• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»# YouthConnect Africa : Akon yabwiye Urubyiruko ko u Rwanda rumutera ishema ryo kwitwa Umunyafurika

# YouthConnect Africa : Akon yabwiye Urubyiruko ko u Rwanda rumutera ishema ryo kwitwa Umunyafurika

Editorial 21 Jul 2017 Mu Rwanda

Umuhanzi ukomeye akaba n’umushoramari, Aliaume Damala Badara Akon Thiam, yabwiye urubyiruko ruteraniye i Kigali ko u Rwanda ruri mu bihugu bituma aterwa ishema no kwitwa Umunyafurika, ashingiye ku mikorere n’impinduka zidasiba kwigaragaza.

Akon ni umwe mu bantu bakomeye batumiwe ngo baganirize urubyiruko rusaga 2800 ruteraniye mu Rwanda mu nama ya YouthConnect Africa, yiga ku buryo amahirwe urubyiruko rw’uyu mugabane rufite yabyazwa ikintu gikomeye.

Akon yavuze ko u Rwanda ibintu byinshi byahindutse cyane nk’uko yabibonye akigera ku kibuga cy’indege, agereranyije n’uko byari bimeze mungendo enye aheruka kuhakorera.

Yagize ati “Ibihugu nk’u Rwanda bintera ishema ryo kwitwa umunyafurika. Ntabwo ndi kubivugira ko ndi mu Rwanda, n’ahandi ndabibabwira.” Yakomeje avuga ko urubyiruko rugomba kuba umisingi w’impinduka ibihugu bya Afurika bikeneye.

Yavuze uburyo mu Rwanda yasanze ibintu byose biri ku murongo, avuga uburyo abagore bahawe ubushobozi kandi bafite uruhare runini mu buzima bw’igihugu, “ndetse bari no mu myanya ikomeye.”

-7327.jpg
Mu biganiro yagejeje kuri uru rubyiruko kandi, Akon yagaragaje ko arirwo mizero y’ejo hazaza h’umugabane wa Afurika, asaba ko n’urubyiruko ruri mu mahanga rugomba kugira uruhare mu kubaka Afurika, kuko ari rwo ruzayigeza kuyindi ntera, rukabikora rwiha intego.

Yitanzeho urugero ati “Ubwo nari ndi gutera imbere nk’umuhanzi, nihaye intego ko ntashaka kuzajya nibukwa gusa mu bijyanye no kuririmba no kubyina. Nagombaga kugira icyo nshobora gukora cyose cyagira agaciro gisiga inyuma.”

Yavuze ko muri iki gihe icyo ashyize imbere ari uko nibura ibice bitandukanye by’icyaro byagenda bibona amashanyarazi binyuze muri gahunda yatangije Akon Lighting Africa, aho agamije gukwirakwiza amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba, mu bihugu bitandukanye, ubu bikaba ari 15 biri gukorerwamo uyu mushinga.

Akon yavuze ko nk’urubyiruko rwagize intambwe rutera rukagera no mu bindi bihugu, arirwo rutegerejweho kugaruka rugateza imbere ibihugu rukomokamo.

Yagize ati “Uruhare tubigiramo rugomba kugaragara kuko 65% bya Afurika ni urubyiruko, nitwe hazaza h’ejo.”

Yavuze ko uyu mugabane ufite abahanga benshi n’imbaraga zihagije zatuma utera imbere, ku buryo ububyiruko ruramutse rwifashishijwe mu iterambere ry’uyu mugabane byarushaho kwihuta.

Yagarutse ku buryo bwo kongerera abagore ubushobozi ngo nabo bagire uruhare mu iterambere ry’uyu mugabane, ashima intambwe u Rwanda rumaze gutera ku buryo bari mu nzego zose z’igihugu.

Kuva YouthConnekt yatangira, urubyiruko 40,000 rw’abanyarwanda rumaze kuyungukiramo, ndetse ibindi bihugu birimo Liberia, Congo Brazaville, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Sierra Leone na Uganda bikaba byaramaze gutangiza iyi gahunda.

-7326.jpg

Urubyiruko rusaga 2800 ruteraniye muri iyi nama mu Rwanda

Akon yaherukaga kuza mu Rwanda ku itariki 28 Nyakanga 2015, yari aje gutangira ibiganiro n’abayobozi batandukanye b’u Rwanda ku mushinga w’amashanyarazi ugamije gukwirakwiza amashanyarazi mu bice by’icyaro bikeneye kuvanwa mu bwigunge.

Source : IGIHE

2017-07-21
Editorial

IZINDI NKURU

Burundi: Hagabwe igitero abantu 8 barapfa abandi 50 barakomereka

Burundi: Hagabwe igitero abantu 8 barapfa abandi 50 barakomereka

Editorial 10 Jul 2017
Mu mikino y’umunsi wa 12 ya shampiyona y’u Rwanda, As Kigali yatsinzwe na Rutsiro FC, Rayon Sports inganya na Musanze FC

Mu mikino y’umunsi wa 12 ya shampiyona y’u Rwanda, As Kigali yatsinzwe na Rutsiro FC, Rayon Sports inganya na Musanze FC

Editorial 16 Jan 2022
Côte d’Ivoire, Senegal, Cape Verde ndetse na Tunisia zageze muri 1/2 cy’irushanwa Nyafurika rya Afrobasket rizasozwa mu mpera z’iki cyumweru

Côte d’Ivoire, Senegal, Cape Verde ndetse na Tunisia zageze muri 1/2 cy’irushanwa Nyafurika rya Afrobasket rizasozwa mu mpera z’iki cyumweru

Editorial 03 Sep 2021
Umunsi wa mbere wa shampiyona y’u Rwanda umwaka wa 2021-2022 wabonetsemo ibitego 16, umukino umwe niwo wabuzeho igitego, Ibyaranze uyu munsi

Umunsi wa mbere wa shampiyona y’u Rwanda umwaka wa 2021-2022 wabonetsemo ibitego 16, umukino umwe niwo wabuzeho igitego, Ibyaranze uyu munsi

Editorial 01 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto – Lionel Messi yegukanye igihembo cya Ballon d’Or 2021 aba uwa mbere ufite ugize nyinshi, aho kugeza ubu yujuje iya 7
Amakuru

Amafoto – Lionel Messi yegukanye igihembo cya Ballon d’Or 2021 aba uwa mbere ufite ugize nyinshi, aho kugeza ubu yujuje iya 7

Editorial 30 Nov 2021
Jambo asbl yigize umuvugizi wa Leta y’Ububiligi kuva ryari?
Amakuru

Jambo asbl yigize umuvugizi wa Leta y’Ububiligi kuva ryari?

Editorial 21 Dec 2023
Impamvu itumye Ambasaderi Eugene Richard Gasana yahamagawe i Kigali
Mu Mahanga

Impamvu itumye Ambasaderi Eugene Richard Gasana yahamagawe i Kigali

Editorial 12 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru