• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Yari yiyemeje kwiyahura iyo Kagame atongera kuyobora u Rwanda

Yari yiyemeje kwiyahura iyo Kagame atongera kuyobora u Rwanda

Editorial 07 Aug 2017 Mu Rwanda

Uwiragiye Emmerance, umubyeyi mu myaka ibiri ishize wavuze ko aziyahura u Rwanda nirutayoborwa na Perezida Paul Kagame nyuma y’umwaka wa 2017, ubu ari mu byishimo bidasanzwe nyuma y’uko Kagame atorewe kongera kuyobora u Rwanda.

Uwiragiye ni umubyeyi utuye mu Mudugudu wa Cyivugiza, Akagari ka Mburabuturo, Umurenge wa Muko mu Karere ka Musanze.

Inkuru y’uwo mubyeyi yumvikanye ku wa 17 Werurwe 2015, icyo gihe Abanyarwanda benshi by’umwihariko abanyuzwe n’imiyoborere ya Perezida Kagame impungenge zari zose ko batazongera kumubona abayobora; ibintu bahuzaga no kuba manda ebyiri yari yemerewe zari kurangira mu mwaka wa 2017.

Uwiragiye na bagenzi be mu Murenge wa Muko batumye Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Francis Kaboneka wari wabasuye, kubasabira Perezida Kagame kubemerera gukomeza kubayobora binyuze mu guha umugisha ivugura ry’Itegeko Nshinga; ibintu baje kwemeza mu mpera za 2015.

Impamvu nyamukuru Uwiragiye yavugaga ko ashaka gukomeza kuyoborwa na Perezida Kagame ni imiyoborere ye myiza no kuba azi kubana neza n’amahanga; abintu yahuzaga no kuba umwana we w’imfura yaravuwe ku buntu indwara y’ibibari n’inzobere z’abaganga zari zaraje mu Rwanda ku ngunga ya Perezida Kagame.

Icyo gihe Uwiragiye yagize ati “…Impamvu mpagaze hano ni ibyishimo byinshi ariko bayobozi nkaba ndi kubatuma kuri Perezida wacu Kagame, ku ruhande rwanjye ibyo mushimira ni uko abana neza; afite inshuti nyinshi hirya no hino zidufitiye akamaro… abagore bo mu Muko nanjye ubwanjye turabizi, twiteguye kumutora ijana ku ijana, none rwose Itegeko Nshinga baridusubiriremo, turamutse tudatoye Perezida wacu Paul Kagame ahubwo no kwiyahura na kwiyahura!”

Mu kiganiro Uwiragiye yahaye Ikinyamakuru www.izubarirashe.rw dukesha iyi nkuru kuri iki Cyumweru tariki ya 06 Kanama 2017, yavuze ko yanejejwe no kubona Itegeko Nshinga rivugururwa maze Perezida Kagame akemererwa kongera kwiyamamariza kuyobora u Rwanda, gusa ngo ibyishimo byabaye agahebuzo nyuma yo kumenya ko ku buryo bw’agateganyo Kagame ari we watsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu.

Yagize ati “Ntiwareba mfite ibyishimo birenze urugero; nkimara kumva ko muzehe wacu [Perezida Kagame] yatsinze naricaye hamwe n’umuryango wanjye maze mu bushobozi bwacu bukeya turihemba twishimira iyo ntsinzi, ubu ndi kumva maze kwiyongeraho ibiro bitatu kuko tugiye gukomezanya na Kagame indi myaka irindwi.”

Yungamo ati “Nk’uko cya gihe nari nabibwiye minisitiri Kaboneka, nari kwiyahura iyo tudakomeza kuyoborwa na muzehe Kagame, rwose kuri uriya wa Gatanu mba narigiye nkiroha mu Mugezi wa Mukungwa cyane ko nturanye nawo.”

Uwiragiye avuga ko yiteguye gufasha Perezida Kagame kwesa imihigo itandukanye afitiye Abanyarwanda muri iyi myaka irindwi iri imbere, ati ‘Nta cyiza nko kuyoborwa n’umuntu twe abaturage twibonamo, rwose niteguye gukomeza gukorana nawe iterambere ry’igihugu cyacu rikihuta.”

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) itangaza ko ku buryo bw’agateganyo Paul Kagame ari we watsinze amatora y’umukuru w’igihugu n’amajwi 98.63%.

-7501.jpg


Uwiragiye mu mwaka wa 2015 ubwo yavugaga ko aziyahura u Rwanda nirudakomeza kuyoborwa na Perezida Kagame (Ifoto/Regis Umurengezi)

2017-08-07
Editorial

IZINDI NKURU

Min. Ndimubanzi yatunguwe no kumva ikibazo cy’ibiryo bihabwa abarwayi bo muri Faisal

Min. Ndimubanzi yatunguwe no kumva ikibazo cy’ibiryo bihabwa abarwayi bo muri Faisal

Editorial 20 Jun 2017
RMC yasuye abanyamakuru babiri bafunze

RMC yasuye abanyamakuru babiri bafunze

Editorial 04 Mar 2017
Inyeshyamba za FLN zongeye kwiyahura zigaba agatero-shuma mu Rwanda, ebyiri zihasiga ubuzima.

Inyeshyamba za FLN zongeye kwiyahura zigaba agatero-shuma mu Rwanda, ebyiri zihasiga ubuzima.

Editorial 24 May 2021
Umuhanzi Diamond arashinjwa ubusambanyi imihanda yose, Miss Burundi 2012 nawe yavuze ko yamuteye  inda y’Impanga aramutererana

Umuhanzi Diamond arashinjwa ubusambanyi imihanda yose, Miss Burundi 2012 nawe yavuze ko yamuteye inda y’Impanga aramutererana

Editorial 24 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Coronavirus: Imishahara y’abayobozi bakuru izavamo agera muri miliyari 2.5 Frw
UBUKUNGU

Coronavirus: Imishahara y’abayobozi bakuru izavamo agera muri miliyari 2.5 Frw

Editorial 07 Apr 2020
Indanini yishe ukuze : Inzara n’ubukene bitumye Kayumba Nyamwasa apfundikanya ubuhamya kwihanurwa ry’indege ya Habyarimana
ITOHOZA

Indanini yishe ukuze : Inzara n’ubukene bitumye Kayumba Nyamwasa apfundikanya ubuhamya kwihanurwa ry’indege ya Habyarimana

Editorial 24 Oct 2016
Mu mukino w’Amateka unahenze muri shampiyona y’u Rwanda, ikipe ya Rayon Sports irakira Kiyovu Sports
Amakuru

Mu mukino w’Amateka unahenze muri shampiyona y’u Rwanda, ikipe ya Rayon Sports irakira Kiyovu Sports

Editorial 19 Mar 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru