• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

  • Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC   |   30 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Urugaga rw’Abavoka rwasezeye Me Toy, ruvuga ko rwifuza ubutabera

Urugaga rw’Abavoka rwasezeye Me Toy, ruvuga ko rwifuza ubutabera

Editorial 06 Jan 2017 Mu Mahanga

Abavoka, abacamanza n’abandi bakozi bakoranaga na Me Nzamwita Ntabwoba Toy wari usanzwe ari mu rugaga rw’abunganira abandi bamusezeye bwa nyuma, kuri uyu wa Gatatu tariki 4 Mutarama 2017.

Wari umuhango wo kumusezeraho mu rwego rw’umwuga wabereye mu Rukiko rw’Ikirenga, wari witabiriwe n’abavoka benshi baje bambaye imyambaro ibaranga y’amakanzu y’umukara afite ibara ry’umweru mu gituza. Bari benshi cyane, ndetse bamwe bagaragaza agahinda ku maso, n’amarira.

Hagarutswe ahanini ku buhamya bw’abakoranye nawe, bavuze ko yari umuhanga mu kunganira abantu mu nkiko.

Bihanganishije umuryango, bavuga ko urwego rw’ubutabera rw’u Rwanda rubuze umuntu w’umunyamwuga mu bijyanye n’imanza by’umwihariko zijyanye n’imisoro n’ibijyanye na za gasutamo, abavoka bavuga ko ubusanzwe zishoborwa na bake.

Havuzwe ko yatangiye umwuga wo kunganira abantu mu nkiko mu 1996, atangirana n’urugaga rwashyizweho n’itegeko rya nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi rwatangiye mu 1997.

-5253.jpg

-5248.jpg

-5249.jpg

Abaje bose bagaragazaga umubabaro ku maso

Umwe mu bakoranye nawe yavuze ko atari urugaga gusa rubuze umuntu ko ahubwo igihugu cyose gihombye umuntu ufite ubunararibonye w’umuhanga.

Uyu yagize ati “Yari umuhanga cyane, akaba ari umuntu wari ufite ubunararibonye, yari umugabo ugira imico myiza cyane, ikintu azwiho cyane ni uburyo yagiye abana n’abantu, yari umuntu uzi kubana n’abantu. Yari umuntu uzi gushaka inshuti kandi akamenya kubana nazo mu byiciro byose, agasabana, agahora ari umuntu useka.”

Antoine Nzobandora, umwavoka wo mu Burundi wavuze ko yaje yatumwe n’Urugaga rw’Abavoka bo muri iki gihugu gituranye n’u Rwanda, we yavuze ko bari bamuziho ubuhanga kunganira abantu mu nkiko.

Yagize ati “Me Toy ni umuntu nzi kuva mu 2004, twari twagize inama yaduhuzaga nk’abavoka bo mu Rwanda, mu Burundi no muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ni uko haba amarushanwa hashakishwa umwavoka uzi kuburana neza; Toy yabaye uwa mbere icyo gihe twahise tumumenya, turamukunda, tubwira abavoka bose bakiri bato ngo bamwigane.”

Mu butumwa bwo gufata mu mugongo yazaniye umuryango, Nzobandora yavuze ko nk’uko iwabo mu Burundi babivuga ‘Intore zitaramba’ avuga ko bazakomeza kwibuka uyu mwavoka wafatwaga nk’intangarugero.

Basabye ubutabera…

Mu mihango yo gusezera Me Nzamwita nta magambo menshi akomoza ku gusaba ubutabera yavuzwe, ariko basohotse mu Rukiko rw’Ikirenga Mugabe Victor, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Urugaga rw’Abavoka yabikomojeho mu kiganiro cyihariye yagiranye n’Ikinyamakuru Izubarirashe.rw.

Me Mugabe yavuze ko urupfu rwa Nzamwita rwabaye nijoro, ko nk’urugaga basabye Polisi, nk’urwego rwa Leta rufite iperereza mu nshingano kuryihutisha, kuko Polisi yari yavuze ko iperereza rigikomeza.

-5250.jpg

Abo mu muryango wa Me Toy

-5251.jpg

Abavoka bagaragaje umubabaro mwinshi

Avuga ko iri perereza baryitezeho kugaragaza ukuri ku rupfu rwe, kandi ko urugaga n’umuryango wa Me Nzamwita biteguye gufatanya na Polisi mu gihe cyose yabitabaza.

Ati “Nk’abanyamategeko, iyo tubona ari ikibazo kijyanye n’icyaha cyangwa se andi makosa yandi akenshi ukuri cyangwa se ubutabera cyane cyane, ni nacyo ngira ngo urwego rw’ubutabera ruba rureba. Twizeye inkiko zacu, twizeye Polisi yacu, twizeye inzego z’iperereza, twizeye inzego z’ubugenzacyaha, twizeye ko uku kuri wenda kuzagaragara kubera ko umuntu yapfuye ejo bundi ntabwo wavuga ngo aka kanya ngo ndashaka ko aha ngaha aho mpagarariye mumpereze ukuri. Niyo mpamvu twizeye ko nibinyura mu bugenzacyaha inzego z’ubugenzacyaha zikabishakira ibimenyetso byafasha n’umuryango we, byafasha n’urugaga rw’abavoka.”

Ku bijyanye n’igihe iperereza ryakorerwa, Me Mugabe yagize ati “Ntabwo twategeka ngo nirikore mu gihe kingana iki icyo wenda urugaga rw’abavoka rwifuzaga. Icyifuzwa ni uko hakorwa iperereza vuba.”

Ku bivugwa ku iraswa rya Me Nzamwita, Me Mugabe yavuze ko bizeye ibiteganywa n’amategeko.

Yagize ati “Biramutse bigaragaye ko uwo mupolisi yamurashe ku bw’impanuka amategeko yo arahari, hari ibiteganywa n’amategeko ku bijyanye no kwica utabigambiriye, hari ibijyanye n’amategeko ku kwica wabigambiriye; ibyo byose amategeko afite icyo abivugaho. Biranashoboka ko yaba yaranamwishe atabigambiriye, icyo ngicyo nicyo navugaga yuko niba koko inzego z’ubugenzacyaha zifite icyo zirimo zikora kuri uwo muntu waba waramurashe igihe cyose byaba bigaragaye yuko agezwa imbere y’ubutabera icyo gihe hakoreshwa amategeko hashingiwe yuko yaba yaramwishe atabigambiriye cyangwa se wenda n’abakurikira wenda icyo gihe bakagaragaza niba yaramwishe abigambiriye nabyo hari amategeko abiteganya; icyo nzi cyo amategeko yacu ibyo byose afite icyo abivugaho.”

Yongeraho ati “Igikenewe ni ubutabera, twebwe icyo dukora uyu munsi ni ukugendera ku makuru yatangajwe n’inzego za Polisi, ngira ngo ni nabyo Abanyarwanda benshi bazi niyo makuru yatangajwe na Polisi, urumva umuntu yishwe nijoro yicwa n’inzego zishinzwe umutekano wo mu muhanda, nta wundi muntu w’umuturage wari mu nzira ugenda wenda wavuga uti nabonye bimeze bitya. Niba hari n’uhari bizakorerwa muri iryo perereza rizakorwa na Polisi ivuga iti ‘hari ababibonye’, nabyo kuko Polisi buriya ubugenzacyaha ibukorera ku bantu bose. Ntabwo yajya gukora iperereza ryihariye ngo ni uko ari umupolisi irabikora nk’Umunyarwanda waba yarishe, yaba abishaka cyangwa atabishaka, akica undi muturarwanda. Ni icyo ngicyo twebwe tugamiije ubundi kuko urugaga rw’abavoka ruharanira ubutabera bizaba byiza ubutabera n’ubundi nibutangwa kuri iki kibazo.”

-5252.jpg

-5247.jpg

Abavoka basezera kuri Me Nzamwita Ntabwoba Toy

2017-01-06
Editorial

IZINDI NKURU

Bite by’u Rwanda ku kwiyunga kuri Uganda na Tanzania mu kwakira CHAN 2025 – Kenya mu mibare igoye yo kwakira

Editorial 11 Dec 2024
Dosiye ya Nyiragasazi  yamubyariye amazi nk’ibisusa

Dosiye ya Nyiragasazi yamubyariye amazi nk’ibisusa

Editorial 15 Apr 2016
Impanuro y’Umukuru w’Igihugu Perezida Paul Kagame i Musanze

Impanuro y’Umukuru w’Igihugu Perezida Paul Kagame i Musanze

Editorial 02 Sep 2016
Kigali : Kwa Nyiragasazi (LA COMETE) havumbuwe imbunda eshanu zari zihishe

Kigali : Kwa Nyiragasazi (LA COMETE) havumbuwe imbunda eshanu zari zihishe

Editorial 05 Apr 2016

Bite by’u Rwanda ku kwiyunga kuri Uganda na Tanzania mu kwakira CHAN 2025 – Kenya mu mibare igoye yo kwakira

Editorial 11 Dec 2024
Dosiye ya Nyiragasazi  yamubyariye amazi nk’ibisusa

Dosiye ya Nyiragasazi yamubyariye amazi nk’ibisusa

Editorial 15 Apr 2016
Impanuro y’Umukuru w’Igihugu Perezida Paul Kagame i Musanze

Impanuro y’Umukuru w’Igihugu Perezida Paul Kagame i Musanze

Editorial 02 Sep 2016
Kigali : Kwa Nyiragasazi (LA COMETE) havumbuwe imbunda eshanu zari zihishe

Kigali : Kwa Nyiragasazi (LA COMETE) havumbuwe imbunda eshanu zari zihishe

Editorial 05 Apr 2016

Bite by’u Rwanda ku kwiyunga kuri Uganda na Tanzania mu kwakira CHAN 2025 – Kenya mu mibare igoye yo kwakira

Editorial 11 Dec 2024
Dosiye ya Nyiragasazi  yamubyariye amazi nk’ibisusa

Dosiye ya Nyiragasazi yamubyariye amazi nk’ibisusa

Editorial 15 Apr 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru