• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»WFP irataka Igihombo kubera ibiribwa byari byaguzwe mu Rwanda bikangwa n’u Burundi bikaba bigiye kunyuzwa muri Tanzania

WFP irataka Igihombo kubera ibiribwa byari byaguzwe mu Rwanda bikangwa n’u Burundi bikaba bigiye kunyuzwa muri Tanzania

Editorial 28 Apr 2017 POLITIKI

Nyuma yaho amakamyo icumi yari yikoreye ibiryo bijyanywe i Burundi kugirango bifashe abadafite ibiribwa, yangiwe kwinjira muri iki gihugu biturutse mu Rwanda, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ibiribwa, WFP rirataka igihombo kubera bigiye kuba ngombwa ko ibyo biribwa binyuzwa ahandi hatari ku mipaka iri hagati y’u Rwanda n’u Burundi.

WFP yatangaje ko ayo makamyo yari atwaye ibishyimbo I Burundi guhabwa abafashwa na WFP. Amakamyo yahagaritswe ageze ku mupaka w’u Rwanda n’u Burundi hanyuma agaruka i Kigali.

Ibi biri kuba mu gihe umusaruro muke muri iki gihugu watumye ibiciro by’ibiribwa byiyongera bituma amagana y’Abarundi ahura n’ikibazo cyo kubura ibiryo.

Ukuriye WFP mu Burundi, Nicole Jacquet, yabwiye Radio Ijwi rya Amerika, ko mu gihe u Burundi butaretse izo modoka ngo zinjire mu gihugu ziturutse mu Rwanda, bizasaba ko zica mu majyepfo y’igihugu zikinjira ziturutse muri Tanzania. Ibyo biribwa nubwo bizaca muri Tanzania ariko byaguzwe mu Rwanda mu bahinzi WFP ijya igurira imyaka yifashisha mu gutanga ku bagenerwabikorwa bayo.

Kubera guhindura inzira ibiribwa byari gukoresha, WFP ivuga ko bizatwara ibihumbi 35 by’amadolari ya Amerika kugirango bicishwe muri Tanzania. Jacquet yavuze ko ari amafaranga menshi kandi intego yabo ari ugutanga amafaranga make bakageza ibikenewe ku bagenerwabikorwa.

Jacquet yakomeje avuga ko WFP itegereje guhabwa ibisobanuro n’u Burundi kugira ngo imenye niba inzira ijya muri iki gihugu iturutse mu Rwanda ifunzwe burundu.

Ubwanditsi

2017-04-28
Editorial

IZINDI NKURU

Dr Ngabitsinze yatorewe kuyobora PAC, Frank Habineza atorwa muri komisiyo y’Imibereho y’Abaturage

Dr Ngabitsinze yatorewe kuyobora PAC, Frank Habineza atorwa muri komisiyo y’Imibereho y’Abaturage

Editorial 10 Oct 2018
Ngo “kirya abandi, bajya kukirya kikishaririza

Ngo “kirya abandi, bajya kukirya kikishaririza

Editorial 16 Dec 2023
Trump yashimye uburyo umugore we yitwaye mu kwakira Macron

Trump yashimye uburyo umugore we yitwaye mu kwakira Macron

Editorial 25 Apr 2018
U Rwanda rwabyakiriza yombi Uganda isabye abaturage bayo bakora magendu kurwirinda

U Rwanda rwabyakiriza yombi Uganda isabye abaturage bayo bakora magendu kurwirinda

Editorial 24 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu mukino w’ikirarane wa shampiyona y’u Rwanda, Marines FC yatsinze Rutsiro FC igitego kimwe ku busa.
Amakuru

Mu mukino w’ikirarane wa shampiyona y’u Rwanda, Marines FC yatsinze Rutsiro FC igitego kimwe ku busa.

Editorial 06 Jun 2021
Masaka: Bafunganywe n’abana babo kubera babuze ubwishyu.
ITOHOZA

Masaka: Bafunganywe n’abana babo kubera babuze ubwishyu.

Editorial 05 Sep 2017
Minisitiri Nsengimana amaze amezi atandatu nta faranga rigeze mu ikofi ye
IKORANABUHANGA

Minisitiri Nsengimana amaze amezi atandatu nta faranga rigeze mu ikofi ye

Editorial 17 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru