• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»” Ushaka inshuti itazagutererana mu mahina, hitamo Paul Kagame, umunyabushishozi ntagereranywa”- Andrew Mwenda.

” Ushaka inshuti itazagutererana mu mahina, hitamo Paul Kagame, umunyabushishozi ntagereranywa”- Andrew Mwenda.

Editorial 12 Aug 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Andrew Mwenda ni umunyamakuru rurangiranwa ukomoka muri Uganda, akaba umwanditsi w’ibitabo n’umusesenguzi kabuhariwe muri politiki mpuzamahanga, by’umwihariko iyo mu karere k’Ibiyaga Bigari.

Ubwo yitabiraga umuhango w’irahira rya Perezida Paul Kagame ryabaye tariki 11 Kanama 2024, Andrew Mwenda ufatwa nk’inzobere mu bijyanye n’imibarine hagati y’u Rwanda na Uganda, doreko amaze imyaka hafi 25 ayikorera ubucukumbuzi, yaganiriye na Sanny Ntayombya mu kiganiro ” The Long Form” gitambuka kuri murandasi, maze amugaragariza uko azi Perezida Kagame, imiterere y’ibibazo byagiye biba hagati y’u Rwanda, n’uruhare General Muhoozi Kainerugaba yagize mu kubikemura.

“Byakugora kwanga Perezida Kagame”.

Bwana Andrew Mwenda, Umunyamakuru rurangiranwa mu karere no ku isi

Andrew Mwenda avuga ko mbere y’uko agirana bwa mbere ikiganiro kirambuye na Paul Kagame mu mwaka wa 2001, yari asanzwe amwumva mu mateka ya Uganda, nk’umusirikari utavugirwamo kandi ufata ibyemezo bikarishye. Ngo yari amuzi gusa nk’umuntu wagize uruhare mu ntambara zo kubohora Uganda n’u Rwanda, umugabo utagamburuzwa n’ibihe.

Perezida Paul Kagame

Aho baje kwicarana bakaganira birambuye, Andrew Mwenda yahishuriye “The Long Form” ko yatunguwe n’urugwiro Kagame yakirana abamugana, ariko cyane cyane ubumenyi bwimbitse kuri buri ngingo wamujyanaho yose: Politiki mpuzamahanga, ubukungu bw’isi yose, igisirikari, dipolomasi, kugeza no ku mikino asesengura kurusha n’abatoza.

Andrew Mwenda asanga ubwo bumenyi n’ubushishozi aribyo bisobanura impamvu ibihangange ku isi yose, mu nzego zose, bigirira icyizere Perezida Kagame. Andrew Mwenda ati: ” Si abantu benshi ku isi usangana izo ndangagaciro, ari nayo mpamvu nta muntu ushyira mu gaciro utakunda Kagame. N’iyo wagerageza kubyitsindagiramo byakugora…Ikikwereka.ubuhangange bwa Perezida Kagame, dusubire inyuma mu mateka ya vuba, mumbwire irahira ry’Umukuru w’Igihugu ryitabiriwe n’abaperezida 27!”.

“Nagize amahirwe yo gusura umuryango wa Kagame, nshimishwa no kwicisha bugufi bimuranga”.

Abasura imbuga nkoranyambaga babonye amafoto ya General Muhoozi Kainerugaba ari mu rugo kwa Perezida Kagame. Mu bari baherekeje Gen Muhoozi harimo na Andrew Mwenda, doreko hanabereye ubusabane bwo kwizihiza isabukuru y’uwo muhungu w’imfura ya Perezida Museveni wa Uganda. Mu kiganiro cye na Sanny Ntayombya, Bwana Mwenda yavuze uburyo mu rugo iwe, Kagame atifata nk’Umukuru w’Igihugu, ahubwo yitwara nk’umubyeyi, sekuru w’abana, nyir’urugo wishimira ko abashyitsi bisanzura, we ubwe akabazimanira icyo kurya n’icyo kunywa, mbese uharanira ko abamugana bataha bishimye.

Andrew Mwenda ati:” Ariya mafoto ninjye wayafashe, nyashyira no ku mbuga nkoranyambaga.

Umuryango wa Perezida Kagame ntiwinubiye ko naba navogereye ubuzima bwabo bwite, ahubwo nka Ange[umukobwa wa Perezida Kagame] yarabyishimiye cyane. Kagame rero urugero rw’umubyeyi mwiza, wabera urubyiruko icyitegererezo”.

“General Muhoozi ahora ashaka imibanire izira amakemwa hagati ya Uganda n’uRwanda, kuko azi inyungu buri ruhande rubifitemo”.

Gen Muhozi Kainerugaba Ubwo yasesekaraga i Kigali mu Rwanda

Avuga ku bihe bibi byaranze umubano hagati y’u Rwanda na Uganda, Andrew Mwenda yatangaje ko azi neza abantu babi ku ruhande rwa Uganda bahemberaga amakimbirane, ariko yirinda kuvuga amazina yabo, kugirango bidasubiza inyuma umubano umaze gusubirana.

Yavuze gusa ko General Muhoozi Kainerugaba ari ku isonga mu baharaniye ko ubu ibintu byasubiye mu buryo. Yagize ati:” Hari ibyemezo byinshi byafatwaga muri Uganda General Muhoozi atabishyigikiye na gato, kuko yabonaga neza ingaruka mbi ku mibanire hagati y’ibihugu by’abavandimwe. Arabizi ko buri gihugu muri ibi byombi ari ingenzi mu mibereho ya buri ruhande. Yaharaniye rero ko urwikekwe ruvaho, ari nayo mpamvu buri gihe yifuza kuza mu Rwanda, afata nko mu rugo”.

“Perezida Kagame ni inshuti idahemuka, haba mu bibi no mu byiza” 

 

Andrew Mwenda kandi yahishuye ibinyoma bya bamwe mu bashinzwe iperereza muri Uganda, bigeze guhimba igihuha ko u Rwanda rwaba rwifuza kugirira nabi General Muhoozi. Ibi ngo yabyimye amatwi, kuko afata Perezida Kagame nk’ inshuti nyanshuti mu bihe byose. Ati: ” General Muhoozi ntiyari kwemera ayo materanya ngo atakaze inshuti idahemuka. Arabizi neza ko Perezida Kagame ari umugabo utagutererana mu mvura y’amahindu cyangwa mu izuba ry’igikatu. Azirikana ko ushaka inshuti itazakuvaho rwahinanye, Perezida Kagame ariwe mahitamo meza”.

Andrew Mwenda kandi yanagarutse ku mateka ibihugu byombi bisangiye, akwiye no gukomeza kuba umusingi w’ubuvandimwe. Yatanze urugero rw’abaturage ba Uganda bo mu bwoko bw’Abanyarwanda, banafite uruhare rukomeye mu buzima bwa Uganda.

Yerekanye ko Abagande bo mu bwoko bw’Abanyarwanda bari no mu myanya ikomeye cyane mu butegetsi bwa Uganda, ariko agaya cyane bamwe mu bategetsi b’ibirumirahabiri, bafata abo bantu nk’abanyamahanga, bakanabiheraho babima pasiporo ya Uganda. Bwana Mwenda asanga iyo myumvire nayo ikwiye guhinduka, kugirango kubuza bamwe uburenganzira bwabo bitazakurura andi macakubiri.

Ikiganiro cya Andrew Mwenda cyagarutse no ku kibazo cy’intambara yo muri Kongo, agaya ba mpatsibihugu benyegeza umuriro bagamije inyungu zabo bwite.

Yanenze kandi imiyoborere mibi yakomeje kuranga abategetsi ba Kongo, bashyira imbere inyungu zabo, batitaye ku kaga abaturage bamazemo imyaka n’imyaniko.

Andrew Mwenda asanga ikibazo cya Kongo cyagombye kurangizwa n’ umuhate w’ibihugu bigize akarere, aho kwiringira abatazi cyangwa abirengagiza ipfundo ry’ibibazo.

2024-08-12
Editorial

IZINDI NKURU

Uko inama ya Kampala yagenze

Uko inama ya Kampala yagenze

Editorial 13 Dec 2019
Intsinzi: Areruya Joseph yegukanye Tour du Rwanda ya 2017 [ yavuguruwe ]

Intsinzi: Areruya Joseph yegukanye Tour du Rwanda ya 2017 [ yavuguruwe ]

Editorial 19 Nov 2017
Agathon Rwasa abona amatora ya kamarampaka Abarundi biteguye azasiga abaciyemo ibice

Agathon Rwasa abona amatora ya kamarampaka Abarundi biteguye azasiga abaciyemo ibice

Editorial 27 Mar 2018
Tshisekedi ari guhezwa umwuka n’itaka ari kwicukuriraho

Tshisekedi ari guhezwa umwuka n’itaka ari kwicukuriraho

Editorial 20 Dec 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ishyamba siryeru muri Rayon Sports:Karekezi Olivier ari mu maboko ya Polisi
INKURU NYAMUKURU

Ishyamba siryeru muri Rayon Sports:Karekezi Olivier ari mu maboko ya Polisi

Editorial 16 Nov 2017
Imodoka igeretse ije gufasha ba mukerarugendo kumenya Kigali
UBUKERARUGENDO

Imodoka igeretse ije gufasha ba mukerarugendo kumenya Kigali

Editorial 21 Mar 2019
Ingabire Habiba yatanze impano y’igishushanyo cy’ubugeni muri Miss Supranational
SHOWBIZ

Ingabire Habiba yatanze impano y’igishushanyo cy’ubugeni muri Miss Supranational

Editorial 29 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru