• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO: APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona 2024-2025, kiba igikombe cya 6 itwaye yikurikiranya   |   29 May 2025

  • “FDLR Yari Yaraduhinduye Ingabo Zibakingira Urupfu, Ariko Ubu Twagarutse Iwacu”: Abanyarwanda Batahutse Bagaragaje Ubunyamaswa Bwa FDLR   |   28 May 2025

  • Abarimo Kagere Medie bari ku rutonde Adel Amrouche yatangaje bazakina na Algérie mu mukino wa gicuti utegura imikino y’igikombe cy’isi 2026   |   28 May 2025

  • APR BBC na AL Ahli Tripoli niyo makipe yaboneye itike i Kigali yo gukina imikino ya nyuma ya BAL 2025 izabera muri Afurika y’Epfo   |   26 May 2025

  • Perezida Tshisekedi ahanganye n’ihuriro rikomeye: Katumbi na AFC/M23 bashyigikiye igaruka rya Kabila   |   26 May 2025

  • Burundi: Bombori bombori hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’Intebe Ndirakobuca   |   26 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Urukiko rwatesheje agaciro ikirego Umuryango wa Rwigara uregamo RRA

Urukiko rwatesheje agaciro ikirego Umuryango wa Rwigara uregamo RRA

Editorial 06 Feb 2018 INKURU NYAMUKURU

Urukiko rw’ubucuruzi rwa Nyarugenge rwatesheje agaciro ikirego cy’uruganda rw’Umuryango wa Rwigara, Premier Tobacco Company rwari rwarezemo Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro (RRA) rusaba gukurirwaho inzitizi zose icyo kigo cyarushyizeho.

Uruganda Premier Tobacco Company rwatanze ikirego kihutirwa rusaba gukurirwaho inzitizi rwashyizweho na RRA zirimo kuba icyo kigo cyarafatiriye inyandiko, ibitabo by’ibaruramari na mudasobwa zari ziri mu biro by’umuyobozi mukuru w’uruganda, kuba RRA yarafunze ububiko bwari burimo ibicuruzwa bikaba biri kwangirika ndetse no kuba yaritambitse amafaranga ari kuri konti z’urwo ruganda ziri muri Equity Bank no muri Ecobank.

Ubuyobozi bw’urwo ruganda rwunganirwaga na Me Rwagatare Janvier, ruvuga ko rutanagikora bitewe n’uko RRA yashyizeho ingufuri no kuba yarahashyize abarinzi bashya.

Buvuga ko guhera tariki 13 Nyakanga 2017 rutagikora bikaba byaragize ingaruka ku bakozi bagera kuri 200 barukoreraga, kuba hari ibicuruzwa biri kwangirika, kuba ruri gutakaza abakiliya ndetse no kuba Leta iri guhomba imisoro.

Abunganira Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro, Me Gatera Clement na Me Bajeni Byiringiro bahakanye ibyo urwo ruganda ruvuga, bemeza ko ibyafatiriwe byakurikije amategeko, bahakana ibyo kuba uruganda rufunze.

Kuri uyu wa Mbere ku gicamunsi urukiko rwanzuye ko icyo kirego nta shingiro gifite, rushingiye ko ibyo RRA yakoze byose byari byubahirije amategeko.

Imbere y’abunganira RRA ndetse na Anne Rwigara, Umuyobozi w’uruganda Premier Tobacco, Umucamanza yavuze ko ibikoresho RRA yafatiriwe bidakwiriye gusubizwa mu gihe urwo ruganda rukurikiranyweho icyaha cyo kunyereza umusoro kandi rutaragikurwaho.

Yavuze ko kuba RRA yarafatiriye konti z’urwo ruganda bikurikije amategeko. Yifashishije ingingo z’amategeko agenga umusoro, yavuze ko igihe hashize iminsi 15 umusoreshwa atishyura umusoro, ibiro by’umusoro bifite ububasha bwo gufatira ibikoresho by’umusoreshwa birimo umutungo wimukanwa n’utimukanwa kugira ngo umusoro uboneke.

Yavuze ko urukiko rudashobora gutegeka RRA gufungura izo konti kandi byarakozwe mu buryo bwemewe n’amategeko.

Ku nzitizi z’uko uruganda rwafunzwe, urukiko rwavuze ko nta kimenyetso cyagaragajwe cyerekana ko uruganda rwafunzwe koko, nyamara ngo RRA yo yagaragaje icyemezo kigaragaza ko yafatiriye ibikoresho, itafunze uruganda.

Kuba hari abakozi bamaze amezi arindwi badakora batazi niba bakiri n’abakozi b’uruganda, Umucamanza yavuze ko ibyo bitabazwa RRA ahubwo byabazwa umukoresha wabo ari na we wakoze ibitemewe n’amategeko bigatuma bimwe mu bikoresho by’uruganda bifatirwa.

Hashingiwe kuri izo mpamvu, urukiko rwategetse ko icyo kirego nta shingiro gifite, rutegeka ko ifatira RRA yakoze rigumaho.

Isomwa ry’urubanza ryo kuri uyu wa Mbere ryari ryitabiriwe na bamwe mu bakoreraga uruganda Premier Tobacco Company basohotse mu cyumba cy’urukiko bagaragaza ko batishimiye umwanzuro wafashwe.

Mu iburanishwa riherutse, Me Rwagatare yavuze ko kuba uruganda rutagikora binahombya Leta umusoro, ngo kuko ku kwezi uruganda rwatangaga umusoro wa miliyoni 300, bityo kuba bamaze amezi arindwi badakora Leta imaze guhomba miliyari ebyiri na miliyoni 100 z’amafaranaga y’u Rwanda.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro kivuga ko umuryango wa Rwigara urimo ibirarane by’imisoro y’amafaranga agera kuri miliyari esheshatu byo guhera mu mwaka wa 2012.

Mu Ugushyingo 2017, iki kigo cyatangarije IGIHE ko uwo muryango nutishyura ibyo birarane hazafatwa ibindi byemezo birimo no guteza cyamunara icyavamo ubwishyu cyose.

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye mu cyumweru gishize, Komiseri Mukuru wa RRA, Tusabe Richard, yabajijwe impamvu bataratangira guteza cyamunara imitungo yo kwa Rwigara, avuga ko hari abandi bantu benshi cyane cyane amabanki bawishyuza imyenda ubafitiye, akaba ari imwe mu mpamvu yatindije icyamunara.

Yagize ati “Icyabitindije ni amategeko, hari ibigomba kubahirizwa. Ba nyiri Premier Tobacco Company bafitiye imyenda abantu benshi cyane cyane amabanki. Ayo mabanki hari amafaranga abishyuza kuko na ho bakoze ubuhemu bwo kutishyura ku gihe, na bo bakaba bashaka gutangiza inzira yo guteza cyamunara.”

2018-02-06
Editorial

IZINDI NKURU

Ikimwaro ntikica ariko kigira mubi

Ikimwaro ntikica ariko kigira mubi

Editorial 24 Feb 2025
Pascal Nyamurinda wayoboraga Umujyi wa Kigali yeguye ku mirimo ye

Pascal Nyamurinda wayoboraga Umujyi wa Kigali yeguye ku mirimo ye

Editorial 11 Apr 2018
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageze muri Angola, aho yakiriwe na mugenzi we w’icyo gihugu, João Lourenço.

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageze muri Angola, aho yakiriwe na mugenzi we w’icyo gihugu, João Lourenço.

Editorial 11 Mar 2024
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam KUTESA, yahawe inkwenene ubwo yahakanaga ibirego bishinja inzego z’umutekano muri icyo gihugu guhohotera inzirakarengane.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam KUTESA, yahawe inkwenene ubwo yahakanaga ibirego bishinja inzego z’umutekano muri icyo gihugu guhohotera inzirakarengane.

Editorial 15 Apr 2021
Ikimwaro ntikica ariko kigira mubi

Ikimwaro ntikica ariko kigira mubi

Editorial 24 Feb 2025
Pascal Nyamurinda wayoboraga Umujyi wa Kigali yeguye ku mirimo ye

Pascal Nyamurinda wayoboraga Umujyi wa Kigali yeguye ku mirimo ye

Editorial 11 Apr 2018
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageze muri Angola, aho yakiriwe na mugenzi we w’icyo gihugu, João Lourenço.

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageze muri Angola, aho yakiriwe na mugenzi we w’icyo gihugu, João Lourenço.

Editorial 11 Mar 2024
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam KUTESA, yahawe inkwenene ubwo yahakanaga ibirego bishinja inzego z’umutekano muri icyo gihugu guhohotera inzirakarengane.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam KUTESA, yahawe inkwenene ubwo yahakanaga ibirego bishinja inzego z’umutekano muri icyo gihugu guhohotera inzirakarengane.

Editorial 15 Apr 2021
Ikimwaro ntikica ariko kigira mubi

Ikimwaro ntikica ariko kigira mubi

Editorial 24 Feb 2025
Pascal Nyamurinda wayoboraga Umujyi wa Kigali yeguye ku mirimo ye

Pascal Nyamurinda wayoboraga Umujyi wa Kigali yeguye ku mirimo ye

Editorial 11 Apr 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru