiye gukorera Imana; namwe ndabasaba kwegera Imana no kuyikorera mukiri bato mufite imbaraga kandi muzabona imigisha myinshi mu buzima bwanyu.”

-4199.jpg

Umuyobozi w’urubyiruko rusengera kuri ERC Nyarutarama, Mwamini Zainabu avuga ko iki giterane kizakomeza kuba mu bihe bitandukanye kugira ngo urubyiruko rutandukanye rurusheho kubona umwanya wo kongera ubusabane bwabo n’Imana.

Abavugabutumwa basizwe babwirije urubyiruko barimo Apostle Joshua Masasu, Pastor Ngoga Innocent, Pastor Seruhungo Alphonse na Pastor Masasu Patrick, Pastor Ruzindana Jean Marie na Pascale Keza.

-4198.jpg

Abahanzi kandi bazataramira abazitabira igitaramo harimo Patient Bizimana, Gabby Irene Kamanzi, Liliane Kabaganza, Serge Iyamuremye, Nelson Mucyo, Arsene Tuyi na Kaneza Deborah. Ndetse hari n’abandi bahanzi benshi na worship teams zitandukanye harimo Total Praise worship team ya ERC Nyarutarama.

2016-09-29
Editorial

IZINDI NKURU

Nyagatare: Batatu bafatanywe inka enye bikekwa ko bari  bazibye

Nyagatare: Batatu bafatanywe inka enye bikekwa ko bari bazibye

Editorial 20 Apr 2016
Guverinoma ya Uganda irateganya kwirukana impunzi z’Abanyarwanda

Guverinoma ya Uganda irateganya kwirukana impunzi z’Abanyarwanda

Editorial 15 Nov 2018
Bamwe mu Banyarwanda bahunze ihohoterwa muri Zambia bageze mu Rwanda

Bamwe mu Banyarwanda bahunze ihohoterwa muri Zambia bageze mu Rwanda

Editorial 25 Apr 2016
Perezida Robert Mugabe yageze i Kigali

Perezida Robert Mugabe yageze i Kigali

Editorial 14 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu gihe cy’ibiruhuko by’abanyeshuri, Polisi y’u Rwanda iributsa abatwara ibinyabiziga kubahiriza amategeko y’umuhanda
Mu Mahanga

Mu gihe cy’ibiruhuko by’abanyeshuri, Polisi y’u Rwanda iributsa abatwara ibinyabiziga kubahiriza amategeko y’umuhanda

Editorial 27 Oct 2016
Manizabayo Eric na Nirere Xaverine begukanye isiganwa ry’umunsi w’intwari “Heroes Cycling Cup”
Amakuru

Manizabayo Eric na Nirere Xaverine begukanye isiganwa ry’umunsi w’intwari “Heroes Cycling Cup”

Editorial 21 Jan 2024
‘Akabaye icwende muri Miss Rwanda ntikoga?’ Rutangarwamaboko
HIRYA NO HINO

‘Akabaye icwende muri Miss Rwanda ntikoga?’ Rutangarwamaboko

Editorial 27 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru