• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Visi Perezida w’u Buhinde yashimye Kagame aho yavanye u Rwanda

Visi Perezida w’u Buhinde yashimye Kagame aho yavanye u Rwanda

Editorial 22 Feb 2017 Mu Mahanga

Visi Perezida w’u Buhinde uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda yashimye aho u Rwanda rugeze mu gihe gito ruvuye muri Jenoside, avuga ko ibi ari ukubera imiyoborere myiza ya Perezida Paul Kagame.

Hamid Ansari wabonanye na Perezida Kagame muri Village Urugwiro, yamubwiye ko yababajwe n’ibyo yabonye ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi, ariko yongeraho ko ibimaze gukorwa ari ibyo gushima.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda, yavuze ibiganiro byabo byibanze mu gushaka uko umubano wakomeza kunozwa.

Claude Nikobisanzwe yagize ati “Visi Perezida w’u Buhinde akigera mu Rwanda yahuye n’Abahinde baba mu Rwanda yishimira ko bameze neza, ndetse ibyo yabibwiye Perezida Kagame, nyuma kandi yo gusura Urwibutso rwa Gisozi yabwiye Perezida Kagame ukuntu byamurenze, ariko amushimira ko u Rwanda rwabashije kuva mu bibazo rwarimo icyo gihe, rukaba rugeze aha.”

Yunzemo ati “Yongeye kumushimira ko ariwe wayoboye izo mpinduka zose zimaze kugerwaho, yishimira aho amaze gutembera mu Mujyi wa Kigali uburyo hakeye kandi hakaba harimo gutera imbere, ibi byose yamubwiye ko biterwa n’ubuyobozi bwiza buri mu gihugu.”

Uretse Visi Perezida Hamid Ansari washimiye Perezida Kagame aho u Rwanda rugeze rutera imbere, Umukuru w’Igihugu na we yamushimiye umubano uhari, avuga ko ukwiye gukomeza gutezwa imbere.

Perezida Kagame yabwiye Hamid Ansari ko ubwo aheruka mu Buhinde muri Mutarama uyu mwaka, yabonanye n’abayobozi batandukanye barimo Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu bemeranya uko umubano wakomeza gutezwa imbere.

Umubano w’u Rwanda n’u Buhinde watangiye mu mwaka wa 1999, kugeza ubu iki gihugu gifite ugihagarariye mu Rwanda ariko ufite icyicaro muri Uganda. U Rwanda narwo rufite uruhagarariye mu Buhindi.

Nyuma y’aho Perezida Kagame agiriye muri iki gihugu muri Mutarama uyu mwaka, iki gihugu cyemeye kugira ambasade yacyo mu Rwanda.

Perezida Kagame ubwo yari muri iki gihugu akabonana na Minisitiri w’Intebe Narendra Modi, uyu muyobozi yemereye u Rwanda inkunga y’imiti ikoreshwa mu buvuzi ifite agaciro ka miliyoni 2 z’amadorali, impano ya miliyoni 1 y’Amadorali yo kugura ibikoresho byo kwa muganga, n’inguzanyo yo kubaka umuhanda Huye-Kibeho ingana n’amadorali miliyoni 81.

-5792.jpg

Ku bijyanye n’ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi, Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere mu Rwanda kivuga ko cyanditse imishinga yavuye mu Buhinde ingana na 66 ifite agaciro k’amadorali miliyoni 317.5, ni ukuva mu mwaka wa 2011 kugeza mu mwaka wa 2016.

Muri uru ruzindo rwa Visi Perezida Hamid Ansari azasoza kuri uyu wa Kabiri, biteganyijwe ko ibihugu byombi binasinyana amasezerano atatu, arimo ubufatanye mu gutwara abantu mu by’ikirere hagati y’u Rwanda n’u Buhinde, amasezerano ashyiraho Ikigo gishinzwe iterambere ry’abikorera hagati y’ibihugu byombi, no kwemeranya ibijyanye no kuvanaho za Visa ku badipolomate na Pasiporo.

-5793.jpg

Ifoto y’u Rwibutso

2017-02-22
Editorial

IZINDI NKURU

Kigali : Nyakatsi yo muri Sports View Hotel yafashwe n’inkongi y’umuriro

Kigali : Nyakatsi yo muri Sports View Hotel yafashwe n’inkongi y’umuriro

Editorial 28 Feb 2016
Ubushishozi bw’abanyapolitiki ba Kongo bugerwa ku mashyi

Ubushishozi bw’abanyapolitiki ba Kongo bugerwa ku mashyi

Editorial 26 Dec 2022
Ubucamanza bwo mu Bufaransa bwatonetse inkovu z’abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi.

Ubucamanza bwo mu Bufaransa bwatonetse inkovu z’abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi.

Editorial 16 Sep 2022
Kagame Insitute of Good Governance!”-Edith Mukantagara

Kagame Insitute of Good Governance!”-Edith Mukantagara

Editorial 16 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibintu 10 MusoreMukobwa bitera ibyago  uramutse urekeye aho  gutera akabariro mu gihe wakamenyereye
SHOWBIZ

Ibintu 10 MusoreMukobwa bitera ibyago uramutse urekeye aho gutera akabariro mu gihe wakamenyereye

Editorial 14 Jan 2017
Imyiteguro yo kwakira CHAN irarimbanije kuri stade Amahoro
IMIKINO

Imyiteguro yo kwakira CHAN irarimbanije kuri stade Amahoro

Editorial 13 Jan 2016
Imihanda izaba ifunze n’izaba yemerewe gukoreshwa mu gihe cy’Inama Idasanzwe ya A.U i Kigali
Mu Rwanda

Imihanda izaba ifunze n’izaba yemerewe gukoreshwa mu gihe cy’Inama Idasanzwe ya A.U i Kigali

Editorial 16 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru