• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Malawi :Vincent Murekezi uregwa Jenoside yoherejwe mu Rwanda

Malawi :Vincent Murekezi uregwa Jenoside yoherejwe mu Rwanda

Editorial 28 Jan 2019 INKURU NYAMUKURU

Vincent Murekezi uregwa gukora Jenoside mu Rwanda [1994] yagejejwe mu Rwanda yoherejwe na Malawi ngo aburanire  ibyaha bya Jenoside aregwa. Ni nyuma y’uko aburanye kugeza mu rukiko rurengera Itegeko Nshinga rwa Malawi asaba kutoherezwa mu Rwanda agatsindwa.

Faustin Nkusi Umuvugizi w’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda yabwiye Umuseke dukesha iyi nkuru ko; Murekezi yoherejwe mu Rwanda muri porogaramu yo guhererekanya abanyabyaha hagati y’ibihugu byombi. Ko hari n’ibihano yari yarakatiwe na Malawi akaba aje no kuburanira mu Rwanda ku byaha bya Jenoside aregwa.

Vincent Murekezi afite ubwenegihugu bwa Malawi ku mazina ya Vincent Banda, Malawi ifitanye n’u Rwanda amasezerano yo kohererezanya abakekwaho ibyaha yasinywe tariki 21 Gashyantare 2017. Amasezerano atari asanzwe hagati y’ibihugu byombi.

Umucuruzi ukomeye Murekezi yaburanye mu nkiko nyinshi muri Malawi ngo atoherezwa iwabo ariko hose aratsindwa.

Murekezi muri Malawi yari anakurikiranyweho icyaha cya ruswa nyuma y’imyaka icyenda yaraburanishijwe adahari.

Mu Rwanda ho, ubutabera bwashyizeho impapuro zo kumuta muri yombi mu 2009. Gusa yari atarafatwa kuko yari yarihinduye umunyaMalawi ndetse bivugwa ko yatanze ruswa mu nzego z’umutekano ngo ntafatwe.

Ikinyamakuru NyasaTimes cyo muri Malawi kivuga ko Murekezi yari umunyamafaranga ukomeye cyane muri Malawi, ufite inshuti nyinshi muri Guverinoma, Polisi, n’izindi nzego za Leta, gusa yaje gutabwa muri yombi hagati mu 2016.

Murekezi azwi cyane i Butare

Uyu mugabo wahoze atuye i Tumba, muri Kilometero nke uvuye kuri Kaminuza y’u Rwanda, yari umuntu wishoboye ufatwa kandi nk’uwagize uruhare rukomeye cyane mu gutuma Jenoside iba ikanahitana benshi mu cyari Perefegitura ya Butare cyane mu mugi.

Aho yari atuye harazwi cyane kubo muri aka gace Tumba, ni ku nzu hazwi cyane nko kuri ‘Ruliba’. Ni inzu yari ikomeye kandi ari umwihariko mu gihe cyayo. Yari iy’umucuruzi w’itabi Murekezi Vincent.

Murekezi ashinjwa kwica Abatutsi bahungiye iwe mu rugo n’abandi muri aka gace.

Muri Gacaca, Murekezi yarezwe gukoranyiriza inama iwe hamwe n’abandi bantu bari bakomeye, barimo na Burugumestre Joseph Kanyabashi bakiga uko hakicwa Abatutsi benshi hakanakorwa urutonde rwabo.

Abatutsi bagera ku 44 bashyinguye mu rwibutso rwa Jenoside mu murenge wa Tumba.

Mu 2008 Urukiko Gacaca rwamuhamije, adahari, gukora Jenoside  rumuhanisha gufungwa imyaka 19. Bamwe mu bakurikiye urubanza rwe bagiye batangaza ko Murekezi ari umunyamafaranga ku buryo yagerageje no guha ruswa bamwe mu baburanishaga urubanza rwe muri Gacaca kandi atanahari.

Jenoside ihagaritswe, Vincent Murekezi yahungiye mu cyahoze ari Zaïre, ahita akomereza muri Malawi aho yageze agakora ubucuruzi ndetse agahindura imyirondoro akanabona ubwenegihugu avuga ko ari umunya Tanzania wavukiye ahitwa Mbeya.

Ibintu byaje kumuhindukiraho

Mu 2009, u Rwanda rwoherereje Malawi impapuro mpuzamahanga zo kumufata ariko ntibyabaho kubera uburyo yari amaze kuba umuntu ufite inshuti nyinshi zikomeye muri Malawi nk’uko NyasaTimes ibivuga.

Uwari Minisitiri  w’umutekano muri Malawi Grace Chiumia yavuze ko Murekezi ari umucuruzi ukomeye mu gihugu atari umuntu aregwa Jenoside.

Nyuma y’igihe kinini yidegembya, ibintu byaje guhinduka muri Malawi, Bakili Muluzi (1994-2004) aha Bingu wa Mutharika (2004 – 2012) uyu asimburwa na Mme Joyce Banda (2012 – 2014) uyu na we asimburwa na Peter Mutharika uriho ubu.

Ibihugu byombi byagiye bibana binagirana ubufatanye mu by’ubutabera. Murekezi yatawe muri yombi mu 2016, aburana asaba kutoherezwa mu Rwanda, aratsindwa hose kugeza ubu yoherejwe.

Src : Umuseke

2019-01-28
Editorial

IZINDI NKURU

AMAFOTO – Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye igitaramo cya John Legend cyabereye muri BK Arena

AMAFOTO – Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye igitaramo cya John Legend cyabereye muri BK Arena

Editorial 22 Feb 2025
Perezida Kagame yabwiye urubyiruko icyo amateka azarwishyuza nirujenjeka

Perezida Kagame yabwiye urubyiruko icyo amateka azarwishyuza nirujenjeka

Editorial 05 Jul 2018
Burundi: Icyo abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuga ku ijambo rya perezida Nkurunziza ko ataziyamamaza mu 2020

Burundi: Icyo abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuga ku ijambo rya perezida Nkurunziza ko ataziyamamaza mu 2020

Editorial 08 Jun 2018
Abajenerali mu gisirikari cya Kongo bagiye gushirira mu buroko bashinjwa ubugwari mu ntambara icyo gisirikari kirbarwana na M23

Abajenerali mu gisirikari cya Kongo bagiye gushirira mu buroko bashinjwa ubugwari mu ntambara icyo gisirikari kirbarwana na M23

Editorial 16 Feb 2023

2 Ibitekerezo

  1. Btwenge
    January 28, 201910:47 am -

    IBI. BIBERE URUGERO
    BURI MUNTU WESE UMENA
    AMARASO YINZIRA KARENGANE
    KANDI NTAGO BIRANGIRIYE. AHO
    MWIBUKE. IMANA IBWIRA. KAYINI
    ITI. AMARASO YA MURUMUNA
    WAWE WAMENNYE YANGEZEHO
    BANTU MUMENA AMARASO
    AMARASO. ARASAMA
    NIYO WABA URINDE CYANGWA
    NIYO WABA URICYO URI. CYOSE
    UZAYABAZWA.

    Subiza
    • Sunday
      January 28, 201910:51 am -

      Ariko se muzicya abanyatwanda mubamare? Uwo agiye kugafuni ka kafome

      Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Arsenal yabonye intsinzi ya mbere itozwa na Freddie Ljungberg
IMIKINO

Arsenal yabonye intsinzi ya mbere itozwa na Freddie Ljungberg

Editorial 10 Dec 2019
Nyuma y’amakosa y’Urukiko Rukuru rwari rwamugize umwere, urw’Ubujurire rwakatiye umujenosideri Wenceslas Twagirayezu igifungo cy’imyaka 20
Amakuru

Nyuma y’amakosa y’Urukiko Rukuru rwari rwamugize umwere, urw’Ubujurire rwakatiye umujenosideri Wenceslas Twagirayezu igifungo cy’imyaka 20

Editorial 31 Jul 2024
Amafoto – U Rwanda rukomeje imyiteguro y’umukino bazasuramo Djibouti
Amakuru

Amafoto – U Rwanda rukomeje imyiteguro y’umukino bazasuramo Djibouti

Editorial 23 Oct 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru