• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Wari Uzi Ihuriro mpuzamahanga ry’Igiswahili -CHAUKIDU.

Wari Uzi Ihuriro mpuzamahanga ry’Igiswahili -CHAUKIDU.

Editorial 22 Dec 2016 Mu Rwanda

Profesa Malonga Pacifique, uzwi ku maradiyo na televiziyo mu Rwanda nka Mwalimu w’igiswahili ati kutiga ngo umenye igiswahili muri iki gihe nikunyagwa zigahera.

Uyu mugabo Malonga naganiriye nawe ejo avuye mu nama ya CHAUKIDU Nairobi ansubiza muri aya magambo:

Daniel: Tubwire neza inama uvuyemo.

Profesa Malonga: Mvuye mu nama I Nairobi ya CHAUKIDU, bivuze ihuriro mpuzampanga ry’igiswahili twita “Chama Cha Ukuzaji Wa Kiswahili Duniani” rigizwe n’abanyamuryango batandukanye bava mu bihugu n’imigabane yose, bagamije guteza imbere ururimi rw’igiswahili mu gihugu bakomokamo, akarere, umugabane n’isi yose. Afurika, Amerika, Asia, Uburayi na Ostraliya.

Daniel: niki mugamije na gahunda yanyu iteye ite? Amikoro muyavanahe?

Profesa Malonga: Amikoro?

Iyo umuntu ari muzima, afite umutwe ukora neza, afite ubushake ibintu byose birashoboka kuko mu giswahili bavuga bati: Kwenye nia hapakosi njia” cyangwa mucyongereza “Where there is a will there is a way”. Ahari umwete n’ubushake amata araboneka kuko umuntu akama izo aragiye nkuko bavuga mu Kinyarwanda.

Nubwo gahunda yacu itariyo gukama izo turagiye, icyo dushaka nuguteza imbere ururimi rw’igiswahili ku mpande zose z’isi ariko cyane cyane umuntu atangiriye mu gihugu cye. Jyewe rero natangiriye mu Rwanda nk’igihugu cyanjye.

Daniel: Ni ubuhe buryo ukoresha muri gahunda yawe?

Profesa Malonga: Gahunda yo guteza imbere mu Rwanda nayitangiye aho U Rwanda rwinjiriye muri EAC cyangwa umuryango w’ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba nkaba narabonaga ari byiza kandi ari ngombwa ko abanyarwanda barushaho kumenyana, gusabana guhahirana no kurushaho kwisanzura haba mu bucuruzi, kwiga n’ibindi byinshi no gukura inyungu muri uyu muryango.

Aha rero natangiye gukangurira abanyarwanda, inyungu zo kumenya Igiswahili, ntangira kwigisha amasomo y’ibanze kuri Radio Rwanda na Televisiyo y’ U Rwanda n’ayandi maradiyo nka VOA n’ayandi. Nakomeje nkora za CD na DVD z’igiswahili, Kwandika ibitabo nkikitwa “Three In One: Ikinyarwanda, Kiswahili n’Icyongereza” na “Jifunze Kiswahili kwa Raha”

Ndetse niyemeza gusura uturere twose n’amashuli mbereka inyungu zo kumenya Igiswahili

Daniel: urabona akazi wiyemeje gatera imbere – ugejeje he?

Profesa Malonga: Mu gihe natangiraga abantu bake barabyumvaga ariko ubu hafi y’abanyarwanda bose nkurikije abo tuganira bifuza kwiga no kumenya igiswahili.

Mbere bumvaga ari ururimi rw’abajura n’abayisilamu ariko ubu barabizi neza ko ari ingirakamaro kandi ari ururimi rworoshye kwiga, rwiza kandi rwafasha abantu kwiteza imbere mu bucuruzi, ubuvuzi, kwiga n’imigenderanire muri rusange mu karere n’ahandi.

Ndishimira cyane ko Leta Y’U Rwanda, inama y’aba minisitiri yarwemeje nk’ururimi rwa kane mu Rwanda. Aha rero barebye kure, bafashe icyemezo cyiza cyane kizafasha Abanyarwanda.

Ndizera ko mu minsi ya vuba nibijya mu bikorwa bizarushaho kuba byiza no kugaragarira rubanda kandi icyo abanyarwanda biyemeje baragikora. Ndashima cyane cyane Perezida Paul KAGAME dore ndetse ko avuga Igiswahili neza iyo ari za EAC nka Tanzania na Kenya. Uwiteka amuhe ubuzima bwiza akomeze kutuyobora kuko ni nka Mose cyangwa Mussa wo muri Biblia.

Daniel: Urifuza kubwira iki abasomyi b’iki kinyamakuru!

Profesa Malonga: Nibige bamenye Igiswahili, kizabafasha muri byinshi basome ibitabo bya Malonga n’ibindi bizabafasha! Ngire nti: “Iga Igiswahili ku nyungu zawe n’urubyaro rwawe Kandi Gufasha no gukorera abantu bitanga ingororano niyo haba nyuma yo gupfa iraza.

-5131.jpg

Daniel: Urakoze Profesa Malonga.

2016-12-22
Editorial

IZINDI NKURU

Rusizi: Igitero cyitwaje intwaro cyahitanye babiri bishwe barashwe n’abantu bataramenyekana

Rusizi: Igitero cyitwaje intwaro cyahitanye babiri bishwe barashwe n’abantu bataramenyekana

Editorial 12 Mar 2017
Umunyarwanda yaguye mu mpanuka ya Bisi, Kigali- Kampala

Umunyarwanda yaguye mu mpanuka ya Bisi, Kigali- Kampala

Editorial 03 Sep 2016
General  Major Musare wayoboraga FDLR-RUD  yitabye Imana

General Major Musare wayoboraga FDLR-RUD yitabye Imana

Editorial 16 Feb 2016
Rayon Sports yerekanye umutoza mushya utandukanye n’uwo yari yatangaje

Rayon Sports yerekanye umutoza mushya utandukanye n’uwo yari yatangaje

Editorial 19 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yakuye intsinzi i Rubavu, APR FC itsikirira i MUsanze, Police FC yatsindiwe i Nyanza, ibyaranze 1/8 cy’igikombe cy’Amahoro
Amakuru

Rayon Sports yakuye intsinzi i Rubavu, APR FC itsikirira i MUsanze, Police FC yatsindiwe i Nyanza, ibyaranze 1/8 cy’igikombe cy’Amahoro

Editorial 13 Feb 2025
Uko Tony Blair na Sir Collier babona iterambere ry’u Rwanda mu myaka 30 iri imbere
UBUKUNGU

Uko Tony Blair na Sir Collier babona iterambere ry’u Rwanda mu myaka 30 iri imbere

Editorial 14 Feb 2018
Uko FPR-Inkotanyi  yafashije Abagore  kwiteza imbere babikesha ubuyobozi bwiza
POLITIKI

Uko FPR-Inkotanyi  yafashije Abagore  kwiteza imbere babikesha ubuyobozi bwiza

Editorial 30 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru