• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Urwandiko: Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame – intore izirusha Intambwe

Urwandiko: Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame – intore izirusha Intambwe

Editorial 24 Jul 2017 Mu Rwanda

Muri iki gihe cyo kwiyamamaza kw’abakandida baharanira kuyobora u Rwanda, abasomyi ba Rushyashya bagenda bagaragaza ibitekerezo byabo uko babona abo bakandida. Iyi nkuru yakozwe mu rwego rwo gutangaza bimwe mu bitekerezo bya bamwe mubadukurikira hirya no hino kw’isi. Mwisomere ibikurikira:

Uru rwandiko ndwanditse ngirango nshime kandi mvuge ibigwi intore izirusha INTAMBWE, uwo nta wundi, ni Nyakubahwa Paul Kagame, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda.

Mu ri iyi myaka Kagame amaze ayobora u Rwanda ibikorwa byiza kandi by’indashyikirwa amaze kugeza k’u Rwanda n’abanyarwanda, isura nziza amaze guhesha u Rwanda mu ruhando rw’amahanga, ntawabirondora ngo abirangize. Hasingizwe Imana yamuduhaye. Iyo nitegereje ibikorwa bye nkatega amatwi inyigisho akunda guha abanyarwanda baba abo mu nzego z’ubuyobozi bwite bwa Leta, baba n’abanyarwanda muri rusange mbona u Rwanda kugira umuyobozi nka Kagame ari Umugisha utagererwanywa.

Dore nawe, Ubumwe n’ubwiyunge by’abanyarwanda yabigize ishingiro rya politiki ye ndetse n’ishyaka RPF-Inkotani abereye chairman, ibyo turabimushimira twivuye inyuma kuko ntawe uyobewe ko amarorerwa ya jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994, yasize abana b’u Rwanda mu bibazo by’inzitane rutashoboraga kwikuramo, ariko we yashoboye kubibonera umuti, ariwo wiswe Gacaca, yaje ifasha abanyarwanda kwicara hamwe maze bagasuzumira hamwe ibibazo bahuye nabyo ari nako babishakira ibisubizo by’igihe kirambye, ikaba umusingi w’ubumwe n’ubwiyunge, kuko ibyayivuyemo byatumye u Rwanda n’abarutuye bashobora kuba icyo baricyo ubu ngubu. Ibyo byatangaje amahanga, biranayahuruza ngo bajye kwirebera uko ubumwe n’ubwiyunge byashoboye kwiyubaka mu gihe gito kandi ari ntawundi muntu wo hanze ubyivanzemo. Ku bw’iyo mpamvu, ubu abanyarwanda babanye neza nta kibazo bafitanye, ubu buri munyarwanda wese afite ijambo n’uburenganzira mu gihugu cye.

Kubijyanye n’umutekano w’imbere mu gihugu, ubu amahanga yose asigaye aza kwigira ku Rwanda, byose bishingiye ku miyoborere myiza irangwa mu gihugu cyacu. Abanyarwanda Nyakubahwa Kagame yabatoje umuco mwiza wo kwibungabungira umutekano, buri wese akumva ko ari ijisho rya mugenzi we. Ibyo byatumye abanyarwanda basigaye bitabazwa n’amahanga kuza kubacungira umutekano, byose nta wundi bikeshwa utari , Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame, Intore izirusha intambwe, kuko buri gihe imvugo yabaye ingiro.

Mu rwego rw’imiyoborere myiza Kagame yatoje abanyarwanda, ituma buri munyarwanda ndetse n’abanyamahanga bagenda mu gihugu cy’u Rwanda bahabwa servisi nziza kandi mu gihe gikwiye, ibi byahesheje Kagame ibikombe haba ku rwego rw’afrika ndetse no ku rwego rw’isi.

Ugereranije uko u Rwanda rwari ruhagaze mbere ya 1994 ukanareba aho ruhagaze ubu mu rwego rw’Iterambere, haba mu bukungu, Imibereho myiza, ikoranabuhanga ndetse n’ubuzima usanga u Rwanda Perezida Kagame amaze kuruteza imbere mu nzego zose ku buryo bwishimirwa n’abanyarwanda ubwabo, bigatangaza abanyamahanga basura u Rwanda. Ibyo byose bikaba bitanga icyizere cy’uko, mu gihe cyose Perezida Kagame azaba ayoboye uru Rwanda rutazigera rusubira inyuma mu iterambere. Mu nzego zose, ubu u Rwanda rwabaye indashyikirwa muri Afrika haba mu miyoborere, ubukungu, iterambere, ikoranabuhanga, ubuzima n’izinde nzego zose ari Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, rubikesha. Ubu umunyarwanda ajya aho ashaka hose haba imbere mu gihugu cyangwa hanze yacyo, u Rwanda rwagaruriwe icyizere mu ruhando rw’amahanga, abasuye u Rwanda bose ndetse n’abarubwirwa bose bifuza ko ibihugu byabo byagira abayobozi nka Nyakubahwa Paul Kagame.

Nsoze nsaba Nyagasani kudukomereza Intore izirusha Intambwe maze akomeze ayobore u Rwanda kuko ari umugisha u Rwanda ndetse n’amahanga byahawe na Rurema.

Umusomyi : Ir Majyambere Silas

2017-07-24
Editorial

IZINDI NKURU

Umuyobozi w’akarere ka Kicukiro yasabye abaturage kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Umuyobozi w’akarere ka Kicukiro yasabye abaturage kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Editorial 18 May 2017
Umugande Jackson Mayanja niwe wagizwe umutoza wa Sunrise FC asimbuye Hassan Muhire

Umugande Jackson Mayanja niwe wagizwe umutoza wa Sunrise FC asimbuye Hassan Muhire

Editorial 02 Nov 2023
Inyubako ya La Palisse Hotel ya Gashora yakubiswe n’inkuba irashya

Inyubako ya La Palisse Hotel ya Gashora yakubiswe n’inkuba irashya

Editorial 16 Mar 2018
Urukiko ruburanisha ibyaha by’iterabwoba rwahanishije Paul Rusesabagina igihano cy’imyaka 25 naho CallixteNsabimana”Sankara” ahanishwa gufungwa imyaka 20, Bombi bahamwe n’ibyaha byo kuba mu mutwe w’iterabwoba wa FLN

Urukiko ruburanisha ibyaha by’iterabwoba rwahanishije Paul Rusesabagina igihano cy’imyaka 25 naho CallixteNsabimana”Sankara” ahanishwa gufungwa imyaka 20, Bombi bahamwe n’ibyaha byo kuba mu mutwe w’iterabwoba wa FLN

Editorial 20 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC yasezereye AS Kigali igera muri 1/4 cy’igikombe cy’Amahoro aho izahura na Gasogi United
Amakuru

APR FC yasezereye AS Kigali igera muri 1/4 cy’igikombe cy’Amahoro aho izahura na Gasogi United

Editorial 25 Jan 2024
Amateka yabereye i Kigali: Ibihugu 44 byemeje ishyirwaho ry’isoko rusange rya Afurika
POLITIKI

Amateka yabereye i Kigali: Ibihugu 44 byemeje ishyirwaho ry’isoko rusange rya Afurika

Editorial 24 Mar 2018
Rugema yarekuwe na Police ya Norvege  none atangiye kubwejagura
INKURU NYAMUKURU

Rugema yarekuwe na Police ya Norvege none atangiye kubwejagura

Editorial 13 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru