• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»­­Isomo urubyiruko rwakura kuri Turahirwa Moses ‘’Moshion’, wasubijwe mu gihome kubera Urumogi

­­Isomo urubyiruko rwakura kuri Turahirwa Moses ‘’Moshion’, wasubijwe mu gihome kubera Urumogi

Ubwanditsi 23 Apr 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Rwanda

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 22 Mata 2025 nibwo inkuru y’itabwa muri yombi kwa Turahirwa Moses usanzwe ari umuyobozi w’inzu y’imideli ya Moshions yatawe muri yombi aho akurikiranyweho gukoresha ibiyobyabwenge.

Nk’uko byemejwe n’Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr. Murangira B. Thierry aganira na IGIHE yahamije iby’itabwa muri yombi kwa Moses.

Yagize ati“Ni byo koko Turahirwa Moses yarafashwe akaba akurikiranyweho gukoresha ibiyobyabwenge nkuko bigaragazwa n’ibisubizo by’ibipimo byafashwe bikanapimwa n’abahanga bo muri RFI [Rwanda Forensic Institute].”

Dr. Murangira abajijwe niba ibiyobyabwenge barasanze ari byo bituma agaragaza imyitwarire amaranye iminsi yanenzwe n’abatari bake, Umuvugizi wa RIB, yagize ati “Ingano y’ibiyobyabwenge basanze mu mubiri we ni nyinshi cyane, ntabwo twakwirengagiza ko bigira uruhare mu byo akora. Ku bindi, iperereza rirakomeje.”

Si ubwa mbere Turahirwa akurikirwanyweho icyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge kuko no mu 2023 yakurikiranyanyweho ibyaha bisa nk’ibi gusa aza gufungurwa by’agateganyo n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge.

Muri ibi bikorwa by’ubushizi bw’isoni kuri Moses uheruka guhangara umukuru w’igihugu, byakabaye isomo ku rubyiruko rw’u Rwanda kuko nirwo ruzaba ruyoboye iki gihugu cy’imisozi igihumbi mu minsi iri imbere.

Ntawatinya kubwira uru byirizo ruzwi nka Generation Z, ko bagomba kuba maso bakirinda aba bayobya bitwaje cyane iri koranabuhanga rigezweho muri iyi minsi kukousanga ibyo bikorwa umuntu yakwita iby’abapfu usanga rimwe na rimwe binyuzwa no ku mbuga nkoranyambaga ugasanga barabyadukanye nabo.

Aha kandi ni ngombwa ko urubyiruko rwakwirinda amahanga atwangisha ibihugu byacu iyo tuyashakamo ubuhungiro, kuko usanga rimwe narimwe aba umutego utegwa abana b’u Rwanda rimwe na rimwe usanga baba bashaka kwerekeza mu mahanga, bityo indangagaciro baba baratojwe zikagenda nka nyomberi.

Nk’ubu uyu Moses aherutse kwifata abeshyera se umubyara ko u Rwanda atari ahantu heza kuko ngo yigeze ajya gusura se umubyara aho yari afungiye muri Gereza ngo aza kwangira guhura nase, ariko nyuma umubyeyi we yahakanye iby’iyi nkuru ko atari ukuri, ubuse uyu yakunda ate u Rwanda yubahuka kubeshyera umubyeyi we?

Rubyiruko mureke duhaguruke turwanye uwari we wese ushaka kutuzanamo ibikorwa bidakwiriye abana b’u Rwanda dore ko uru rubyiruko rwa none ariyo mizero y’ejo hazaza kandi ubu nino kwishimira ko turi mu maboko meza ya Nyakubahwa Paul Kagame, ngobyi iduhetse.

Reka nsoze mbabwira ko muri iyi minsi aho Isi igeze dukwiye kwitwara neza ndetse tukanaba inyenyeri imurikira Isi cyane dukoresha izi mbugankoranyambaga neza dutanga ubutumwa bwubaka ndetse bufitiye umumaro Isi ndetse n’abanyarwanda muri rusange.

Mbibutse ko Minisitiri w’urubyiruko ndetse n’ubuhanzi mu nshingano ze, Dr Utumatwishima, yasabye urubyiruko kurushaho kuba maso mu bijyanye n’uko bakoresha imbuga nkoranyambaga, mu buryo bwiza zibabyarira inyungu aho kuzikoresha nabi zibangiriza ubuzima.

Ati” Hari ikintu kijyanye n’uko imbuga nkoranyambaga zigenda ziba nyinshi cyane, uko iterambere rigenda riza na zo zikaza, zikazana ibyiza n’ibibi. Rikaba rishobora gukoreshwa mu buryo bubi, urubyiruko rukiyandarika, rukajya ku bidafite umumaro, ndetse n’abashaka gutanya Abanyarwanda nk’ingengabitekerezo ya Jenoside bikaba byaba byinshi kubera ko bisigaye bibonwa n’abantu benshi cyane.”

2025-04-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko Judi Rever yatumiwe n’inkoramutima za RNC, guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Uko Judi Rever yatumiwe n’inkoramutima za RNC, guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 01 Apr 2019
Sitade Mpuzamahanga ya Huye yafunzwe by’agateganyo kubera imirimo yo kuyitunganya igiye gutangira

Sitade Mpuzamahanga ya Huye yafunzwe by’agateganyo kubera imirimo yo kuyitunganya igiye gutangira

Ubwanditsi 23 Apr 2022
Burundi: Intambara iratutumba, Gen. Alain Guillaume Bunyoni wafatwaga nka numero ya 2 yaba afungishijwe ijisho

Burundi: Intambara iratutumba, Gen. Alain Guillaume Bunyoni wafatwaga nka numero ya 2 yaba afungishijwe ijisho

Ubwanditsi 18 Oct 2019
APR FC yatsinze Police FC isoza igice kibanza cy’umwaka w’imikino wa 2021-2022 ari iyambere

APR FC yatsinze Police FC isoza igice kibanza cy’umwaka w’imikino wa 2021-2022 ari iyambere

Ubwanditsi 29 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuhanzi Irakunda Mexance Yashyize hanze indirimbo yise Niyibigena
Amakuru

Umuhanzi Irakunda Mexance Yashyize hanze indirimbo yise Niyibigena

Ubwanditsi 09 Nov 2020
Tour du Rwanda 2016: Eyob Metkel yegukanye agace ka Muhanga-Musanze, Valens agumana ‘Maillot Jaune’
IMIKINO

Tour du Rwanda 2016: Eyob Metkel yegukanye agace ka Muhanga-Musanze, Valens agumana ‘Maillot Jaune’

Ubwanditsi 18 Nov 2016
Asaga Miliyoni 73 niyo yavuye mu matike yaguzwe mu gitaramo cya Israel Mbonyi cyubatse andi mateka
Amakuru

Asaga Miliyoni 73 niyo yavuye mu matike yaguzwe mu gitaramo cya Israel Mbonyi cyubatse andi mateka

Ubwanditsi 26 Dec 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru