• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Uwahoze ari Umunyamakuru kuri Radio Salus na Radio 10 Henri Jado yahawe akazi na Perezida Kagame muri Minisiteri y’ibikorwaremezo

Uwahoze ari Umunyamakuru kuri Radio Salus na Radio 10 Henri Jado yahawe akazi na Perezida Kagame muri Minisiteri y’ibikorwaremezo

Editorial 31 Aug 2017 Mu Rwanda

Ubwo Perezida Kagame yashyiragaho abagize Guverinoma nshya kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Kanama 2017, mu bo yagiriye icyizere akabaha akazi harimo na Uwihanganye Jean De Dieu wamamaye nk’umunyamakuru cyane cyane mu myidagaduro, aho azwi cyane nka Henri Jado Uwihanganye.

-7806.jpg

Bwana UWIHANGANYE Jean de Dieu, yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo ushinzwe Gutwara Abantu n’Ibintu. Ni umwanya agiyeho nyuma y’igihe nubundi akora akazi kajyanye n’ibikorwa remezo.

Uwihanganye Jean De Dieu cyangwa se Henri Jado Uwihanganye nk’uko benshi bamuzi, yamenyekanye cyane kuri Radio Salus mu biganiro nka Tukabyine, Salus Relax, Salus Top 10 n’ibindi, uyu mugabo kandi yakundwaga nk’ umushyushyabirori (MC) ukomeye cyane mu birori bitandukanye, yigeze no kuyobora ibirori bya Rwanda Day byabereye mu Bwongereza ubwo yahigaga.

-7807.jpg

-7808.jpg

Henri Jado yamenyekanye cyane nk’umunyamakuru kuri Salus na Radio 10

Nyuma yo kuva kuri Salus, Henri Jado yerekeje kuri Radio 10 mu kiganiro Ten Superstar ari naho yavuye yerekeza mu Bwongereza kwiga. Yarangije icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu ishami ryo gucunga imishinga minini y’ubwubatsi, aho yari yaratangiye amasomo ye muri Nzeri 2012 nyuma yo gusoza icyiciro cya kabiri cya kaminuza muri Kaminuza y’u Rwanda i Butare.

-7809.jpg

Henri Jado yarangije amasomo mu by’ubwubatsi mu cyiciro cya kabiri cya kaminuza i Butare muri Mutarama 2012

Nyuma yo kwitwara neza muri aya masomo ye, muri 2013 Henri Jado wari umwe mu banyarwanda batatu barangije muri Kaminuza ya Manchester mu Bwongereza, yaje no guhembwa muri 15 b’abahanga baharangije. Kuri ubu yari asanzwe akorera ikompanyi y’ubwubatsi yitwa NPD COTRACO.

Uwihanganye Jean De Dieu cyangwa se Henri Jado Uwihanganye nk’uko benshi bamuzi, asanzwe ari umugabo wubatse, akaba yaranashakanye n’umugore uzwi cyane mu myidagaduro yo mu Rwanda, uwo akaba ari Mukaseti Pacifique ariko benshi bazi nka Yvonne uzwi cyane nk’umukinnyi mu ikinamico Urunana aho akina yitwa Yvonne; umukozi wo kwa Mugisha akaba n’inshuti ya Nadine. Uretse ibyo kandi akina mu itorero Mashirika, akaba anazwi mu mushinga wa Girls Hub na NI NYAMPINGA.. Uyu mugore we bafitanye umwana umwe w’umuhungu.

-7810.jpg

Henri Jado na Pacifique ubwo bakoraga ubukwe muri Kanama 2014

2017-08-31
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Paul Kagame na Minisitiri wa siporo Munyangaju Aurore Mimosa bakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzwemo na Guinée mu irushanwa rya Afrobasketball wataze itike ya 1/4

Perezida Paul Kagame na Minisitiri wa siporo Munyangaju Aurore Mimosa bakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzwemo na Guinée mu irushanwa rya Afrobasketball wataze itike ya 1/4

Editorial 31 Aug 2021
Inkomoko ya FDU-Inkingi ya Ingabire yerekana impamvu ari indiri y’Abajenosideri

Inkomoko ya FDU-Inkingi ya Ingabire yerekana impamvu ari indiri y’Abajenosideri

Editorial 16 Jul 2025
Kagame, Murekezi na Mushikiwabo baje mu bayobozi 10 ba mbere basubiza abaturage kuri twitter

Kagame, Murekezi na Mushikiwabo baje mu bayobozi 10 ba mbere basubiza abaturage kuri twitter

Editorial 02 Jun 2017
Barafinda yinjiye mu ruhando rwa cinema nyarwanda

Barafinda yinjiye mu ruhando rwa cinema nyarwanda

Editorial 23 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyizere cy’uko Perezida wa Nigeria atakiguye ku butegetsi gitangiye gushira
Mu Rwanda

Icyizere cy’uko Perezida wa Nigeria atakiguye ku butegetsi gitangiye gushira

Editorial 01 May 2017
Umunyarwandakazi Shaddy Yashyize Hanze Ifoto ari Kumwe na Diamond Mucyumba yavanyemo Umwenda
HIRYA NO HINO

Umunyarwandakazi Shaddy Yashyize Hanze Ifoto ari Kumwe na Diamond Mucyumba yavanyemo Umwenda

Editorial 10 Jun 2017
Ndagijimana yatorokanye Ibihumbi 200 by’Amadolari ya RPF, Mitali atorokana Miliyoni  51 ya PL
ITOHOZA

Ndagijimana yatorokanye Ibihumbi 200 by’Amadolari ya RPF, Mitali atorokana Miliyoni 51 ya PL

Editorial 28 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru