• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»WASAC, REG, UR , na RAB mu batunzwe agatoki kubera guhombya Leta

WASAC, REG, UR , na RAB mu batunzwe agatoki kubera guhombya Leta

Editorial 04 May 2017 Mu Rwanda

Umugenzuzi mukuru w’ imari ya Leta Obadiah Biraro, kuri uyu wa 3 Gicurasi 2017 yagejeje ku bagize inteko ishinga amategeko imitwe yombi raporo y’ ubugenzuzi bakoreye mu bigo byose Leta y’ u Rwanda igenera ingengo y’ imari agaragaza ko WASAC, REG, UR na RAB biri mu bigo byakoresheje nabi ingengo y’ imari mu buryo bukurira Leta ibihombo.

Biraro yavuze ko hakigaragara ibikoresho bigurwa ntibikoreshwe icyo byagenewe bigakurira Leta igihombo.

Mu kigo cy’ igihugu gishinzwe amazi isuku n’ isukura WASAC, raporo yagaragaraje ko amazi atakara ku kigero cya 42% bigatuma Leta ihomba miliyari hafi 9. Ibikoresho bya WASAC bifite agaciro ka miliyari 1 na miliyoni 100 ntibikoreshwa neza ahubwo ngo buri gihe WASAC igura ibindi.

Mu kigo cy’ igihugu gishinzwe iby’ amashanyarazi REG, raporo igaragaza ko mu nganda z’ amashyanyarazi 33, inganda 7 arizo zonyine zikora kandi nazo zikora ku kigero cya 50%.

Muri Kaminuza y’ u Rwanda UR, raporo yagaragaje ko amafaranga adacunzwe neza hakiyongeraho kuba hari umutungo ufite agaciro ka miliyari 3 iyo kaminuza yataye.

Mu kigo cy’ ubuhinzi RAB, raporo yagaragaje ko hari ibikoresho bidakoreshwa. Ibyo bikoresho birimo ituragiro, moto, imashini zihinga zimaze imyaka irindwi zidakora, ikusanyirizo ry’ amata n’ icyuzi cya Mahama kitaragezwamo amazi kuva cyakorwa.

Iyi raporo kandi yagaragaraje ko muri RAB hagaragara toni 700 zifite agaciro ka miliyoni 300 zaguzwe ari imbuto zigahindurwa ibiribwa, ibi umugenzuzi w’ imari ya Leta asanga biteza Leta igihombo kuko imbuto n’ ibiribwa bitanganya agaciro.

Uretse ibyo raporo igaragaza ko muri RAB hari ikibazo cy’ ifumbire yateje Leta igihombo cya miliyari 11.

Raporo y’ umugenzuzi w’ imari ya Leta yatunze agatoki ikigo cy’ igihugu gishinzwe iby’ imihanda RTDA kugenda gake mu gushyira mu bikorwa amasezerano igaragaraza ko RTDA icyereza imishinga ku kigero cya 90%.

-6458.jpg

Umugenzuzi mukuru w’ imari ya Leta Obadiah Biraro

Mu kigo cy’ igihugu cy’ ubumenyi ngiro WDA, raporo ivuga ko hari ibikoresho bifite agaciro ka miliyari imwe na miliyoni 200 bidakoreshwa.

Raporo kandi ivuga ko mu kigo cy’ igihugu cy’ ubuzima RBC miliyoni 324 zaburiwe irengero.

Ibigo byose uko ari 14 aribyo WASAC, REG (EUCL & EDCL), RAB, RDB, REB, RBC, RTDA, WDA, UR, RGB, RRA, RURA, RCS na NAEB byakoresheje miliyari 1 147 ni ukuvuga 60% by’ ingengo y’ imari ya Leta.

Iyi raporo ni iya 2015/2016, ingengo y’ imari ya Leta yari 1,923,132,183,998

2017-05-04
Editorial

IZINDI NKURU

RwandAir yatangije urugendo rwa mbere i Burayi ihereye mu Bwongereza

RwandAir yatangije urugendo rwa mbere i Burayi ihereye mu Bwongereza

Editorial 26 May 2017
Diane Rwigara agaruye kandi ubushotoranyi mu matora?

Diane Rwigara agaruye kandi ubushotoranyi mu matora?

Editorial 10 May 2024
‘Umutekano w’Abarokotse Jenoside ntuhagije Ingengabitekerezo itaracika’ –  Perezida Kagame

‘Umutekano w’Abarokotse Jenoside ntuhagije Ingengabitekerezo itaracika’ – Perezida Kagame

Editorial 27 Mar 2017
Nyuma y’amezi 13 ayobora ikipe ya APR FC, Brig Gen Déo Rusanganwa wari Chairman wayo ntakiri muri izo nshingano

Nyuma y’amezi 13 ayobora ikipe ya APR FC, Brig Gen Déo Rusanganwa wari Chairman wayo ntakiri muri izo nshingano

Editorial 09 Dec 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyeshuri b’Abanyarwanda b’Idini ya Isilamu biga muri Kaminuza biyemeje kuba abafatanyabikorwa ba Polisi y’u Rwanda mu kurwanya ibyaha
Mu Mahanga

Abanyeshuri b’Abanyarwanda b’Idini ya Isilamu biga muri Kaminuza biyemeje kuba abafatanyabikorwa ba Polisi y’u Rwanda mu kurwanya ibyaha

Editorial 29 Jul 2016
Uwari Umunyabanga mukuru wa FERWAFA yasimbujwe uwari ushinzwe imari n’ubutegetsi
IMIKINO

Uwari Umunyabanga mukuru wa FERWAFA yasimbujwe uwari ushinzwe imari n’ubutegetsi

Editorial 03 Feb 2018
RDB irasubiza Prof. Neirotti wanenze amasezerano u Rwanda rwagiranye na Arsenal
INKURU NYAMUKURU

RDB irasubiza Prof. Neirotti wanenze amasezerano u Rwanda rwagiranye na Arsenal

Editorial 25 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru